Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye andi makuru ku Banyamerika bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye andi makuru ku Banyamerika bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Abanyamerika batatu bari bafungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahawe imbabazo na Perezida Tshisekedi ku gihano cy’urupfu bari barakatiwe, basubijwe iwabo, Minisitiri w’Ubutabera wa USA yatangaje ko undi Munyamerika wa kane we yafatiwe muri iki Gihugu.

Aba Banyamerika bane bashinjwa kugira uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, mu gikorwa cyabaye tariki 19 Gicurasi 2024.

Batatu muri bo bari bafungiye muri DRC, ku wa Kabiri w’iki cyumweru basubijwe iwabo, nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Félix Tshisekedi ku gihano cy’urupfu bari barahawe, bakagumushirizwaho icyo gufungwa burundu.

Marcel Malanga, Tyler Thompson na Benjamin Zalman-Polun, basubijwe iwabo nyuma y’ibiganiro byabaye hagati ya Guverinoma ya DRC n’iya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ubwo agatsiko k’abantu barimo aba Banyamerika bigabizaga ibiro by’Umukuru w’Igihugu tariki 19 Gicurasi 2024, bavugaga ko bagiye gukuraho ubutegetsi buriho, bagashyiraho ubwo bari bise ‘New Zaïre’.

Iki gikorwa cyari kiyobowe na Christian Malanga wakiciwemo, cyaguyemo abantu batadantu barimo abapolisi babiri n’umusivile umwe.

Marcel Malanga, umuhungu wa Christian Malanga, ari mu bari barakatiwe igihano cy’urupfu n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Gombe i Kinshasa, aho iki gihano cyari cyarabaye itegeko tariki 09 Werurwe 2025, ariko kikaza kuvanwaho n’imbabazi zatangajwe mu ijoro ryo ku ya 02 Mata 2025 za Perezida Félix Tshisekedi. Ni imbabazi kandi zahawe Abanyamerika bagenzi be Benjamin Zalman-Polun na Tyler Thompson.

Aba uko ari batatu, boherejwe muri America, ku bufatanye bwa Ambasade y’iki Gihugu i Kinshasa na Guverinoma ya Congo.

Joseph Peter Moesser, ni Umunyamerika wa kane na we uregwa kugira uruhare muri kiriya gikorwa, aho we yafatiwe muri Leta ya Utah muri leta Zunze Ubumwe za America, akaba asanzwe ari inzobere mu bijyanye n’ibiturika.

Abandi batatu bavuye muri DRC, bagomba kugezwa imbere y’Urukiko rwa Brooklyn mbere yo koherezwa muri Salt Lake City kugira ngo hakurikizwe ibiteganywa n’amategeko, mu gihe Moesser biteganyijwe ko none tariki 10 Mata agomba kugeza imbere y’Urukiko we agezwa imbere y’Urukiko rwo muri uyu mujyi wa Salt Lake City muri Leta ya Utah.

Abanyamerika batatu ubwo bari bagiye koherezwa iwabo bavuye muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − six =

Previous Post

Iperereza ry’ibanze ku rupfu rw’umugabo wasanzwe yapfuye ryagize abo rifata

Next Post

Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.