Hamenyekanye aho dosiye iregwamo abayobozi ba FERWACY igeze

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’ikirego kiregwamo Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY, Munyankindi Benoit, na Murenzi Abdallah weguye ku mwanya wa Perezida w’iri Shyirahamwe.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rumaze iminsi rukurikirana aba bombi, rwemeje ko tariki 28 Kanama 2023 rwashyikirije Ubushinjacyaha, dosiye ikubiyemo ibiregwa aba bagabo.

Izindi Nkuru

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yemereye RADIOTV10 ko uru rwego rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye y’ikirego cy’aba bantu, kugira ngo bukore iperereza, bubaregere Urukiko.

Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare (FERWACY), Munyankindi Benoit akurikiranwa afunze, mu gihe Murenzi Abdallah we akurikiranwa ari hanze.

Uyu Munyamabanga Mukuru wa FERWACY watawe muri yombi, mu ntangiro z’icyumweru gishize, tariki 21 Kanama 2023, akurikiranyweho ibyaha birimo icyaha cyo gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, ikimenyane cyangwa icyenewabo.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rukurikiranye kuri Munyankindi Benoit icyaha cyo guhimba inyandiko no kuyikoresha.

Murenzi Abdallah ukurikiranwa ari hanze, we akekwaho icyaha cyo kuba ikitso kuri ibi byaha bikekwa ku Munyamabanga Mukuru w’iri Shyirahamwe.

Amakuru avuga ko ibi byaha biregwa aba bantu, bishingiye ku kuba Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY yarakoze amanyanga yo kuba yarashyize ku rutonde rw’abajya mu butumwa, agashyiraho umugore we.

Murenzi Abdallah uregwa muri iyi dosiye, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama, yeguye ku mwanya wa Perezida w’iri Shyirahamwe ry’Umukino w’Amagare, ndetse n’uwari Umuyobozi Nshingwabikorwa muri iri Shyirahamwe, Nkuranga Alphonse; na we akaba yasezeye.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru