Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye andi makuru ku Banyamerika bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye andi makuru ku Banyamerika bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Abanyamerika batatu bari bafungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahawe imbabazo na Perezida Tshisekedi ku gihano cy’urupfu bari barakatiwe, basubijwe iwabo, Minisitiri w’Ubutabera wa USA yatangaje ko undi Munyamerika wa kane we yafatiwe muri iki Gihugu.

Aba Banyamerika bane bashinjwa kugira uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, mu gikorwa cyabaye tariki 19 Gicurasi 2024.

Batatu muri bo bari bafungiye muri DRC, ku wa Kabiri w’iki cyumweru basubijwe iwabo, nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Félix Tshisekedi ku gihano cy’urupfu bari barahawe, bakagumushirizwaho icyo gufungwa burundu.

Marcel Malanga, Tyler Thompson na Benjamin Zalman-Polun, basubijwe iwabo nyuma y’ibiganiro byabaye hagati ya Guverinoma ya DRC n’iya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ubwo agatsiko k’abantu barimo aba Banyamerika bigabizaga ibiro by’Umukuru w’Igihugu tariki 19 Gicurasi 2024, bavugaga ko bagiye gukuraho ubutegetsi buriho, bagashyiraho ubwo bari bise ‘New Zaïre’.

Iki gikorwa cyari kiyobowe na Christian Malanga wakiciwemo, cyaguyemo abantu batadantu barimo abapolisi babiri n’umusivile umwe.

Marcel Malanga, umuhungu wa Christian Malanga, ari mu bari barakatiwe igihano cy’urupfu n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Gombe i Kinshasa, aho iki gihano cyari cyarabaye itegeko tariki 09 Werurwe 2025, ariko kikaza kuvanwaho n’imbabazi zatangajwe mu ijoro ryo ku ya 02 Mata 2025 za Perezida Félix Tshisekedi. Ni imbabazi kandi zahawe Abanyamerika bagenzi be Benjamin Zalman-Polun na Tyler Thompson.

Aba uko ari batatu, boherejwe muri America, ku bufatanye bwa Ambasade y’iki Gihugu i Kinshasa na Guverinoma ya Congo.

Joseph Peter Moesser, ni Umunyamerika wa kane na we uregwa kugira uruhare muri kiriya gikorwa, aho we yafatiwe muri Leta ya Utah muri leta Zunze Ubumwe za America, akaba asanzwe ari inzobere mu bijyanye n’ibiturika.

Abandi batatu bavuye muri DRC, bagomba kugezwa imbere y’Urukiko rwa Brooklyn mbere yo koherezwa muri Salt Lake City kugira ngo hakurikizwe ibiteganywa n’amategeko, mu gihe Moesser biteganyijwe ko none tariki 10 Mata agomba kugeza imbere y’Urukiko we agezwa imbere y’Urukiko rwo muri uyu mujyi wa Salt Lake City muri Leta ya Utah.

Abanyamerika batatu ubwo bari bagiye koherezwa iwabo bavuye muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Iperereza ry’ibanze ku rupfu rw’umugabo wasanzwe yapfuye ryagize abo rifata

Next Post

Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.