Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye amakuru arambuye nyuma y’imvune ya kapiteni wa Arsenal yatumye asohoka mu kibuga arira

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye amakuru arambuye nyuma y’imvune ya kapiteni wa Arsenal yatumye asohoka mu kibuga arira
Share on FacebookShare on Twitter

Kapiteni w’ikipe ya Arsenal, Martin Odegaard wavunikiye mu ikipe ye y’Igihugu ya Norvège, mu mukino wayihuje na Autriche, byemejwe ko agomba kumara ibyumweru bitatu adakina.

Martin Odegaard wagaragaye agendera ku mbago ubwo yari ari ku kibuga cy’indege, asubiye i London, amakuru ava mu Gihugu cya Norvège avuga ko agomba kumara hanze y’ikibuga nibura ibyumweru 3 adakina kubera imvune yo mu kagombambari (ankle injury) yagize.

Ni imvune yagize kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nzeri 2024, nyuma yo kugongana na Christoph Baumgartner, ukinira ikipe y’igihugu ya Autriche.

Martin Ødegaard usanzwe ari kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Norvège, akanaba uwa Arsenal, yahise asimbuzwa ku munota wa 67’, ndetse asohoka mu kibuga ari kurira, dore ko iyi mvune y’akagombambari yagize, iri butume asiba nibura imikino 5 ikipe ya Arsenal ifite mu byumweru bitatu biri imbere.

Iyo mikino itazagaragaramo Ødegaard, irimo uwo Arsenal izasuramo Tottenham Hotspur muri Shampiyona ku ya 15 Nzeri 2024, uwo bazasuramo ikipe ya Atalanta muri Champions League ku ya 19 Nzeri 2024, n’undi ukomeye wa Shampiyona bazakirwamo na Manchester City ku ya 22 Nzeri 2024.

Hari kandi n’umukino wa Carabao Cup, Arsenal izakiramo Bolton Wanderers ku ya 25 Nzeri 2024 ndetse n’undi wa Shampiyona bazakiramo Leicester City ku ya 28 Nzeri 2024.

Ola Sand, umuganga w’ikipe y’Igihugu ya Norvège, aganira n’Ikinyamakuru cyo muri iki Gihugu cyitwa VG, yagize ati “Imvune nk’izi zo mu kagombambari zimara nibura ibyumweru 3, keretse habaye ibitangaza, naho ubundi ntizipfa gukira mbere yaho.”

Martin Ødegaard akaba yiyongereye ku bandi ba Arsenal batari gukina, barimo Declan Rice, utazakina umukino wa Tottenham kubera ikarita y’umutuku yahawe mu mukino wa Brighton, Riccardo Calafiori na we wavunikiye mu mukino ikipe ye y’Igihugu y’u Butaliyani yatsinzemo u Bufaransa ibitego 3-1 mu cyumweru gishize.

Imvune ya Martin Odegaard yamubabaje
Yasohotse mu kibura arira

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Nyanza: Hari urujijo ku murambo w’umuntu watoraguwe mu cyuzi

Next Post

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.