Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye aho dosiye iregwamo abayobozi ba FERWACY igeze

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
RIB yatangiye gukurikirana bamwe mu bayobozi b’ishyirahamwe ry’umukino ukunzwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’ikirego kiregwamo Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY, Munyankindi Benoit, na Murenzi Abdallah weguye ku mwanya wa Perezida w’iri Shyirahamwe.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rumaze iminsi rukurikirana aba bombi, rwemeje ko tariki 28 Kanama 2023 rwashyikirije Ubushinjacyaha, dosiye ikubiyemo ibiregwa aba bagabo.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yemereye RADIOTV10 ko uru rwego rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye y’ikirego cy’aba bantu, kugira ngo bukore iperereza, bubaregere Urukiko.

Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare (FERWACY), Munyankindi Benoit akurikiranwa afunze, mu gihe Murenzi Abdallah we akurikiranwa ari hanze.

Uyu Munyamabanga Mukuru wa FERWACY watawe muri yombi, mu ntangiro z’icyumweru gishize, tariki 21 Kanama 2023, akurikiranyweho ibyaha birimo icyaha cyo gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, ikimenyane cyangwa icyenewabo.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rukurikiranye kuri Munyankindi Benoit icyaha cyo guhimba inyandiko no kuyikoresha.

Murenzi Abdallah ukurikiranwa ari hanze, we akekwaho icyaha cyo kuba ikitso kuri ibi byaha bikekwa ku Munyamabanga Mukuru w’iri Shyirahamwe.

Amakuru avuga ko ibi byaha biregwa aba bantu, bishingiye ku kuba Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY yarakoze amanyanga yo kuba yarashyize ku rutonde rw’abajya mu butumwa, agashyiraho umugore we.

Murenzi Abdallah uregwa muri iyi dosiye, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama, yeguye ku mwanya wa Perezida w’iri Shyirahamwe ry’Umukino w’Amagare, ndetse n’uwari Umuyobozi Nshingwabikorwa muri iri Shyirahamwe, Nkuranga Alphonse; na we akaba yasezeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 1 =

Previous Post

Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Next Post

Umuraperikazi watitije benshi ko ahagaritse umuziki akawugarukamo bidatinze yahise awukoramo amateka

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game
IMYIDAGADURO

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperikazi watitije benshi ko ahagaritse umuziki akawugarukamo bidatinze yahise awukoramo amateka

Umuraperikazi watitije benshi ko ahagaritse umuziki akawugarukamo bidatinze yahise awukoramo amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.