Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye impamvu Leta yashyize ku isoko Laboratwari y’Igihugu ikora imiti iri i Huye

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye impamvu Leta yashyize ku isoko Laboratwari y’Igihugu ikora imiti iri i Huye
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Rwanda yashyize ku isoko Latoratwari y’Igihugu ikora imiti yari izwi nka LABOPHAR iri mu Karere ka Huye, mu rwego rwo kunoza imikorere yayo.

Iyi Laboratwari ikora imiti ya LABOPHAR isanzwe ari iy’Igihugu, yashinzwe mu rwego rwo kugabanya imiti u Rwanda rusanzwe rutumiza mu mahanga.

Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), kivuga ko iyi Laboratwari yamaze gushyirwa ku isoro kugira ngo yegurirwe abikorera.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, gitangaza ko gushyira ku isoko iyi Laboratwari, biri mu rwego rwo kwegurira abikorera bimwe mu bikorwa bisanzwe ari ibya Leta mu rwego rwo kongera umusaruro wabyo.

Iyi Laboratwari y’Igihugu ya LABOPHAR, yashinzwe mu 1981, yagiye ifasha abanyeshuri bigaga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’imiti (Pharmacy) kwimenyereza umwuga.

Nyuma y’uko hasohotse Itegeko no 54/2010 ryasohotse mu igazeti ya Leta yo muri 2011 yashyizeho Ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima (RBC), byatumye iyi Laboratwari igengwa n’iki Kigo cy’Igihugu cy’ubuzima ihita iba MPD (Midical Production Division).

Iyi Laboratwari muri 2013 yari imaze kugera ku rwego rushimishije kuko yabashaga gutunganya ubwoko 32 bw’imiti ariko nyuma iza kugera ku bushobozi bwo gukora imiti itarengeje ibiri gusa.

Ibi byatewe no kuba iki kigo cyaje guhurizwa hamwe n’ ikigo cy’igihugu cyatumizaga imiti hanze kizwi nka Camerwa na cyo kitwa MPDD (Medical Procurement and Distribution Division), bituma abakozi b’iyi Laboratwari bahagarikwa.

Muri 2019, abagize Inteko Ishinga Amategeko bari batoye umushinga w’itegeko rigenga imikorere ya RBC wo gutandukanya iki Kigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima  n’ishami ryacyo rishinzwe kugura, gukora no gukwirakwiza imiti (MPPD).

Iri tegeko ryateganyaga ko ishyirwaho ry’ikigo gishya, kizakomatanya inshingano za MPPD n’iza Laboratwari y’igihugu ikora imiti (LABOPHAR)  na Farumasi z’Uturere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 13 =

Previous Post

AMAFOTO: Amavubi yageze muri S.Africa yiteguye guha ibyishimo Abanyarwanda

Next Post

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.