Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Haravugwa ubutekamutwe bwakorewe abizezwaga ibitangaza ko bagiye gusezerera ubukene

radiotv10by radiotv10
22/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Haravugwa ubutekamutwe bwakorewe abizezwaga ibitangaza ko bagiye gusezerera ubukene
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Turere tumwe two mu Ntara y’Amajyepfo, baravuga ko hari Kompanyi yabatse amafaranga ibizeza kuzabaha inkoko zo korora, none barazitegereje amaso ahera mu kirere, ndetse n’amafaranga batanze babuze aho bayabariza.

Abagaragarije RADITV10, ni abo mu Turere twa Huye, Gisagara na Ruhango ariko bakavuga ko ari iki kibazo bagisangiye n’abandi borozi b’inkoko benshi barimo n’abo mu tundi Turere tw’igihugu.

Bashinja Kompanyi yitwa Diosol, kuba yari yabizeje gukorana nabo mu bworozi bw’inkoko ndetse n’abandi bari basanzwe bakorana nayo, aho yagiye ibasaba kwishyura amafaranga kugira ngo bazazihabwe, ariko bagategereza bagaheba, ndetse n’umuyobozi wayo bakaba baramubuze.

Umwe yagize ati “Amafaranga bamwe bayatanze kuva mu kwezi kwa gatatu, batwizezaga ko bazaduha inkoko dutegereza amatariki batubwiye turazibura.”

Undi ati “Baduteje ubukene kuko twatanze amafaranga menshi batwizeza ko bazaduha inkoko, tumaze gutanga amafaranga byarangiriye aho, dukomeje gusakuza  umuyobozi w’iyo kompanyi yahise akuraho telefone ubu ntituzi n’aho twamubariza.”

Aba baturage bavuga ko iyi kompanyi yari ifite ibyangombwa byuzuye bibemerera gukorera mu Rwanda, ari na ho bahera basaba ko ikibazo cyabo cyakurikiranwa agashakishwa akishyura amafaranga aba baturage.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ruhango ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, Rusibilana Jean Marie Vianney, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo atari akizi.

Yagize ati “Ntabwo iyo kompanyi nyizi gusa ngiye gukurikirana menye uko ikibazo giteye.”

Nzirabatinya Modeste; Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kirehe ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, aho iyi kompanyi ifite icyicaro, icyakora akavuga ko batazi amakuru y’uyu munyemari Rwema Diogene Gold wayiboraga.

Yagize ati “Rwema ndamuzi ni umujeni wa Kirehe yagiye mu marushanwa atandukanye yo kwihangira imirimo, hari na serivisi atanga z’ubworozi bw’inkoko, ibijyanye n’abantu yambuye ntabyo nzi ngiye gushaka amakuru.”

Nubwo umubare w’abari batanze amafaranga utamenyekanye kuko iki kibazo gihuriweho n’aborozi bo mu bice bitandukanye, amakuru avuga ko abaturage bose bari batumije inkoko ziri hejuru y’igihumbi zihagaze agaciro k’ibihumbi 950 Frw.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Next Post

Afurika y’Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Afurika y'Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.