Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ukekwaho gutwika imodoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, agahita atoroka, yafashwe nyuma y’amezi umunani ashakishwa, dosiye ye ikaba yaranageze mu Bushinjacyaha.

Uyu mugabo witwa Rutagengwa Alexis, akekwaho kuba yaratwitse ikinyabiziga cya Gitifu Nemeyimana Jean Bosco, tariki ya 4 Mutarama 2022.

Iyi nkuru yabaye kimomo mu ntangiro z’uyu mwaka, ubwo iyi modoka Gitifu yatwitswe n’umuntu wayisanze aho yari iparitse mu Mujyi wa Ruhango hafi y’Ishami rya Banki ya Kigali muri aka Karere, agahita arambika munsi yayo casque yari irimo lisansi ubundi agashumika n’ikibiriti.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yavugaga ko ukekwa gukora iki gikorwa, ari umuntu wari watangiye kuzamura inzu mu Mujyi wa Ruhango mu buryo bunyuranyije n’amategeko, akaza guhagarikwa ndetse n’inzu ye igasenywa, bikaza kumutera umujinya ari bwo yihimuye kuri Gitifu akamutwikira imodoka.

 

Yafashwe nyuma y’amezi umunani

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko uwitwa Rutagengwa Alexis ukekwaho gutwika iyi modoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa, amaze iminsi yarafashwe.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko ukekwaho iki cyaha yafashwe tariki 02 Nzeri 2022, agafatirwa muri aka Karere ka Ruhango kakorewemo icyaha akekwaho.

Dr Murangira yemeje kandi ko RIB yamaze gukora Dosiye y’ikirego cy’uyu mugabo w’imyaka 28 y’amavuko, ikaba yaranashyikirijwe Ubushinjacyaha tariki 05 Nzeri kugira ngo buzamuregere Urukiko.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 180: Gutwikira undi ku bushake inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu cyangwa ahandi hantu

Umuntu wese utwikira undi abishaka, inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu cyangwa gutwika ahandi hantu hose hashobora kuba hari abantu, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu (15) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

Iyo itwika ryateye urupfu rw’umuntu nyamara uwabikoze atari azi ko aho yatwitse harimo umuntu washoboraga gupfiramo, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni icumi (10.000.000 FRW).

Iyo ikintu cyatwitswe gihaye inkongi icyo atashakaga gutwika, uwabikoze ahanwa nkaho byose yashakaga kubitwika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 3 =

Previous Post

Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

Next Post

Uwari umukozi wa RADIOTV10 yahawe inshingano nshya muri FERWACY

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari umukozi wa RADIOTV10 yahawe inshingano nshya muri FERWACY

Uwari umukozi wa RADIOTV10 yahawe inshingano nshya muri FERWACY

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.