Sunday, May 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, agiye gutangaza Politiki nshya izazanira amahirwe abarenga ibihumbi 500 bashakanye n’Abanyamerika batari bafite ibyangombwa, ku buryo bazagira uburenganzira bwo kubonamo akazi muri iki Gihugu.

Iyi politiki izaba ireba gusa abamaze nibura imyaka 10 muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho bazaba bemerewe kubona akazi muri iki Gihugu.

Ni imwe muri gahunda ikomeye ibayeho ireba abimukira badafite ibyangombwa bari muri USA kuva ku butegetesi bwa Barack Obama.

Ku bw’iyi gahunda, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri USA-White House byizera ko abashakanye barenga ibihumbi 500 batuye muri iki Gihugu bazayungukiramo kimwe n’abandi ibihumbi 50 by’abari munsi y’imyaka 21 bafite ababyeyi bashakanye n’abafite ubwenegihugu bwa America.

Mu ntangiro z’uku kwezi kwa Kamena, Perezida Biden yizeje ko agiye gukora ibishoboka kugira ngo urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, “rukorera mu mucyo kandi neza.”

Isesenguramakuru rigaragaza ko ibijyanye no kwinjira muri America, ari kimwe mu bihanzwe amaso n’abazatora mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu kwezi k’Ugushyingo (11).

Ibi byatangajwe mu gihe kuri uyu wa Kabiri wari umunsi w’isabukuru ya 12 yo kwizihiza gahunda yiswe ‘Daca’ ireba abimukira barenga ibihumbi 530 bagiye muri America ari abana, bagiyeyo birukaniweyo.

Ku wa Mbere kandi, umwe mu bayobozi mu rwego rukuru muri America, yatangaje ko abashakanye n’abanyamerika bakaba bamaze imyaka 10 muri iki Gihugu, batari bafite ibyangombwa byo kwitwa Abanyamerika, bazaba bafite uburenganzira bwo gutangira urugendo rwo kuba bahabwa ubwenegihugu.

Abo bazaba barebwa n’iyi gahunda, bazaba bafite igihe cy’imyaka itatu yo kwaka ibyangombwa byo gutura muri America, ndetse n’ibyangombwa by’imyaka itatu yo gukorayo imirimo.

Perezidansi ya USA ivuga ko abazaba bujuje ibisabwa kuri iyi gahunda, bamaze imyaka 23 muri iki Gihugu, ndetse benshi muri bo bakaba baravukiye muri Mexico.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 18 =

Previous Post

Hamenyekanye igihe Amatora y’Abasenateri mu Rwanda azabera

Next Post

Menya ibyaha bikekwa ku barimo Abapadiri babiri bakorera Ishuri ryapfiriyemo umunyeshuri n’icyo yazize

Related Posts

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

by radiotv10
17/05/2025
0

Abagize Komisiyo idasanzwe yahawe gusuzuma dosiye yo kwambura ubudagangarwa Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubu...

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin byarangiye atitabiriye biganiro by’amahoro, byagomba kumuhuza na mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ahubwo yohereza...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

by radiotv10
15/05/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko adashaka kuzongera kubona urwego rumwoherereza ibaruwa ‘y’ubugoryi’, nyuma yuko Komisiyo...

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye i Vatican umukinnyi wa mbere ku Isi mu mukino...

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe inama izahuriramo Perezida wa Ukrayine, Volodymyr Zelenskyy, na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin bagomba guhurira i Ankara muri...

IZIHERUKA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho
MU RWANDA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

16/05/2025
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Menya ibyaha bikekwa ku barimo Abapadiri babiri bakorera Ishuri ryapfiriyemo umunyeshuri n’icyo yazize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.