Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye umunsi abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazagerera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye umunsi abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazagerera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu Banyamategeko bunganira abimukira barebwa n’amasezerano yasinywe hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda ndetse n’imiryango itari iya Leta, biyambaje Urukiko batambamira iki cyemezo, Urukiko Rukuru rwemeje ko ntacyabuza aba bimukira koherezwa mu Rwanda ndetse ko mu cyumweru gitaha ari bwo bazatangira koherezwa.

Aba banyamategeko bari mu bateye hejuru bamagana iyi gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda igamije gusigasira ubuzima bw’Abimukira n’abashaka ubuhungiro bakomeje kugarizwa n’ibibazo.

Abasesenguzi bemezaga ko kuba aba banyamategeko batifuza ko iyi gahunda ibaho, ari uko igiye kubima umugati kuko bari kuzakorera amafaranga menshi mu birego byo kubunganira bashaka ubuhungiro.

Mu kirego cyatanzwe n’aba banyamategeko bafatanyije na sendika izwi nka PCS ndetse n’indi miryango itari iya Leta, basabaga urukiko gutesha agaciro iyi gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Zimwe mu mpamvu batangaga, ni uko hari impungenge ku burenganzira bw’aba bantu bushobora kuzajya mu kaga, bakaba bagirirwa nabi nkuko nabo bakunze kubivuga.

Muri iki kirego bari barezemo Leta y’u Bwongereza, bavugaga ko Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu ribuza iyoherezwa ry’abantu mu Bihugu bishobora kubangamira uburenganzira bwabo bikaba byabakorera iyicarubozo.

Urukiko rwaregewe iki kirego, rwagitesheje agaciro, ruvuga ko nubwo izo mpungenge zagaragajwe n’uru ruhande, zishobora kuzafatirwa umwanya zigasazumwa ariko ko ntacyabuza iyi gahunda gukorwa.

Umucamanza yavuze ko aba bari bareze, mu gihe batanyurwa n’Icyemezo cy’Urukiko bemerewe kukijuririra bitarenze tariki 13 Kamena 2022.

Biteganyijwe ko abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazaza mu Rwanda Tarik 14 Kamena 2022.

Imirimo yo gutunganya hamwe mu hazacumbikirwa aba baturage, yararangiye ndetse ku buryo aba mbere baza bakwakirwa neza.

Mu kwezi gushize, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yagize ati “Haramutse haje 500 ba mbere, twabakira ariko bazagenda baza mu byiciro ariko nta gutungurana kurimo, bazakubwira bati ‘wenda mu byumweru bibiri cyangwa bitatu biri imbere turohereza abantu 300’, niba hari ahandi hantu tugomba gutegura tuhategure.”

Icyo gihe yakomeje agira ati “Mwumve ko igihe icyo ari cyo cyose abantu ba mbere baza, twiteguye kubakira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 15 =

Previous Post

Menya impamvu yatumye uruzinduko rwa Papa Francis muri DRCongo rusubikwa

Next Post

Nibura nabashije kumubone turanavugana- Muhoozi yavuze ko Rwigema ari Che Guevara wa Afurika

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nibura nabashije kumubone turanavugana- Muhoozi yavuze ko Rwigema ari Che Guevara wa Afurika

Nibura nabashije kumubone turanavugana- Muhoozi yavuze ko Rwigema ari Che Guevara wa Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.