Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye igihe Amatora y’Abasenateri mu Rwanda azabera

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye igihe Amatora y’Abasenateri mu Rwanda azabera
Share on FacebookShare on Twitter

Amatora y’Abasenateri bo muri manda itaha ya Sena y’u Rwanda, azaba muri Nzeri uyu mwaka, nk’uko byagaragajwe n’Iteka rya Perezida wa Repubulika ryagiye hanze.

Iri Teka rya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ryagiye hanze kuri uyu Kabiri tariki 18 Kamena 2024, rigaragaza ko amatora y’Abasenateri, azaba tariki 16 Nzeri 2024, ahazatorwa Abasenateri 12 batorwa n’inzego zihariye, hakurikijwe inzego z’imitegekere y’Igihugu.

Nanone kandi bucyeye bwaho, ku wa 17 Nzeri 2024, hazaba amatora y’Abasenateri babiri, baturuka mu mashuri makuru na za Kaminuza, barimo umwe uturuka mu ya Leta ndetse n’undi uturuka mu yigenga.

Itera rya Perezida rigaragaza kandi ko ibikorwa byo kwiyamamaza ku bazaba bahatana muri aya matora y’Abasenateri, bizatangira ku wa Mbere tariki 26 Kanama, birangire ku wa Gatandatu tariki 14 Nzeri, habura iminsi ibiri ngo amatora nyirizina abe.

Abasenateri bari muri Sena y’u Rwanda, batangiye inshingano zabo tariki 17 Ukwakira 2019, bakaba bagiye kuzuza imyaka itanu ya manda yabo.

Aba Basenateri bari muri manda yabo ya mbere, mu gihe bemerewe manda ebyiri, kuko imwe iba ishobora kongerwa inshuro imwe ariko ku Basenateri bagiyeho barahoze ari Abakuru b’Ibihugu bo bakaba batarebwa n’umubare wa manda nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda.

Aya matora y’Abasenateri, azaba abaye nyuma y’amezi abiri hatowe bagenzi babo bo mu Nteko Ishinga Amategeko-Umutwe w’Abadepite, bo amatora yabo agiye kuba ku nshuro ya mbere ahujwe n’aya Perezida wa Repubulika, mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.

Ingingo ya 80 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, rigena umubare w’Abasenateri 26, barimo 12 batorwa n’inzego zihariye hakurikijwe inzego z’imitegekere y’Igihugu, hakaba Abasenateri umunani (8) bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, bane (4) bashyirwaho n’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki ndetse na babiri (2) b’abarimu cyangwa abashakashatsi baturuka mu mashuri makuru na za Kaminuza, aho umwe aba ari uwo mu ya Leta n’undi wo mu yigenga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Urwego rushinzwe Igorora-RCS rwungutse Abofisiye 166 barimo 16% b’abakobwa

Next Post

America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.