Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye amakuru arambuye nyuma y’imvune ya kapiteni wa Arsenal yatumye asohoka mu kibuga arira

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye amakuru arambuye nyuma y’imvune ya kapiteni wa Arsenal yatumye asohoka mu kibuga arira
Share on FacebookShare on Twitter

Kapiteni w’ikipe ya Arsenal, Martin Odegaard wavunikiye mu ikipe ye y’Igihugu ya Norvège, mu mukino wayihuje na Autriche, byemejwe ko agomba kumara ibyumweru bitatu adakina.

Martin Odegaard wagaragaye agendera ku mbago ubwo yari ari ku kibuga cy’indege, asubiye i London, amakuru ava mu Gihugu cya Norvège avuga ko agomba kumara hanze y’ikibuga nibura ibyumweru 3 adakina kubera imvune yo mu kagombambari (ankle injury) yagize.

Ni imvune yagize kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nzeri 2024, nyuma yo kugongana na Christoph Baumgartner, ukinira ikipe y’igihugu ya Autriche.

Martin Ødegaard usanzwe ari kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Norvège, akanaba uwa Arsenal, yahise asimbuzwa ku munota wa 67’, ndetse asohoka mu kibuga ari kurira, dore ko iyi mvune y’akagombambari yagize, iri butume asiba nibura imikino 5 ikipe ya Arsenal ifite mu byumweru bitatu biri imbere.

Iyo mikino itazagaragaramo Ødegaard, irimo uwo Arsenal izasuramo Tottenham Hotspur muri Shampiyona ku ya 15 Nzeri 2024, uwo bazasuramo ikipe ya Atalanta muri Champions League ku ya 19 Nzeri 2024, n’undi ukomeye wa Shampiyona bazakirwamo na Manchester City ku ya 22 Nzeri 2024.

Hari kandi n’umukino wa Carabao Cup, Arsenal izakiramo Bolton Wanderers ku ya 25 Nzeri 2024 ndetse n’undi wa Shampiyona bazakiramo Leicester City ku ya 28 Nzeri 2024.

Ola Sand, umuganga w’ikipe y’Igihugu ya Norvège, aganira n’Ikinyamakuru cyo muri iki Gihugu cyitwa VG, yagize ati “Imvune nk’izi zo mu kagombambari zimara nibura ibyumweru 3, keretse habaye ibitangaza, naho ubundi ntizipfa gukira mbere yaho.”

Martin Ødegaard akaba yiyongereye ku bandi ba Arsenal batari gukina, barimo Declan Rice, utazakina umukino wa Tottenham kubera ikarita y’umutuku yahawe mu mukino wa Brighton, Riccardo Calafiori na we wavunikiye mu mukino ikipe ye y’Igihugu y’u Butaliyani yatsinzemo u Bufaransa ibitego 3-1 mu cyumweru gishize.

Imvune ya Martin Odegaard yamubabaje
Yasohotse mu kibura arira

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Nyanza: Hari urujijo ku murambo w’umuntu watoraguwe mu cyuzi

Next Post

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.