Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye amakuru arambuye nyuma y’imvune ya kapiteni wa Arsenal yatumye asohoka mu kibuga arira

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye amakuru arambuye nyuma y’imvune ya kapiteni wa Arsenal yatumye asohoka mu kibuga arira
Share on FacebookShare on Twitter

Kapiteni w’ikipe ya Arsenal, Martin Odegaard wavunikiye mu ikipe ye y’Igihugu ya Norvège, mu mukino wayihuje na Autriche, byemejwe ko agomba kumara ibyumweru bitatu adakina.

Martin Odegaard wagaragaye agendera ku mbago ubwo yari ari ku kibuga cy’indege, asubiye i London, amakuru ava mu Gihugu cya Norvège avuga ko agomba kumara hanze y’ikibuga nibura ibyumweru 3 adakina kubera imvune yo mu kagombambari (ankle injury) yagize.

Ni imvune yagize kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nzeri 2024, nyuma yo kugongana na Christoph Baumgartner, ukinira ikipe y’igihugu ya Autriche.

Martin Ødegaard usanzwe ari kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Norvège, akanaba uwa Arsenal, yahise asimbuzwa ku munota wa 67’, ndetse asohoka mu kibuga ari kurira, dore ko iyi mvune y’akagombambari yagize, iri butume asiba nibura imikino 5 ikipe ya Arsenal ifite mu byumweru bitatu biri imbere.

Iyo mikino itazagaragaramo Ødegaard, irimo uwo Arsenal izasuramo Tottenham Hotspur muri Shampiyona ku ya 15 Nzeri 2024, uwo bazasuramo ikipe ya Atalanta muri Champions League ku ya 19 Nzeri 2024, n’undi ukomeye wa Shampiyona bazakirwamo na Manchester City ku ya 22 Nzeri 2024.

Hari kandi n’umukino wa Carabao Cup, Arsenal izakiramo Bolton Wanderers ku ya 25 Nzeri 2024 ndetse n’undi wa Shampiyona bazakiramo Leicester City ku ya 28 Nzeri 2024.

Ola Sand, umuganga w’ikipe y’Igihugu ya Norvège, aganira n’Ikinyamakuru cyo muri iki Gihugu cyitwa VG, yagize ati “Imvune nk’izi zo mu kagombambari zimara nibura ibyumweru 3, keretse habaye ibitangaza, naho ubundi ntizipfa gukira mbere yaho.”

Martin Ødegaard akaba yiyongereye ku bandi ba Arsenal batari gukina, barimo Declan Rice, utazakina umukino wa Tottenham kubera ikarita y’umutuku yahawe mu mukino wa Brighton, Riccardo Calafiori na we wavunikiye mu mukino ikipe ye y’Igihugu y’u Butaliyani yatsinzemo u Bufaransa ibitego 3-1 mu cyumweru gishize.

Imvune ya Martin Odegaard yamubabaje
Yasohotse mu kibura arira

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Nyanza: Hari urujijo ku murambo w’umuntu watoraguwe mu cyuzi

Next Post

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.