• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

radiotv10by radiotv10
16/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho wanabaye umunyamakuru, yitabye Imana bikekwa ko yazize impanuka nyuma yo gusanga imodoka ye mu murima uherereye i Rubirizi mu nkengero za Bujumbura.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi cyatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 16 Mata 2025, avuga ko urupfu rw’uyu munyapolitiki rwamenyekanye muri iki gitondo.

Iki kinyamakuru gitangaza amakuru yerecyeye ibya politiki, kivuga ko “Gabby Bugaga, Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, wahoze ari n’Umunyamakuru yapfuye urupfu rudasobanutse mu ijoro ryo kuri uyu wa 15 rishyira ku ya 16 Mata.”

Iki kinyamakuru kivuga ko “imodoka ye yabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane i Rubirizi, mu nkengero za Bujumbura” ahasanzwe hakorera Amashami y’Umuryango w’Abibumbye ndetse n‘ubuyobozi bukuru.

Iyi modoka ya nyakwigendera, yasanzwe mu murima w’ibihingwa bizwi nka Palmes bikorwamo amavuta y’amamesa, bikaba bikekwa ko yaba yahageze ikoze impanuka.

Aya makuru avuga ko umurambo wa nyakwigendera wari uri imbere ya volat y’imodoka ye yo mu bwoko bwa Toyota Hilux (4×4), aho wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane saa mbiri zirengah indi minota.

Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, yari yahawe izi nshingano muri Guverinoma y’u Burundi, na Perezida Evariste Ndayishimiye umwaka ushize wa 2025.

Gabby Bugaga yigeze kuba umunyamakuru
Imodoka ye yasanzwe mu murima
Umurambo we wakuwe muri iyi modoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Next Post

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.