Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye igihe hazatangarizwa iby’ibibanze byavuye mu ibarura ry’Abanyarwanda bose

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye igihe hazatangarizwa iby’ibibanze byavuye mu ibarura ry’Abanyarwanda bose
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, gitangaza ko amakuru ya mbere y’ibyavuye mu iburura rusange ry’abaturage n’imiturire, azaboneka mu mpera z’Ukwakira 2022.

Iri barura rusange ryatangiye tariki 16 Kanama 2022, rigasozwa kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, ryitezweho kuzagaragaza igipimo cy’imibereho y’abaturarwanda ndetse n’umubare wabo n’uw’Abanyarwanda bose.

Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), Yvan Murenzi, mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa Mbere tariki 29 Kanama mbere y’umunsi umwe ngo ibarura risozwe, yavuze ko icyo gihe iki gikorwa cyari kigeze kuri 99% by’ingo zagombaga kubarurwa.

Ati “Ku buryo duteganya ko amakuru tuzaba dufite ashobora gutangazwa mu mpera z’ukwa cumi (Ukwakira) ukwa cumi na kumwe (Ugushyingo) tuzaba turi tayari.”

Yvan Murenzi avuga ko hari abaturage bamwe na bamwe bagiye bananiza abakarani b’ibarura, ati “Ushobora gusanga nko mu gapande k’ibarura hari abantu nka batatu twakomeje kubura ntiduhuze, amasaha yaduha ntayubahirize cyangwa ntaboneke.”

Avuga kandi ko hari n’abantu bamwe na bamwe banze kwitabira iki gikorwa cy’ibarura, ariko ko ari bacye. Ati “Ariko n’iyo yaba umwe ahantu mu Mudugudu na we turakomeza tukamwegera.”

Akomeza avuga ko hari n’imbogamizi yo kuba hari ingo zagiye zibagirana ariko na zo atari nyinshi, ati “Hari ahantu mu gipangu hari nk’ingo eshanu tukaba twaribeshye wenda tukibaza ko hari enye.”

NISR itangaza ko iki gipimo cya 99% cyari kigezweho tariki 29 Kanama, gishimishije kuko mu bipimo mpuzamahanga, ibarura rusange nk’iri ritagomba kujya munsi ya 95% by’ababarurwa.

Nyuma yuko iki gikorwa cyo kwegeranya amakuru muri iri barura rusange gisojwe kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, hazakurikiraho igikorwa cyo gusesengura no kugenzura amakuru azaba yaratanzwe kizabera mu Midugudu imwe yatoranyijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 13 =

Previous Post

Huye: Abagabo bane bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 68 bavuze icyo bamuhoye

Next Post

Umuyobozi w’Iperereza muri RDF yasuye ingabo ziri muri Centrafrique

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi w’Iperereza muri RDF yasuye ingabo ziri muri Centrafrique

Umuyobozi w’Iperereza muri RDF yasuye ingabo ziri muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.