Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye impamvu Miss Muheto amaze iminsi irenga 40 atarahabwa igihembo cy’imodoka

radiotv10by radiotv10
03/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
3
Hamenyekanye impamvu Miss Muheto amaze iminsi irenga 40 atarahabwa igihembo cy’imodoka
Share on FacebookShare on Twitter

Igihembo nyamukuru gihabwa umukobwa wahize abandi mu bwiza bw’umubiri, umuco n’ubwenge, bisanzwe bizwi ko ari imodoka, ubundi yahabwaga Nyampinga w’u Rwanda ku munsi yegukaniyeho ikamba, gusa kuri Nshuti Muheto Divine iminsi ibaye hafi 45 atarayihabwa.

Mu marushanwa yabaye mu myaka yatambutse, imodoka yahabwaga umukobwa wegukanye ikamba rya Miss Rwanda, yabanzaga kumurikirwa Abanyarwanda ndetse ikazanwa ahabereye igikorwa cya nyuma y’iri rushanwa, ndetse ubaye Miss Rwanda agashyikirizwa urufunguzo n’ibyangombwa by’icyo kinyabiziga.

Kuri Miss Muheto Nshuti Divine wegukanye ikamba ry’uyu mwaka, si ko byagenze kuko abari bakurikiranye final bategereje ko uyu mukobwa ajya kwerekwa imodoka yatsindiye, baraheba.

Ubwo hatangizwaga ibikorwa by’iri rushanwa, abategura irushanwa rya Miss Rwanda ndetse n’umuterankunga wa Hundai, bari batangaje Miss Rwanda 2022 azahembwa imodoka nshya ya Hyundai Venue izaba ari yo ya mbere y’ubu bwoko izaba igeze mu Rwanda bwa mbere.

Iyi modoka isanzwe ifita agaciro k’ibihumbi 20$ (Hafi Miliyoni 20 Frw) itataragera mu Rwanda ku buryo iramutse igeze mu Rwanda agaciro kayo kakwiyongera cyane.

Umuyobozi wa Hyundai Rwanda, Mugabo Olivier Nizeyimana yabwiye Ikinyamakuru Inyarwanda ko iyi modoka itaragera mu Rwanda ndetse ko ibyo gutinda kuhagera byari bizwi n’abategura iri rushanwa rya Miss Rwanda.

Yavuze ko icyatumye itinda kuza ari imirimo yo gusana icyambu cya Dar es Salaam aho yatumye bimwe mu bicuruzwa binyura kuri iki cyambu bitinda mu nzira.

Ati “Abari bashinzwe gutegura Miss Rwanda bari babizi usibye ko na yo [Imodoka] yabashije gupakururwa noneho.”

Olivier avuga ko iki cyumweru kizasiga iyi modoka yarageze mu Rwanda ariko ko ibyo kuzahabwa Miss Rwanda 2022 byo biri mu maboko y’abategura iri rushanwa.

Mu mpera za Werurwe ubwo Miss Muheto yari amaze kwegukana ikamba, ubuyobozi bwa Hyundai bwari bwararikiye uyu mukobwa ko mu minsi ya vuba agomba kuzahabwa iki gihembo nyamukuru cy’imodoka.

Congratulations to Miss Rwanda 2022 NSHUTI MUHETO DIVINE. @hyundairwanda is proud to give you the winning prize of the competition #hyundaivenue ! We wish you all the best in this coming year, and all the best in your projects. pic.twitter.com/Yvk64vSmca

— Hyundai Rwanda (@HyundaiRwanda) March 21, 2022

Muheto wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2022

RADIOTV10

Comments 3

  1. Aime says:
    4 years ago

    Shyiraho ya video Olivier ari kuvugira kuri Instagram ngo Miss azaze afate imodoka ye mu cyumweru cyari bukurikireho.

    Reply
  2. Kevin says:
    4 years ago

    Nyamara sinzi njye MBA niyumvamo akantu ko PRInCE KID Ari mu mukino atazi mbivuge neza Ari mu ka gambane why always girls ? YKEE BENDA yabivuze neza kabisa, why are we always giving power to girls and we are forgetting boys yet they will be husbands for those girls?? Prince kid 🚨 uko mbyiyumvamo ararengana and that man he helped many people especially girls and there are some people who minded that he has alot of money yet he has nothing NIBYO ARI KUZIRA “NIHITIRAGA”

    Reply
  3. Kevin says:
    4 years ago

    Nyamara sinzi njye MBA niyumvamo akantu ko PRInCE KID Ari mu mukino atazi mbivuge neza Ari mu ka gambane why always girls ? YKEE BENDA yabivuze neza kabisa, why are we always giving power to girls and we are forgetting boys yet they will be husbands for those girls?? Prince kid 🚨 uko mbyiyumvamo ararengana and that man he helped many people especially girls and there are some people who minded that he has alot of money yet he has nothing NIBYO ARI KUZIRA “NIHITIRAGA”

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 18 =

Previous Post

Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Next Post

Musanze: Agahinda k’uwafashwe ku ngufu n’abambuzi akaba atwite inda y’amezi 4 atazi nyirayo

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Musanze: Agahinda k’uwafashwe ku ngufu n’abambuzi akaba atwite inda y’amezi 4 atazi nyirayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.