Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Icyo R.Kelly yakoze akimara gukatirwa imyaka 30 y’igifungo

radiotv10by radiotv10
30/06/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Icyo R.Kelly yakoze akimara gukatirwa imyaka 30 y’igifungo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bunganira R Kelly wakatiwe gufungwa imyaka 30, yavuze ko ubwo Umucamanza yari amaze gusoma icyemezo cy’Urukiko, uyu muhanzi w’ikirangirire yashatse kugira icyo avuga mu rukiko ariko akamukomakoma akamubuza.

Uyu muhanzi w’Umunyamerika Robert Sylvester Kelly uzwi nka R Kelly, yakatiwe gufungwa imyaka 30 kuri uyu wa Gatatu nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo gusambanya abakobwa batagejeje imyaka y’ubukure.

Nyuma y’iki cyemezo cy’urubanza, Gloria Allred wunganira abagore batatu bashinja R Kelly, yabwiye itangazamakuru ati “Nta muntu n’umwe wasibanganya ikibi cyakorewe abagizweho ingaruka n’ibyakozwe.”

Umunyamategeko Steve Greenberg wunganira R Kelly, yavuze ko abashinja uyu mukiliya we, bakabirije, “bakamwigirizaho nkana” bagamije kumubambisha.

Steve K Francis, uri gukora by’agateganyo mu mwanya w’umuyobozi mukuru w’ibiro bishinzwe iperereza (HIS/Homeland Security Investigations) yavuze ko uyu muhanzi “Yakoresheje ubutunzi bwe n’ubwamamare bwe mu guhohotera abana b’abakobwa abizeza na bo kuzamamara n’ubutunzi agamije kubasambanya.”

Iki cyemezo cy’igifungo cy’imyaka 30 cyafatiwe R Kelly, cyasomwe uregwa na we ahibereye aho yari yaje kumva icyemezo cy’urukiko.

Jennifer Bonjean, na we wunganira R.Kelly, yavuze ko ubwo Umucamanza yamaraga gusoma iki cyemezo, uyu muhanzi yashatse kugira icyo avuga kuri iyi myaka 30 y’igifungo yakatiwe, ariko akamukomakoma akamubuza.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko guhanisha R Kelly igifungo kitari munsi y’imyaka 25 mu rwego rwo kurinda abaturage ibibi by’uyu muhanzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

M23 iravugwaho gufata igikorwa remezo gikomeye nayo ikamburwa uduce tune yagenzuraga

Next Post

Icya Semuhanuka: DRCongo ibwiye Isi ko u Rwanda rwatumye miliyoni 6 z’Abanye-Congo bapfa

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icya Semuhanuka: DRCongo ibwiye Isi ko u Rwanda rwatumye miliyoni 6 z’Abanye-Congo bapfa

Icya Semuhanuka: DRCongo ibwiye Isi ko u Rwanda rwatumye miliyoni 6 z’Abanye-Congo bapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.