Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

radiotv10by radiotv10
18/03/2023
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi 15 y’uku kwezi kwa Werurwe 2023, ibiza byahitanye abantu 11, barimo barindwi (7) bishwe n’inkuba, n’abandi bishwe bitewe n’ibiza biturutse ku mvura nyinshi.

Byatangajwe na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) nyuma y’iminsi hagwa imvura nyinshi mu bice bitandukanye by’Igihugu yaguye muri uku kwezi kwa Werurwe kugeza ku itariki ya 15.

Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kandi itangaza ko abandi bantu 48 bakomerekeye muri ibi biza bifitanye isano n’imvura.

Muri aba bantu 11 kandi bishwe n’ibiza, uretse aba barindwi (7) bishwe n’inkuba, harimo kandi abandi batatu bapfuye batembanywe n’umuvu, undi umwe yicwa n’inkongi y’umuriro.

Nanone kandi muri aba 48 bakomeretse muri iyi minsi 15 y’uku kwezi, abenshi ni abakomerekejwe n’inkuba kuko ari 35, mu gihe abandi icumi (10) bakomeretse bitewe n’amahindu, abandi babiri bagakomereka kubera umuvu w’amazi y’imvura.

Iyi Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kandi itangaza ko muri iyi minsi 15 y’ukwezi kwa gatatu, hangiritse inzu 335 zirimo izangijwe n’inkangu, imyuzure, izangijwe n’inkongi y’umuriro ndetse n’izangijwe n’amahindu.

Mu bindi byangijwe n’ibiza, harimo ibyumba by’amashuri 19, amateme umunani (8) ndetse amatungo 20 akaba yarahaburiye ubuzima.

Ikigo cy’Igihugu cy’iteganyagihe kimaze iminsi gitangaza ko muri ibi bihe hateganyijwe imvura nyinshi ivanzemo n’umuyaga ndetse n’inkuba, byatumye MINEMA ikagira inama abantu kwitwararika, bakirinda gukora ingendo mu gihe imvura iri kugwa.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kandi isaba abantu kuzirika ibisenge by’inzu kugira ngo zidatwarwa n’umuyaga mwinshi, ndetse no kubahiriza amabwiriza yabarinda gutuma bakubitwa n’inkuba; nko kwirinda kugama munsi y’ibiti ndetse no kugenda mu gihe imvura iri kugwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa

Next Post

Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba

Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.