Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Haravugwa ubutekamutwe bwakorewe abizezwaga ibitangaza ko bagiye gusezerera ubukene

radiotv10by radiotv10
22/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Haravugwa ubutekamutwe bwakorewe abizezwaga ibitangaza ko bagiye gusezerera ubukene
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Turere tumwe two mu Ntara y’Amajyepfo, baravuga ko hari Kompanyi yabatse amafaranga ibizeza kuzabaha inkoko zo korora, none barazitegereje amaso ahera mu kirere, ndetse n’amafaranga batanze babuze aho bayabariza.

Abagaragarije RADITV10, ni abo mu Turere twa Huye, Gisagara na Ruhango ariko bakavuga ko ari iki kibazo bagisangiye n’abandi borozi b’inkoko benshi barimo n’abo mu tundi Turere tw’igihugu.

Bashinja Kompanyi yitwa Diosol, kuba yari yabizeje gukorana nabo mu bworozi bw’inkoko ndetse n’abandi bari basanzwe bakorana nayo, aho yagiye ibasaba kwishyura amafaranga kugira ngo bazazihabwe, ariko bagategereza bagaheba, ndetse n’umuyobozi wayo bakaba baramubuze.

Umwe yagize ati “Amafaranga bamwe bayatanze kuva mu kwezi kwa gatatu, batwizezaga ko bazaduha inkoko dutegereza amatariki batubwiye turazibura.”

Undi ati “Baduteje ubukene kuko twatanze amafaranga menshi batwizeza ko bazaduha inkoko, tumaze gutanga amafaranga byarangiriye aho, dukomeje gusakuza  umuyobozi w’iyo kompanyi yahise akuraho telefone ubu ntituzi n’aho twamubariza.”

Aba baturage bavuga ko iyi kompanyi yari ifite ibyangombwa byuzuye bibemerera gukorera mu Rwanda, ari na ho bahera basaba ko ikibazo cyabo cyakurikiranwa agashakishwa akishyura amafaranga aba baturage.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ruhango ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, Rusibilana Jean Marie Vianney, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo atari akizi.

Yagize ati “Ntabwo iyo kompanyi nyizi gusa ngiye gukurikirana menye uko ikibazo giteye.”

Nzirabatinya Modeste; Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kirehe ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, aho iyi kompanyi ifite icyicaro, icyakora akavuga ko batazi amakuru y’uyu munyemari Rwema Diogene Gold wayiboraga.

Yagize ati “Rwema ndamuzi ni umujeni wa Kirehe yagiye mu marushanwa atandukanye yo kwihangira imirimo, hari na serivisi atanga z’ubworozi bw’inkoko, ibijyanye n’abantu yambuye ntabyo nzi ngiye gushaka amakuru.”

Nubwo umubare w’abari batanze amafaranga utamenyekanye kuko iki kibazo gihuriweho n’aborozi bo mu bice bitandukanye, amakuru avuga ko abaturage bose bari batumije inkoko ziri hejuru y’igihumbi zihagaze agaciro k’ibihumbi 950 Frw.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 4 =

Previous Post

Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Next Post

Afurika y’Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Afurika y'Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.