• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Icyo R.Kelly yakoze akimara gukatirwa imyaka 30 y’igifungo

radiotv10by radiotv10
30/06/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Icyo R.Kelly yakoze akimara gukatirwa imyaka 30 y’igifungo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bunganira R Kelly wakatiwe gufungwa imyaka 30, yavuze ko ubwo Umucamanza yari amaze gusoma icyemezo cy’Urukiko, uyu muhanzi w’ikirangirire yashatse kugira icyo avuga mu rukiko ariko akamukomakoma akamubuza.

Uyu muhanzi w’Umunyamerika Robert Sylvester Kelly uzwi nka R Kelly, yakatiwe gufungwa imyaka 30 kuri uyu wa Gatatu nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo gusambanya abakobwa batagejeje imyaka y’ubukure.

Nyuma y’iki cyemezo cy’urubanza, Gloria Allred wunganira abagore batatu bashinja R Kelly, yabwiye itangazamakuru ati “Nta muntu n’umwe wasibanganya ikibi cyakorewe abagizweho ingaruka n’ibyakozwe.”

Umunyamategeko Steve Greenberg wunganira R Kelly, yavuze ko abashinja uyu mukiliya we, bakabirije, “bakamwigirizaho nkana” bagamije kumubambisha.

Steve K Francis, uri gukora by’agateganyo mu mwanya w’umuyobozi mukuru w’ibiro bishinzwe iperereza (HIS/Homeland Security Investigations) yavuze ko uyu muhanzi “Yakoresheje ubutunzi bwe n’ubwamamare bwe mu guhohotera abana b’abakobwa abizeza na bo kuzamamara n’ubutunzi agamije kubasambanya.”

Iki cyemezo cy’igifungo cy’imyaka 30 cyafatiwe R Kelly, cyasomwe uregwa na we ahibereye aho yari yaje kumva icyemezo cy’urukiko.

Jennifer Bonjean, na we wunganira R.Kelly, yavuze ko ubwo Umucamanza yamaraga gusoma iki cyemezo, uyu muhanzi yashatse kugira icyo avuga kuri iyi myaka 30 y’igifungo yakatiwe, ariko akamukomakoma akamubuza.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko guhanisha R Kelly igifungo kitari munsi y’imyaka 25 mu rwego rwo kurinda abaturage ibibi by’uyu muhanzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 6 =

Previous Post

M23 iravugwaho gufata igikorwa remezo gikomeye nayo ikamburwa uduce tune yagenzuraga

Next Post

Icya Semuhanuka: DRCongo ibwiye Isi ko u Rwanda rwatumye miliyoni 6 z’Abanye-Congo bapfa

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Next Post
Icya Semuhanuka: DRCongo ibwiye Isi ko u Rwanda rwatumye miliyoni 6 z’Abanye-Congo bapfa

Icya Semuhanuka: DRCongo ibwiye Isi ko u Rwanda rwatumye miliyoni 6 z’Abanye-Congo bapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.