Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye igihe Amatora y’Abasenateri mu Rwanda azabera

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye igihe Amatora y’Abasenateri mu Rwanda azabera
Share on FacebookShare on Twitter

Amatora y’Abasenateri bo muri manda itaha ya Sena y’u Rwanda, azaba muri Nzeri uyu mwaka, nk’uko byagaragajwe n’Iteka rya Perezida wa Repubulika ryagiye hanze.

Iri Teka rya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ryagiye hanze kuri uyu Kabiri tariki 18 Kamena 2024, rigaragaza ko amatora y’Abasenateri, azaba tariki 16 Nzeri 2024, ahazatorwa Abasenateri 12 batorwa n’inzego zihariye, hakurikijwe inzego z’imitegekere y’Igihugu.

Nanone kandi bucyeye bwaho, ku wa 17 Nzeri 2024, hazaba amatora y’Abasenateri babiri, baturuka mu mashuri makuru na za Kaminuza, barimo umwe uturuka mu ya Leta ndetse n’undi uturuka mu yigenga.

Itera rya Perezida rigaragaza kandi ko ibikorwa byo kwiyamamaza ku bazaba bahatana muri aya matora y’Abasenateri, bizatangira ku wa Mbere tariki 26 Kanama, birangire ku wa Gatandatu tariki 14 Nzeri, habura iminsi ibiri ngo amatora nyirizina abe.

Abasenateri bari muri Sena y’u Rwanda, batangiye inshingano zabo tariki 17 Ukwakira 2019, bakaba bagiye kuzuza imyaka itanu ya manda yabo.

Aba Basenateri bari muri manda yabo ya mbere, mu gihe bemerewe manda ebyiri, kuko imwe iba ishobora kongerwa inshuro imwe ariko ku Basenateri bagiyeho barahoze ari Abakuru b’Ibihugu bo bakaba batarebwa n’umubare wa manda nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda.

Aya matora y’Abasenateri, azaba abaye nyuma y’amezi abiri hatowe bagenzi babo bo mu Nteko Ishinga Amategeko-Umutwe w’Abadepite, bo amatora yabo agiye kuba ku nshuro ya mbere ahujwe n’aya Perezida wa Repubulika, mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.

Ingingo ya 80 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, rigena umubare w’Abasenateri 26, barimo 12 batorwa n’inzego zihariye hakurikijwe inzego z’imitegekere y’Igihugu, hakaba Abasenateri umunani (8) bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, bane (4) bashyirwaho n’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki ndetse na babiri (2) b’abarimu cyangwa abashakashatsi baturuka mu mashuri makuru na za Kaminuza, aho umwe aba ari uwo mu ya Leta n’undi wo mu yigenga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + seventeen =

Previous Post

Urwego rushinzwe Igorora-RCS rwungutse Abofisiye 166 barimo 16% b’abakobwa

Next Post

America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.