Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye umunsi abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazagerera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye umunsi abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazagerera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu Banyamategeko bunganira abimukira barebwa n’amasezerano yasinywe hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda ndetse n’imiryango itari iya Leta, biyambaje Urukiko batambamira iki cyemezo, Urukiko Rukuru rwemeje ko ntacyabuza aba bimukira koherezwa mu Rwanda ndetse ko mu cyumweru gitaha ari bwo bazatangira koherezwa.

Aba banyamategeko bari mu bateye hejuru bamagana iyi gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda igamije gusigasira ubuzima bw’Abimukira n’abashaka ubuhungiro bakomeje kugarizwa n’ibibazo.

Abasesenguzi bemezaga ko kuba aba banyamategeko batifuza ko iyi gahunda ibaho, ari uko igiye kubima umugati kuko bari kuzakorera amafaranga menshi mu birego byo kubunganira bashaka ubuhungiro.

Mu kirego cyatanzwe n’aba banyamategeko bafatanyije na sendika izwi nka PCS ndetse n’indi miryango itari iya Leta, basabaga urukiko gutesha agaciro iyi gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Zimwe mu mpamvu batangaga, ni uko hari impungenge ku burenganzira bw’aba bantu bushobora kuzajya mu kaga, bakaba bagirirwa nabi nkuko nabo bakunze kubivuga.

Muri iki kirego bari barezemo Leta y’u Bwongereza, bavugaga ko Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu ribuza iyoherezwa ry’abantu mu Bihugu bishobora kubangamira uburenganzira bwabo bikaba byabakorera iyicarubozo.

Urukiko rwaregewe iki kirego, rwagitesheje agaciro, ruvuga ko nubwo izo mpungenge zagaragajwe n’uru ruhande, zishobora kuzafatirwa umwanya zigasazumwa ariko ko ntacyabuza iyi gahunda gukorwa.

Umucamanza yavuze ko aba bari bareze, mu gihe batanyurwa n’Icyemezo cy’Urukiko bemerewe kukijuririra bitarenze tariki 13 Kamena 2022.

Biteganyijwe ko abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazaza mu Rwanda Tarik 14 Kamena 2022.

Imirimo yo gutunganya hamwe mu hazacumbikirwa aba baturage, yararangiye ndetse ku buryo aba mbere baza bakwakirwa neza.

Mu kwezi gushize, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yagize ati “Haramutse haje 500 ba mbere, twabakira ariko bazagenda baza mu byiciro ariko nta gutungurana kurimo, bazakubwira bati ‘wenda mu byumweru bibiri cyangwa bitatu biri imbere turohereza abantu 300’, niba hari ahandi hantu tugomba gutegura tuhategure.”

Icyo gihe yakomeje agira ati “Mwumve ko igihe icyo ari cyo cyose abantu ba mbere baza, twiteguye kubakira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + sixteen =

Previous Post

Menya impamvu yatumye uruzinduko rwa Papa Francis muri DRCongo rusubikwa

Next Post

Nibura nabashije kumubone turanavugana- Muhoozi yavuze ko Rwigema ari Che Guevara wa Afurika

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nibura nabashije kumubone turanavugana- Muhoozi yavuze ko Rwigema ari Che Guevara wa Afurika

Nibura nabashije kumubone turanavugana- Muhoozi yavuze ko Rwigema ari Che Guevara wa Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.