Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, agiye gutangaza Politiki nshya izazanira amahirwe abarenga ibihumbi 500 bashakanye n’Abanyamerika batari bafite ibyangombwa, ku buryo bazagira uburenganzira bwo kubonamo akazi muri iki Gihugu.

Iyi politiki izaba ireba gusa abamaze nibura imyaka 10 muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho bazaba bemerewe kubona akazi muri iki Gihugu.

Ni imwe muri gahunda ikomeye ibayeho ireba abimukira badafite ibyangombwa bari muri USA kuva ku butegetesi bwa Barack Obama.

Ku bw’iyi gahunda, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri USA-White House byizera ko abashakanye barenga ibihumbi 500 batuye muri iki Gihugu bazayungukiramo kimwe n’abandi ibihumbi 50 by’abari munsi y’imyaka 21 bafite ababyeyi bashakanye n’abafite ubwenegihugu bwa America.

Mu ntangiro z’uku kwezi kwa Kamena, Perezida Biden yizeje ko agiye gukora ibishoboka kugira ngo urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, “rukorera mu mucyo kandi neza.”

Isesenguramakuru rigaragaza ko ibijyanye no kwinjira muri America, ari kimwe mu bihanzwe amaso n’abazatora mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu kwezi k’Ugushyingo (11).

Ibi byatangajwe mu gihe kuri uyu wa Kabiri wari umunsi w’isabukuru ya 12 yo kwizihiza gahunda yiswe ‘Daca’ ireba abimukira barenga ibihumbi 530 bagiye muri America ari abana, bagiyeyo birukaniweyo.

Ku wa Mbere kandi, umwe mu bayobozi mu rwego rukuru muri America, yatangaje ko abashakanye n’abanyamerika bakaba bamaze imyaka 10 muri iki Gihugu, batari bafite ibyangombwa byo kwitwa Abanyamerika, bazaba bafite uburenganzira bwo gutangira urugendo rwo kuba bahabwa ubwenegihugu.

Abo bazaba barebwa n’iyi gahunda, bazaba bafite igihe cy’imyaka itatu yo kwaka ibyangombwa byo gutura muri America, ndetse n’ibyangombwa by’imyaka itatu yo gukorayo imirimo.

Perezidansi ya USA ivuga ko abazaba bujuje ibisabwa kuri iyi gahunda, bamaze imyaka 23 muri iki Gihugu, ndetse benshi muri bo bakaba baravukiye muri Mexico.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − one =

Previous Post

Hamenyekanye igihe Amatora y’Abasenateri mu Rwanda azabera

Next Post

Menya ibyaha bikekwa ku barimo Abapadiri babiri bakorera Ishuri ryapfiriyemo umunyeshuri n’icyo yazize

Related Posts

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Menya ibyaha bikekwa ku barimo Abapadiri babiri bakorera Ishuri ryapfiriyemo umunyeshuri n’icyo yazize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.