Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Haravugwa ubutekamutwe bwakorewe abizezwaga ibitangaza ko bagiye gusezerera ubukene

radiotv10by radiotv10
22/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Haravugwa ubutekamutwe bwakorewe abizezwaga ibitangaza ko bagiye gusezerera ubukene
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Turere tumwe two mu Ntara y’Amajyepfo, baravuga ko hari Kompanyi yabatse amafaranga ibizeza kuzabaha inkoko zo korora, none barazitegereje amaso ahera mu kirere, ndetse n’amafaranga batanze babuze aho bayabariza.

Abagaragarije RADITV10, ni abo mu Turere twa Huye, Gisagara na Ruhango ariko bakavuga ko ari iki kibazo bagisangiye n’abandi borozi b’inkoko benshi barimo n’abo mu tundi Turere tw’igihugu.

Bashinja Kompanyi yitwa Diosol, kuba yari yabizeje gukorana nabo mu bworozi bw’inkoko ndetse n’abandi bari basanzwe bakorana nayo, aho yagiye ibasaba kwishyura amafaranga kugira ngo bazazihabwe, ariko bagategereza bagaheba, ndetse n’umuyobozi wayo bakaba baramubuze.

Umwe yagize ati “Amafaranga bamwe bayatanze kuva mu kwezi kwa gatatu, batwizezaga ko bazaduha inkoko dutegereza amatariki batubwiye turazibura.”

Undi ati “Baduteje ubukene kuko twatanze amafaranga menshi batwizeza ko bazaduha inkoko, tumaze gutanga amafaranga byarangiriye aho, dukomeje gusakuza  umuyobozi w’iyo kompanyi yahise akuraho telefone ubu ntituzi n’aho twamubariza.”

Aba baturage bavuga ko iyi kompanyi yari ifite ibyangombwa byuzuye bibemerera gukorera mu Rwanda, ari na ho bahera basaba ko ikibazo cyabo cyakurikiranwa agashakishwa akishyura amafaranga aba baturage.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ruhango ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, Rusibilana Jean Marie Vianney, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo atari akizi.

Yagize ati “Ntabwo iyo kompanyi nyizi gusa ngiye gukurikirana menye uko ikibazo giteye.”

Nzirabatinya Modeste; Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kirehe ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, aho iyi kompanyi ifite icyicaro, icyakora akavuga ko batazi amakuru y’uyu munyemari Rwema Diogene Gold wayiboraga.

Yagize ati “Rwema ndamuzi ni umujeni wa Kirehe yagiye mu marushanwa atandukanye yo kwihangira imirimo, hari na serivisi atanga z’ubworozi bw’inkoko, ibijyanye n’abantu yambuye ntabyo nzi ngiye gushaka amakuru.”

Nubwo umubare w’abari batanze amafaranga utamenyekanye kuko iki kibazo gihuriweho n’aborozi bo mu bice bitandukanye, amakuru avuga ko abaturage bose bari batumije inkoko ziri hejuru y’igihumbi zihagaze agaciro k’ibihumbi 950 Frw.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Next Post

Afurika y’Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Afurika y'Epfo: Hagaragajwe ikihishe inyuma y’impfu z’abana ziri hejuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.