Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ikizazana umuyobozi ukomeye muri America uzagenderera u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye ikizazana umuyobozi ukomeye muri America uzagenderera u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken ategerejwe mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko bivugwa ko rugamije guhosha umwuka mubi uri hagati y’ibi Bihugu byombi [Rwanda na DRC].

Ikinyamakuru The Africa Report kivuga ko Antony Blinken azagenderera u Rwanda na DRC mu kwezi gutaha mu hagati.

Blinken ugiye kugirira uruzinduko rwa kabiri muri Africa nyuma yuko asuye Kenya, Nigeria na Senegal mu kwezi k’Ugushyingo 2021, bimwe mu bizaba bimugenza mu Rwanda no muri DRC, birimo ibibazo by’umutwe wa M23, iby’amatora ateganyijwe muri Congo ndetse n’amasezerano y’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, Blinken yari yakiriye intumwa zari zoherejwe na Felix Tshisekedi, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Christophe Lutundula.

Bimwe mu byaganiriweho muri ibi biganiro byabereye i Washingtono, ni ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kwibasira uburasirazuba rwa DRC ubwo icyo gihe Umutwe wa M23 wari ukomeje gukubita inshuro FARDC ari na ko wafataga ibice bimwe byo muri Congo.

Mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano n’amahoro kabaye mu ntangiro z’ukwezi gushize, Linda Thomas Greenfield uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko Igihugu cye cyifuza ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ziyoboka ibiganiro mu gushaka umuti w’ibibazo byari bimaze igihe bitutumba hagati y’Ibihugu byombi.

Antony Blinken agiye kugenderera u Rwanda na DRC mu gihe ku wa Mbere w’iki cyumweru, umuvugizi we Ned Price, yatangaje ko Guverinoma ya USA izaganira n’Inteko Ishinga Amategeko y’iki Gihugu ku busabe bwatanzwe na Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, yasabye ko iki Gihugu cyahagarika inkunga kigenera u Rwanda ngo kuko giteza umutekano mucye muri Congo.

Ubu busabe bwatanazwe na Perezida wa Komisiyo ishinzwe ububanyi n’Amahanga muri Sena ya USA, Robert Merendez uherutse kwandikira Blinken amusobanurira ko u Rwanda rutera inkunga M23, bityo ko hari impungenge ko inkunga baruha ishobora kwifashishwa muri ibi bikorwa bihugabanya umutekano w’Igihugu cy’igituranyi.

Ni ibirego u Rwanda rwamaganye kuva cyera, ruvuga ko ibibazo bya M23 bireba Congo ubwayo ndetse ko uyu mutwe ugizwe n’Abanye-Congo bafite ibyo barwanira kandi byagiye byirengagizwa na Leta yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 10 =

Previous Post

Igisubizo cyahawe Umunyamakuru wacu wagiye kuri Hoteli y’i Rubavu ivugwaho gucumbikira Abasirikare ba MONUSCO bahunze

Next Post

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Related Posts

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

by radiotv10
27/11/2025
0

The year 2050 may seem far away, but it is closer than most people think. For Gen Z, who today...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

by radiotv10
27/11/2025
0

In every society, peace is not just the absence of war; it is the presence of unity, justice, and understanding....

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano
IBYAMAMARE

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

27/11/2025
Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.