Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abagiterwa ipfunwe no kugura udukingirizo: Abakobwa bo ngo ni sakirirego

radiotv10by radiotv10
19/11/2021
in MU RWANDA
0
Hari abagiterwa ipfunwe no kugura udukingirizo: Abakobwa bo ngo ni sakirirego
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bavuga ko badashobora kujya muri butiki kugura agakingirizo kuko iyo hagize ubabona abita indaya by’umwihariko abakobwa bo bavuga ko umukobwa waguze agakingirizo ubwo aba yataye indangagaciro nyarwanda.

Bamwe mu baganiriye na RadioTV10 bavuga ko umuntu ugaragaye agura agakingirizo hari indi sura bamubonamo nyamara kariya gakoresha ari akagomba kumufasha kwikingira kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka SIDA.

Umwe w’igitsinagore yagize ati “Reka reka ntako nagura, ujya kukaka umuntu akazakuvuga ngo uriya mukobwa ni indaya ngo aza hano kugura prudence…ubundi abagabo bajye batugendana.”

Gusa ab’igitsinagabo bo bavuga ko nta muntu wari ukwiye kugira isoni zo kugura agakingirizo kuko kaba ari ako kuramira ubuzima bwe.

Uwavuganye na RadioTV10 yagize ati “Njye ndagakoresha cyane, ndagenda nkababwira ngo mumpe agakingirizo. Bariya baba bitinya bihishahisha bavuga bati ‘umuntu yandeba nabi ngo ngiye gukora imibonano mpuzabitsina…”

Umwe mu bacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko mbere twagurwaga n’abakiri bato cyangwa abasanzwe bakora akazi ko kwicuruza ariko ko ubu byahindutse.

Ati “Mbere wabonaga abantu badukoresha ari urubyiruko nk’abanyeshuri ariko ubu n‘abantu bakuru basigaye baza nk’abubatse ingo bashaka kuboneza urubyaro.”

Tumwe mu dukingirizo dukoreshwa mu Rwanda, ni udutangwa ku buntu n’abaterankunga ndetse n’utwo Leta igenda igeze mu bice binyuranye by’Igihugu hakaba n’utundi tugurirwa mu nzu zicuruza imiti zizwi nka pharmacy.

Umuryango utari uwa Leta wa AHF usanzwe utanga udukingirizo tw’ubuntu, utangaza ko mu mezi 7 ashize hakoreshejwe udukingirizo tungana na miliyoni 4 ariko ko hari intego ko mu mwaka utaha hazatangwa udukingirizo miliyoni 7.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 16 =

Previous Post

Umuvuduko wa 40Km/h ubanza ari nk’uw’abanyamaguru, Polisi yashatse gutubura amafaranga cyane- P.Kagame

Next Post

Akari ku mutima wa Fireman nyuma yo guhanagurwaho icyaha cyari cyatumye akatirwa imyaka 3

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo
MU RWANDA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akari ku mutima wa Fireman nyuma yo guhanagurwaho icyaha cyari cyatumye akatirwa imyaka 3

Akari ku mutima wa Fireman nyuma yo guhanagurwaho icyaha cyari cyatumye akatirwa imyaka 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.