Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyatumye isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki risubikwa

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye icyatumye isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki risubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Isomwa ry’urubanza rw’ubujurire ruregwamo Hon Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ubu ukurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ryasubitswe.

Isomwa ry’uru rubanza rw’ubujurire ryari riteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023, saa munani ku cyicaro cy’Urukiko Rukuru rwaburanishije ubu bujurire.

Amakuru yamenyekanye muri aya masaha, ni uko isomwa ry’uru rubanza ryasubitswe rikimurirwa mu cyumweru gitaha tariki 23 Mutarama 2023.

Umuvugizi w’Inkiko zo mu Rwanda, Mutabazi Harrison yatangaje ko gusubika iri somwa, byaturutse ku kuba Inteko y’Urukiko yaburanishije uru rubanza itararangiza imirimo yo kurusuzuma.

Mu rubanza rw’ubujurire rwabaye tariki 19 Ukuboza 2022, Bamporiki yari yongeye gutakambira Urukiko Rukuru, arusaba imbabazi kuko ibyo yakoze yahemutse ntashyiremo ubushishozi, akemera kwakira inkonke y’amafaranga.

Yaburanaga ubujurire ku gihano cyo gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw, yahanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, mu cyemezo cyarwo cyasomwe tariki 30 Nzeri 2022.

Uyu munyapolitiki wagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, yabwiye Urukiko Rukuru ko nubwo yajuririye igihano yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, atari uko ari umwere ahubwo ko ari uko “nakiriye ibyo ntagombaga kwakira.”

Mu ijambo ryumvikanyemo guca bugufi, Bamporiki yavuze ko yakoze ikosa ryo kwakira amafaranga yitwaga ko ari inzoga bamuguriye kuko yari agiriye neza umuntu. Yari yagize ati “Ndasaba imbabazi kandi imbabazi zishobora kuba igishoro cyatuma ngira umumaro. Munyunamure ngire umumaro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 8 =

Previous Post

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Next Post

Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball
SIPORO

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.