Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye amakuru y’ubundi bufasha u Burundi bwahaye Congo Tshisekedi akiva guhura na Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Hamenyekanye amakuru y’ubundi bufasha u Burundi bwahaye Congo Tshisekedi akiva guhura na Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi agiriye uruzinduko mu Burundi, akanakirwa na mugenzi we Evariste Ndayishimiye, umutwe wa M23 wavuze ko wamenye amakuru ko hahise hoherezwa amakamyo arenga 20 y’abandi basirikare b’u Burundi bagiye gufasha FARDC.

Perezida Félix Tshisekedi yagiriye uruzinduko i Burundi tariki 22 Ukuboza 2024, ubwo yari akubutse muri Congo-Brazzavile agahita ahitira mu Burundi, aho yakiriwe na mugenzi we Evariste Ndayishimiye.

Ni uruzinduko Ibihugu byombi byagarutseho, bivuga ko rwari rugamije gukomeza guha imbaraga umubano n’imigenderanire hagati yabyo ndetse no guteza imbere imikoranire n’ubufatanye mu nzego zirimo amahoro n’umutekano.

U Burundi busanzwe bufite ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zagiyeyo ku bwumvikane bw’Ibihugu byombi, gufasha FARDC mu rugamba imaze igihe ihanganyemo n’umutwe wa M23.

Nyuma y’uru ruzinduko no mu gihe rwabereyemo, ni iminsi uru rugamba rwari rukomeje guhindura isura, rukomeje gukara mu burasirazuba bwa RDC, mu bice binyuranye mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Umuvugizi wa M23, Balinda Oscar yavuze ko bamenye amakuru y’icyari kijyanye Perezida Tshisekedi mu Burundi.

Ati “Ejobundi Umukuru w’Igihugu cya Congo, Tshisekedi yagiye i Burundi gusaba izindi ngabo zo kugira ngo zize kuturangiza. Bohereje amakamyo makumyabiri n’abiri (22) ava i Bukavu aza ahitwa i Kalehe bashaka kudutera ahitwa i Ngungu ngo baturangize.”

Mu kwezi gushize ubwo Ndayishimiye yakiraga Tshisekedi

Bamwe mu basirikare b’u Burundi bagiye bafatirwa ku rugamba n’umutwe wa M23 n’abagiye bicwa, Leta y’i Bujumbura yagiye ibihakana, ibintu byanababaje bamwe mu Banyapolitiki b’Abarundi batavuga rumwe n’ubutegetsi, bamagana uburyo iki Gihugu gikomeje gutuma abana bacyo bajya gutikirira muri Congo.

Ku mbuga nkoranyambaga kandi, hamaze iminsi haragarazwa amafoto y’abasirikare b’u Burundi bagiye bicirwa muri uru rugamba, n’amakarita ya gisirikare yabo.

Ibihugu birimo u Rwanda byakunze kunenga u Burundi kuba bwarafashe icyemezo cyo kujya gufasha igisirikare cya Congo (FARDC) gisanzwe gikorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’uw’iterabwoba wa FDLR urwanya u Rwanda, unakora ibikorwa byo kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko bidakwiye ko hari Igihugu cyangwa umuryango, bikwiye kujya guha ubufasha igisirikare cy’Igihugu kiri mu bikorwa byo kwica Abanyagihugu bacyo nk’uko bimeze muri Congo, muri uru rugamba FARDC ihanganyemo n’umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Daniel says:
    10 months ago

    M23 Izabatsinda Iyakaremye niyo ikamena!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − sixteen =

Previous Post

Umuganga ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho gusambanya umukozi w’isuku bari bakoranye akazi k’ijoro

Next Post

U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.