Umuraperikazi watitije benshi ko ahagaritse umuziki akawugarukamo bidatinze yahise awukoramo amateka

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umuhanzikazi w’umuraperi, Nick Minaji wigeze gutangaza ko ahagaritse umuziki, ariko akaba aherutse gushyira hanze album, yamaze guca agahigo kadafitwe n’undi muraperikazi kuri Spotify.

Onika Tanya Maraj- Petty uzwi ku izina rya Nicki Minaj yujuje miliyari 31 z’abantu bumvise indirimbo ze kuri Spotify, ahita aba umuraperikazi uciye aka gahigo.

Izindi Nkuru

Nubwo uyu muhanzikazi akomeje guhirwa na muzika, muri 2019 yari yatangaje ko ahagaritse umuziki, avuga ko ari ukubera impamvu z’umuryango.

Icyo gihe Nicki Minaj yari yatambukije ubutumwa avuga ko aharigaritse umuziki kuko yumva ko ari igihe cyo kwita no gushyira imbaraga ku muryango we.

Gusa ntibyatinze kuko yu muraperikazi yahise agaruka mu muziki, ndetse akaba afite album nshya yise Pink Friday 2 yashyize hanze muri Kamena uyu mwaka.

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru