Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye impamvu Leta yashyize ku isoko Laboratwari y’Igihugu ikora imiti iri i Huye

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye impamvu Leta yashyize ku isoko Laboratwari y’Igihugu ikora imiti iri i Huye
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Rwanda yashyize ku isoko Latoratwari y’Igihugu ikora imiti yari izwi nka LABOPHAR iri mu Karere ka Huye, mu rwego rwo kunoza imikorere yayo.

Iyi Laboratwari ikora imiti ya LABOPHAR isanzwe ari iy’Igihugu, yashinzwe mu rwego rwo kugabanya imiti u Rwanda rusanzwe rutumiza mu mahanga.

Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), kivuga ko iyi Laboratwari yamaze gushyirwa ku isoro kugira ngo yegurirwe abikorera.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, gitangaza ko gushyira ku isoko iyi Laboratwari, biri mu rwego rwo kwegurira abikorera bimwe mu bikorwa bisanzwe ari ibya Leta mu rwego rwo kongera umusaruro wabyo.

Iyi Laboratwari y’Igihugu ya LABOPHAR, yashinzwe mu 1981, yagiye ifasha abanyeshuri bigaga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’imiti (Pharmacy) kwimenyereza umwuga.

Nyuma y’uko hasohotse Itegeko no 54/2010 ryasohotse mu igazeti ya Leta yo muri 2011 yashyizeho Ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima (RBC), byatumye iyi Laboratwari igengwa n’iki Kigo cy’Igihugu cy’ubuzima ihita iba MPD (Midical Production Division).

Iyi Laboratwari muri 2013 yari imaze kugera ku rwego rushimishije kuko yabashaga gutunganya ubwoko 32 bw’imiti ariko nyuma iza kugera ku bushobozi bwo gukora imiti itarengeje ibiri gusa.

Ibi byatewe no kuba iki kigo cyaje guhurizwa hamwe n’ ikigo cy’igihugu cyatumizaga imiti hanze kizwi nka Camerwa na cyo kitwa MPDD (Medical Procurement and Distribution Division), bituma abakozi b’iyi Laboratwari bahagarikwa.

Muri 2019, abagize Inteko Ishinga Amategeko bari batoye umushinga w’itegeko rigenga imikorere ya RBC wo gutandukanya iki Kigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima  n’ishami ryacyo rishinzwe kugura, gukora no gukwirakwiza imiti (MPPD).

Iri tegeko ryateganyaga ko ishyirwaho ry’ikigo gishya, kizakomatanya inshingano za MPPD n’iza Laboratwari y’igihugu ikora imiti (LABOPHAR)  na Farumasi z’Uturere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

AMAFOTO: Amavubi yageze muri S.Africa yiteguye guha ibyishimo Abanyarwanda

Next Post

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.