Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye amakuru y’ubundi bufasha u Burundi bwahaye Congo Tshisekedi akiva guhura na Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Hamenyekanye amakuru y’ubundi bufasha u Burundi bwahaye Congo Tshisekedi akiva guhura na Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi agiriye uruzinduko mu Burundi, akanakirwa na mugenzi we Evariste Ndayishimiye, umutwe wa M23 wavuze ko wamenye amakuru ko hahise hoherezwa amakamyo arenga 20 y’abandi basirikare b’u Burundi bagiye gufasha FARDC.

Perezida Félix Tshisekedi yagiriye uruzinduko i Burundi tariki 22 Ukuboza 2024, ubwo yari akubutse muri Congo-Brazzavile agahita ahitira mu Burundi, aho yakiriwe na mugenzi we Evariste Ndayishimiye.

Ni uruzinduko Ibihugu byombi byagarutseho, bivuga ko rwari rugamije gukomeza guha imbaraga umubano n’imigenderanire hagati yabyo ndetse no guteza imbere imikoranire n’ubufatanye mu nzego zirimo amahoro n’umutekano.

U Burundi busanzwe bufite ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zagiyeyo ku bwumvikane bw’Ibihugu byombi, gufasha FARDC mu rugamba imaze igihe ihanganyemo n’umutwe wa M23.

Nyuma y’uru ruzinduko no mu gihe rwabereyemo, ni iminsi uru rugamba rwari rukomeje guhindura isura, rukomeje gukara mu burasirazuba bwa RDC, mu bice binyuranye mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Umuvugizi wa M23, Balinda Oscar yavuze ko bamenye amakuru y’icyari kijyanye Perezida Tshisekedi mu Burundi.

Ati “Ejobundi Umukuru w’Igihugu cya Congo, Tshisekedi yagiye i Burundi gusaba izindi ngabo zo kugira ngo zize kuturangiza. Bohereje amakamyo makumyabiri n’abiri (22) ava i Bukavu aza ahitwa i Kalehe bashaka kudutera ahitwa i Ngungu ngo baturangize.”

Mu kwezi gushize ubwo Ndayishimiye yakiraga Tshisekedi

Bamwe mu basirikare b’u Burundi bagiye bafatirwa ku rugamba n’umutwe wa M23 n’abagiye bicwa, Leta y’i Bujumbura yagiye ibihakana, ibintu byanababaje bamwe mu Banyapolitiki b’Abarundi batavuga rumwe n’ubutegetsi, bamagana uburyo iki Gihugu gikomeje gutuma abana bacyo bajya gutikirira muri Congo.

Ku mbuga nkoranyambaga kandi, hamaze iminsi haragarazwa amafoto y’abasirikare b’u Burundi bagiye bicirwa muri uru rugamba, n’amakarita ya gisirikare yabo.

Ibihugu birimo u Rwanda byakunze kunenga u Burundi kuba bwarafashe icyemezo cyo kujya gufasha igisirikare cya Congo (FARDC) gisanzwe gikorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’uw’iterabwoba wa FDLR urwanya u Rwanda, unakora ibikorwa byo kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko bidakwiye ko hari Igihugu cyangwa umuryango, bikwiye kujya guha ubufasha igisirikare cy’Igihugu kiri mu bikorwa byo kwica Abanyagihugu bacyo nk’uko bimeze muri Congo, muri uru rugamba FARDC ihanganyemo n’umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Daniel says:
    1 year ago

    M23 Izabatsinda Iyakaremye niyo ikamena!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − one =

Previous Post

Umuganga ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho gusambanya umukozi w’isuku bari bakoranye akazi k’ijoro

Next Post

U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

Related Posts

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.