Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye impamvu Miss Muheto amaze iminsi irenga 40 atarahabwa igihembo cy’imodoka

radiotv10by radiotv10
03/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
3
Hamenyekanye impamvu Miss Muheto amaze iminsi irenga 40 atarahabwa igihembo cy’imodoka
Share on FacebookShare on Twitter

Igihembo nyamukuru gihabwa umukobwa wahize abandi mu bwiza bw’umubiri, umuco n’ubwenge, bisanzwe bizwi ko ari imodoka, ubundi yahabwaga Nyampinga w’u Rwanda ku munsi yegukaniyeho ikamba, gusa kuri Nshuti Muheto Divine iminsi ibaye hafi 45 atarayihabwa.

Mu marushanwa yabaye mu myaka yatambutse, imodoka yahabwaga umukobwa wegukanye ikamba rya Miss Rwanda, yabanzaga kumurikirwa Abanyarwanda ndetse ikazanwa ahabereye igikorwa cya nyuma y’iri rushanwa, ndetse ubaye Miss Rwanda agashyikirizwa urufunguzo n’ibyangombwa by’icyo kinyabiziga.

Kuri Miss Muheto Nshuti Divine wegukanye ikamba ry’uyu mwaka, si ko byagenze kuko abari bakurikiranye final bategereje ko uyu mukobwa ajya kwerekwa imodoka yatsindiye, baraheba.

Ubwo hatangizwaga ibikorwa by’iri rushanwa, abategura irushanwa rya Miss Rwanda ndetse n’umuterankunga wa Hundai, bari batangaje Miss Rwanda 2022 azahembwa imodoka nshya ya Hyundai Venue izaba ari yo ya mbere y’ubu bwoko izaba igeze mu Rwanda bwa mbere.

Iyi modoka isanzwe ifita agaciro k’ibihumbi 20$ (Hafi Miliyoni 20 Frw) itataragera mu Rwanda ku buryo iramutse igeze mu Rwanda agaciro kayo kakwiyongera cyane.

Umuyobozi wa Hyundai Rwanda, Mugabo Olivier Nizeyimana yabwiye Ikinyamakuru Inyarwanda ko iyi modoka itaragera mu Rwanda ndetse ko ibyo gutinda kuhagera byari bizwi n’abategura iri rushanwa rya Miss Rwanda.

Yavuze ko icyatumye itinda kuza ari imirimo yo gusana icyambu cya Dar es Salaam aho yatumye bimwe mu bicuruzwa binyura kuri iki cyambu bitinda mu nzira.

Ati “Abari bashinzwe gutegura Miss Rwanda bari babizi usibye ko na yo [Imodoka] yabashije gupakururwa noneho.”

Olivier avuga ko iki cyumweru kizasiga iyi modoka yarageze mu Rwanda ariko ko ibyo kuzahabwa Miss Rwanda 2022 byo biri mu maboko y’abategura iri rushanwa.

Mu mpera za Werurwe ubwo Miss Muheto yari amaze kwegukana ikamba, ubuyobozi bwa Hyundai bwari bwararikiye uyu mukobwa ko mu minsi ya vuba agomba kuzahabwa iki gihembo nyamukuru cy’imodoka.

Congratulations to Miss Rwanda 2022 NSHUTI MUHETO DIVINE. @hyundairwanda is proud to give you the winning prize of the competition #hyundaivenue ! We wish you all the best in this coming year, and all the best in your projects. pic.twitter.com/Yvk64vSmca

— Hyundai Rwanda (@HyundaiRwanda) March 21, 2022

Muheto wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2022

RADIOTV10

Comments 3

  1. Aime says:
    4 years ago

    Shyiraho ya video Olivier ari kuvugira kuri Instagram ngo Miss azaze afate imodoka ye mu cyumweru cyari bukurikireho.

    Reply
  2. Kevin says:
    4 years ago

    Nyamara sinzi njye MBA niyumvamo akantu ko PRInCE KID Ari mu mukino atazi mbivuge neza Ari mu ka gambane why always girls ? YKEE BENDA yabivuze neza kabisa, why are we always giving power to girls and we are forgetting boys yet they will be husbands for those girls?? Prince kid 🚨 uko mbyiyumvamo ararengana and that man he helped many people especially girls and there are some people who minded that he has alot of money yet he has nothing NIBYO ARI KUZIRA “NIHITIRAGA”

    Reply
  3. Kevin says:
    4 years ago

    Nyamara sinzi njye MBA niyumvamo akantu ko PRInCE KID Ari mu mukino atazi mbivuge neza Ari mu ka gambane why always girls ? YKEE BENDA yabivuze neza kabisa, why are we always giving power to girls and we are forgetting boys yet they will be husbands for those girls?? Prince kid 🚨 uko mbyiyumvamo ararengana and that man he helped many people especially girls and there are some people who minded that he has alot of money yet he has nothing NIBYO ARI KUZIRA “NIHITIRAGA”

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 19 =

Previous Post

Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Next Post

Musanze: Agahinda k’uwafashwe ku ngufu n’abambuzi akaba atwite inda y’amezi 4 atazi nyirayo

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Musanze: Agahinda k’uwafashwe ku ngufu n’abambuzi akaba atwite inda y’amezi 4 atazi nyirayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.