Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye igihe hazatangarizwa iby’ibibanze byavuye mu ibarura ry’Abanyarwanda bose

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye igihe hazatangarizwa iby’ibibanze byavuye mu ibarura ry’Abanyarwanda bose
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, gitangaza ko amakuru ya mbere y’ibyavuye mu iburura rusange ry’abaturage n’imiturire, azaboneka mu mpera z’Ukwakira 2022.

Iri barura rusange ryatangiye tariki 16 Kanama 2022, rigasozwa kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, ryitezweho kuzagaragaza igipimo cy’imibereho y’abaturarwanda ndetse n’umubare wabo n’uw’Abanyarwanda bose.

Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), Yvan Murenzi, mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa Mbere tariki 29 Kanama mbere y’umunsi umwe ngo ibarura risozwe, yavuze ko icyo gihe iki gikorwa cyari kigeze kuri 99% by’ingo zagombaga kubarurwa.

Ati “Ku buryo duteganya ko amakuru tuzaba dufite ashobora gutangazwa mu mpera z’ukwa cumi (Ukwakira) ukwa cumi na kumwe (Ugushyingo) tuzaba turi tayari.”

Yvan Murenzi avuga ko hari abaturage bamwe na bamwe bagiye bananiza abakarani b’ibarura, ati “Ushobora gusanga nko mu gapande k’ibarura hari abantu nka batatu twakomeje kubura ntiduhuze, amasaha yaduha ntayubahirize cyangwa ntaboneke.”

Avuga kandi ko hari n’abantu bamwe na bamwe banze kwitabira iki gikorwa cy’ibarura, ariko ko ari bacye. Ati “Ariko n’iyo yaba umwe ahantu mu Mudugudu na we turakomeza tukamwegera.”

Akomeza avuga ko hari n’imbogamizi yo kuba hari ingo zagiye zibagirana ariko na zo atari nyinshi, ati “Hari ahantu mu gipangu hari nk’ingo eshanu tukaba twaribeshye wenda tukibaza ko hari enye.”

NISR itangaza ko iki gipimo cya 99% cyari kigezweho tariki 29 Kanama, gishimishije kuko mu bipimo mpuzamahanga, ibarura rusange nk’iri ritagomba kujya munsi ya 95% by’ababarurwa.

Nyuma yuko iki gikorwa cyo kwegeranya amakuru muri iri barura rusange gisojwe kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, hazakurikiraho igikorwa cyo gusesengura no kugenzura amakuru azaba yaratanzwe kizabera mu Midugudu imwe yatoranyijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Huye: Abagabo bane bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 68 bavuze icyo bamuhoye

Next Post

Umuyobozi w’Iperereza muri RDF yasuye ingabo ziri muri Centrafrique

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi w’Iperereza muri RDF yasuye ingabo ziri muri Centrafrique

Umuyobozi w’Iperereza muri RDF yasuye ingabo ziri muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.