Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in MU RWANDA
0
Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo ku kibuga cy’Indege cya Entebbe muri Uganda ubwo yari iri kugwa igasa nk’itaye inzira, hamenyekanye ko yari irimo abagenzi bagera muri 60 barimo abashyitsi bitabiriye ibirori by’isabukuru ya Gen Muhoozi Kainerugaba.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu Kirere (RwandAir) mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ryavugaga ko indege imwe y’iyi sosiyete yari iri kugwa ku Kibuga Mpuzamahanga cya Entebbe yagize ikibazo igasa n’inyerera.

Iri tangazo ryavugaga ko abagenzi bari bayirimo ndetse n’abakozi b’iyi sosiyete bose ntawagize ikibazo.

Iyi ndege yari iturutse i Nairobi muri Kenya, yagize iki kibazo saa kumi n’imwe na mirongo itatu n’umwe za mu gitondo (05:31’).

Itangazo rya RwandAir rivuga ko iki kibazo cyatewe n’ikibazo cy’ikirere kitarinkifashe neza, hakaba hari andi makuru yavuzwe ko umupilote w’iyi ndege atabashaga kubona kubera urumuri rucye rw’amatara ari kuri iki kibuga.

Amakuru dukesha Nation.Africa, ni uko iyi ndege yarimo abantu 60 barimo abashyitsi 20 b’abakobwa bitabiriye isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba baturutse i Kigali.

Iki kinyamakuru kivuga ko aba bakobwa bitabiriye ibi birori ku butumire bwa Muhoozi uzagira isabukuru ku y’imyaka 48 ku ya 24 Mata.

Muhoozi ukomeje kugaruka cyane ku isabukuru ye, yari yatangaje ko ibi birori bye bizanitabirwa na Mutesi Jolly ufite ikamba rya Miss Rwanda 2016, gusa uyu mukobwa akaba yamwiseguyeho ko atazabasha kwitabira.

Bamwe mu bakoresha urubuga rwa Twitter mu Rwanda no muri Uganda banenze Mutesi Jolly kuba atitabiriye ubutumire bw’uyu musirikare ukomeye ndetse akanamuhakanira abinyujije kuri Twitter hafatwa nko ku karubanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 20 =

Previous Post

Miss Jolly aranengerwa guhakanira Muhoozi ko atazitabira ibirori bye akanabikorera ku karubanda

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.