Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

radiotv10by radiotv10
16/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho wanabaye umunyamakuru, yitabye Imana bikekwa ko yazize impanuka nyuma yo gusanga imodoka ye mu murima uherereye i Rubirizi mu nkengero za Bujumbura.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi cyatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 16 Mata 2025, avuga ko urupfu rw’uyu munyapolitiki rwamenyekanye muri iki gitondo.

Iki kinyamakuru gitangaza amakuru yerecyeye ibya politiki, kivuga ko “Gabby Bugaga, Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, wahoze ari n’Umunyamakuru yapfuye urupfu rudasobanutse mu ijoro ryo kuri uyu wa 15 rishyira ku ya 16 Mata.”

Iki kinyamakuru kivuga ko “imodoka ye yabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane i Rubirizi, mu nkengero za Bujumbura” ahasanzwe hakorera Amashami y’Umuryango w’Abibumbye ndetse n‘ubuyobozi bukuru.

Iyi modoka ya nyakwigendera, yasanzwe mu murima w’ibihingwa bizwi nka Palmes bikorwamo amavuta y’amamesa, bikaba bikekwa ko yaba yahageze ikoze impanuka.

Aya makuru avuga ko umurambo wa nyakwigendera wari uri imbere ya volat y’imodoka ye yo mu bwoko bwa Toyota Hilux (4×4), aho wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane saa mbiri zirengah indi minota.

Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, yari yahawe izi nshingano muri Guverinoma y’u Burundi, na Perezida Evariste Ndayishimiye umwaka ushize wa 2025.

Gabby Bugaga yigeze kuba umunyamakuru
Imodoka ye yasanzwe mu murima
Umurambo we wakuwe muri iyi modoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Next Post

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Related Posts

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

by radiotv10
16/04/2026
0

Umunyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi muri Afurika y'Epfo, Julius Malema yakatiwe igifungo cy'imyaka itanu kuwa kane kubera kurasa imbunda mu kirere...

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yayoboye imyitozo y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yo kubigisha kurasa, na we agaragaza ubuhanga bwe,...

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Mu biganiro bimaze iminsi bibera mu Busuwisi, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashyize umukono ku...

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

by radiotv10
15/04/2026
0

During ongoing talks in Switzerland, the AFC/M23 coalition and the Government of the Democratic Republic of Congo have signed an...

DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

by radiotv10
15/04/2026
0

Ihuriro AFC/M23 n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare Croix-Rouge, bashyize umukono ku masezerano yo guhererekanya abasirikare ba FARDC bafashwe n’iri Huriro, kugira...

IZIHERUKA

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?
MU RWANDA

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

by radiotv10
16/04/2026
0

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.