Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye impamvu Miss Muheto amaze iminsi irenga 40 atarahabwa igihembo cy’imodoka

radiotv10by radiotv10
03/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
3
Hamenyekanye impamvu Miss Muheto amaze iminsi irenga 40 atarahabwa igihembo cy’imodoka
Share on FacebookShare on Twitter

Igihembo nyamukuru gihabwa umukobwa wahize abandi mu bwiza bw’umubiri, umuco n’ubwenge, bisanzwe bizwi ko ari imodoka, ubundi yahabwaga Nyampinga w’u Rwanda ku munsi yegukaniyeho ikamba, gusa kuri Nshuti Muheto Divine iminsi ibaye hafi 45 atarayihabwa.

Mu marushanwa yabaye mu myaka yatambutse, imodoka yahabwaga umukobwa wegukanye ikamba rya Miss Rwanda, yabanzaga kumurikirwa Abanyarwanda ndetse ikazanwa ahabereye igikorwa cya nyuma y’iri rushanwa, ndetse ubaye Miss Rwanda agashyikirizwa urufunguzo n’ibyangombwa by’icyo kinyabiziga.

Kuri Miss Muheto Nshuti Divine wegukanye ikamba ry’uyu mwaka, si ko byagenze kuko abari bakurikiranye final bategereje ko uyu mukobwa ajya kwerekwa imodoka yatsindiye, baraheba.

Ubwo hatangizwaga ibikorwa by’iri rushanwa, abategura irushanwa rya Miss Rwanda ndetse n’umuterankunga wa Hundai, bari batangaje Miss Rwanda 2022 azahembwa imodoka nshya ya Hyundai Venue izaba ari yo ya mbere y’ubu bwoko izaba igeze mu Rwanda bwa mbere.

Iyi modoka isanzwe ifita agaciro k’ibihumbi 20$ (Hafi Miliyoni 20 Frw) itataragera mu Rwanda ku buryo iramutse igeze mu Rwanda agaciro kayo kakwiyongera cyane.

Umuyobozi wa Hyundai Rwanda, Mugabo Olivier Nizeyimana yabwiye Ikinyamakuru Inyarwanda ko iyi modoka itaragera mu Rwanda ndetse ko ibyo gutinda kuhagera byari bizwi n’abategura iri rushanwa rya Miss Rwanda.

Yavuze ko icyatumye itinda kuza ari imirimo yo gusana icyambu cya Dar es Salaam aho yatumye bimwe mu bicuruzwa binyura kuri iki cyambu bitinda mu nzira.

Ati “Abari bashinzwe gutegura Miss Rwanda bari babizi usibye ko na yo [Imodoka] yabashije gupakururwa noneho.”

Olivier avuga ko iki cyumweru kizasiga iyi modoka yarageze mu Rwanda ariko ko ibyo kuzahabwa Miss Rwanda 2022 byo biri mu maboko y’abategura iri rushanwa.

Mu mpera za Werurwe ubwo Miss Muheto yari amaze kwegukana ikamba, ubuyobozi bwa Hyundai bwari bwararikiye uyu mukobwa ko mu minsi ya vuba agomba kuzahabwa iki gihembo nyamukuru cy’imodoka.

Congratulations to Miss Rwanda 2022 NSHUTI MUHETO DIVINE. @hyundairwanda is proud to give you the winning prize of the competition #hyundaivenue ! We wish you all the best in this coming year, and all the best in your projects. pic.twitter.com/Yvk64vSmca

— Hyundai Rwanda (@HyundaiRwanda) March 21, 2022

Muheto wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2022

RADIOTV10

Comments 3

  1. Aime says:
    4 years ago

    Shyiraho ya video Olivier ari kuvugira kuri Instagram ngo Miss azaze afate imodoka ye mu cyumweru cyari bukurikireho.

    Reply
  2. Kevin says:
    4 years ago

    Nyamara sinzi njye MBA niyumvamo akantu ko PRInCE KID Ari mu mukino atazi mbivuge neza Ari mu ka gambane why always girls ? YKEE BENDA yabivuze neza kabisa, why are we always giving power to girls and we are forgetting boys yet they will be husbands for those girls?? Prince kid 🚨 uko mbyiyumvamo ararengana and that man he helped many people especially girls and there are some people who minded that he has alot of money yet he has nothing NIBYO ARI KUZIRA “NIHITIRAGA”

    Reply
  3. Kevin says:
    4 years ago

    Nyamara sinzi njye MBA niyumvamo akantu ko PRInCE KID Ari mu mukino atazi mbivuge neza Ari mu ka gambane why always girls ? YKEE BENDA yabivuze neza kabisa, why are we always giving power to girls and we are forgetting boys yet they will be husbands for those girls?? Prince kid 🚨 uko mbyiyumvamo ararengana and that man he helped many people especially girls and there are some people who minded that he has alot of money yet he has nothing NIBYO ARI KUZIRA “NIHITIRAGA”

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 11 =

Previous Post

Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Next Post

Musanze: Agahinda k’uwafashwe ku ngufu n’abambuzi akaba atwite inda y’amezi 4 atazi nyirayo

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Musanze: Agahinda k’uwafashwe ku ngufu n’abambuzi akaba atwite inda y’amezi 4 atazi nyirayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.