Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye igihe hazatangarizwa iby’ibibanze byavuye mu ibarura ry’Abanyarwanda bose

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye igihe hazatangarizwa iby’ibibanze byavuye mu ibarura ry’Abanyarwanda bose
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, gitangaza ko amakuru ya mbere y’ibyavuye mu iburura rusange ry’abaturage n’imiturire, azaboneka mu mpera z’Ukwakira 2022.

Iri barura rusange ryatangiye tariki 16 Kanama 2022, rigasozwa kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, ryitezweho kuzagaragaza igipimo cy’imibereho y’abaturarwanda ndetse n’umubare wabo n’uw’Abanyarwanda bose.

Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), Yvan Murenzi, mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa Mbere tariki 29 Kanama mbere y’umunsi umwe ngo ibarura risozwe, yavuze ko icyo gihe iki gikorwa cyari kigeze kuri 99% by’ingo zagombaga kubarurwa.

Ati “Ku buryo duteganya ko amakuru tuzaba dufite ashobora gutangazwa mu mpera z’ukwa cumi (Ukwakira) ukwa cumi na kumwe (Ugushyingo) tuzaba turi tayari.”

Yvan Murenzi avuga ko hari abaturage bamwe na bamwe bagiye bananiza abakarani b’ibarura, ati “Ushobora gusanga nko mu gapande k’ibarura hari abantu nka batatu twakomeje kubura ntiduhuze, amasaha yaduha ntayubahirize cyangwa ntaboneke.”

Avuga kandi ko hari n’abantu bamwe na bamwe banze kwitabira iki gikorwa cy’ibarura, ariko ko ari bacye. Ati “Ariko n’iyo yaba umwe ahantu mu Mudugudu na we turakomeza tukamwegera.”

Akomeza avuga ko hari n’imbogamizi yo kuba hari ingo zagiye zibagirana ariko na zo atari nyinshi, ati “Hari ahantu mu gipangu hari nk’ingo eshanu tukaba twaribeshye wenda tukibaza ko hari enye.”

NISR itangaza ko iki gipimo cya 99% cyari kigezweho tariki 29 Kanama, gishimishije kuko mu bipimo mpuzamahanga, ibarura rusange nk’iri ritagomba kujya munsi ya 95% by’ababarurwa.

Nyuma yuko iki gikorwa cyo kwegeranya amakuru muri iri barura rusange gisojwe kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, hazakurikiraho igikorwa cyo gusesengura no kugenzura amakuru azaba yaratanzwe kizabera mu Midugudu imwe yatoranyijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fourteen =

Previous Post

Huye: Abagabo bane bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 68 bavuze icyo bamuhoye

Next Post

Umuyobozi w’Iperereza muri RDF yasuye ingabo ziri muri Centrafrique

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi w’Iperereza muri RDF yasuye ingabo ziri muri Centrafrique

Umuyobozi w’Iperereza muri RDF yasuye ingabo ziri muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.