Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ikizazana umuyobozi ukomeye muri America uzagenderera u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye ikizazana umuyobozi ukomeye muri America uzagenderera u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken ategerejwe mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko bivugwa ko rugamije guhosha umwuka mubi uri hagati y’ibi Bihugu byombi [Rwanda na DRC].

Ikinyamakuru The Africa Report kivuga ko Antony Blinken azagenderera u Rwanda na DRC mu kwezi gutaha mu hagati.

Blinken ugiye kugirira uruzinduko rwa kabiri muri Africa nyuma yuko asuye Kenya, Nigeria na Senegal mu kwezi k’Ugushyingo 2021, bimwe mu bizaba bimugenza mu Rwanda no muri DRC, birimo ibibazo by’umutwe wa M23, iby’amatora ateganyijwe muri Congo ndetse n’amasezerano y’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, Blinken yari yakiriye intumwa zari zoherejwe na Felix Tshisekedi, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Christophe Lutundula.

Bimwe mu byaganiriweho muri ibi biganiro byabereye i Washingtono, ni ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kwibasira uburasirazuba rwa DRC ubwo icyo gihe Umutwe wa M23 wari ukomeje gukubita inshuro FARDC ari na ko wafataga ibice bimwe byo muri Congo.

Mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano n’amahoro kabaye mu ntangiro z’ukwezi gushize, Linda Thomas Greenfield uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko Igihugu cye cyifuza ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ziyoboka ibiganiro mu gushaka umuti w’ibibazo byari bimaze igihe bitutumba hagati y’Ibihugu byombi.

Antony Blinken agiye kugenderera u Rwanda na DRC mu gihe ku wa Mbere w’iki cyumweru, umuvugizi we Ned Price, yatangaje ko Guverinoma ya USA izaganira n’Inteko Ishinga Amategeko y’iki Gihugu ku busabe bwatanzwe na Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, yasabye ko iki Gihugu cyahagarika inkunga kigenera u Rwanda ngo kuko giteza umutekano mucye muri Congo.

Ubu busabe bwatanazwe na Perezida wa Komisiyo ishinzwe ububanyi n’Amahanga muri Sena ya USA, Robert Merendez uherutse kwandikira Blinken amusobanurira ko u Rwanda rutera inkunga M23, bityo ko hari impungenge ko inkunga baruha ishobora kwifashishwa muri ibi bikorwa bihugabanya umutekano w’Igihugu cy’igituranyi.

Ni ibirego u Rwanda rwamaganye kuva cyera, ruvuga ko ibibazo bya M23 bireba Congo ubwayo ndetse ko uyu mutwe ugizwe n’Abanye-Congo bafite ibyo barwanira kandi byagiye byirengagizwa na Leta yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

Igisubizo cyahawe Umunyamakuru wacu wagiye kuri Hoteli y’i Rubavu ivugwaho gucumbikira Abasirikare ba MONUSCO bahunze

Next Post

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.