Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/01/2026
in SIPORO
0
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru mu ruzinduko rwe ruzenguruka umugabane wa Afurika, rukomeje gukurura imbaga y’abantu ku Isi hose binyuze mu gutambutsa ibiganiro imbonankubone (livestreams) bihoraho.

Uru ruzinduko ruzaba ari inshuro ya mbere iShowSpeed ageze mu Rwanda, igihugu kimaze kwigarurira imitima ya benshi ku ruhando mpuzamahanga kubera ubukerarugendo no kubungabunga ibidukikije. Uru ruzinduko rwa iShowSpeed rushobora kuba undi mwanya wo kwerekana ibyiza bitatse u Rwanda, cyane cyane mu bakiri bato dore ko ari bo benshi bamukurikira.

iShowSpeed ni muntu ki?

iShowSpeed, ufite imyaka 20, abarirwa mu byamamare bikomeye ku mbuga nkoranyambaga mu rubyiruko rw’iki gihe.
Yavukiye i Cincinnati muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangiye atambutsa imikino ya mudasobwa (gaming streamer), aza kwamamara ku rwego rw’Isi bitewe n’imyitwarire ye irimo imbaraga nyinshi, ibisubizo bitunguranye ndetse n’uburyo butangaje yasubizaga abamukurikira.

Yatangiye gushyira amashusho ku mbuga nkoranyambaga mu mpera za 2010, ariko izina rye riratumbagira cyane mu gihe cya COVID-19, ubwo gutambutsa ibiganiro bya live byari byafashe intera ku Isi.

Imyitwarire ye yuzuye urwenya n’uburyo agaragaza ibintu uko abyumva byamuhesheje igikundiro. Nyuma yaho, yaguye ibikorwa bye ajya mu muziki, gusesengura umupira w’amaguru, ibiganiro bya live ari hanze (IRL livestreams) ndetse n’ingendo mpuzamahanga.

Uyu munsi, iShowSpeed afite abakurikira babarirwa muri za miriyoni nyinshi ku mbuga zitandukanye, kandi kenshi ibiganiro bye bya live bikurikirwa n’abantu ibihumbi magana. Ubwamamare bwe bwatumye agirana ubufatanye n’ibyamamare bikomeye mu mupira w’amaguru nka Cristiano Ronaldo, yitabira amarushanwa akomeye ndetse agazenguruka imigabane itandukanye ku Isi, byose abinyujije mu gutambutsa ibiganiro bya live.

iShowSpeed ubwo yasozaga uruzinduko rwe muri Botswana, yatangaje mu kiganiro cya live ko kimwe mu bikorwa ateganya gukora ageze mu Rwanda ari gusura ingagi (gorilla trekking) muri Pariki y’Igihugu ya Virunga. Aya magambo yahise ashimisha cyane Abanyarwanda n’abakunda ubukerarugendo.

Amakuru aturuka hafi ye avuga ko iShowSpeed ateganyijwe kuzagaragara ku mukino wa Super Cup uzahuza Rayon Sports WFC na Indahangarwa WFC kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama.

Nubwo gahunda ye yose mu Rwanda itaratangazwa ku mugaragaro, biteganyijwe ko ibiganiro bye bya live bizagaragaramo guhura n’abafana, gusura Umujyi wa Kigali, ndetse n’ingendo zishoboka mu pariki z’igihugu cyangwa ahantu ndangamateka n’umuco w’u Rwanda.

Uru ruzinduko rushobora kuba amahirwe akomeye yo kumenyekanisha u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, by’umwihariko mu rubyiruko rwo ku Isi rukurikira iShowSpeed ku mbuga nkoranyambaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 10 =

Previous Post

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Next Post

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.