Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi bibumbiye muri ‘Koperative Ejo heza Muhinzi w’Umuceri’ (KEMU), bavuga ko ubuyobozi bwabo bwatangiye kubakata amafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Santé ariko bo bakabona hakiri kare cyane.

Aba bahinzi bavuga ko amafaranga ya mbere, bayabaciye mu kwezi gushize kwa Gashyantare, nyamara bakiri kwivuriza ku misanzu bishyuye umwaka ushize.

Bavuga ko batigeze bagishwa inama cyangwa ngo bamenyeshwe iby’uwo mwanzuro wo kubakata amafaranga ku musaruro wabo ngo bishyurirwe mituweri kandi icyo gihe hari hakiri amezi 5 yo kwivuriza ku yo basanganywe.

Mukasemadari Febronie ati “Babidutura hejuru ntituba twabyumvikanyeho, ubu twarasaruye turagurisha bagiye kuduha borodero baziduha barakase aya mituweri kandi n’ayo twatanze ubushize tukiyivurizaho.”

Abanyamuryango b’iyi Koperative, bavuga ko bazi neza akamaro ka Mituwele, ariko ko gukatwa amafaranga yayo batabibagishijeho inama, ari byo batumva.

Nirere Claudine ati “Bitwicira imibare, n’ubundi umuntu aba azayitanga rwose ariko ntabwo byumvikana uburyo bayikata mu kwa kabiri kandi tuzongera gusarura mu kwa gatandatu, bari kureka kuyakata ubu bakazayakata icyo gihe.”

Twagiramungu Jean uyobora iyi Koperative Ejo heza Muhinzi w’Umuceri na we yemera ko icyemezo cyo gukata abanyamuryango amafaranga ya mituweri, nta ruhare bakigizemo, akavuga ko ubuyobozi bwagifashe bitewe n’uko hari abanganga kuyitanga.

Agira ati “Iyo tubahaye amafaranga yose usanga bagiye bakayarya ntibabone uko bizigamira ubwisungane. Ni bwo buryo rero koperative twavuze tuti reka tujya tuzigamira abanyamuryango bacu, ariko niba hari abatabyishimira dufite inteko rusange vuba ubwo tuzakinyuzamo turebe icyo bakivuga ho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama Nsengiyumva Vincent de Paul ntiyemeranywa n’abavuga ko bishyujwe mituweri hakiri kare kuko niba ubushobozi buhari, nta mpamvu yo gutegereza.

Ati “Turi muri gahunda ivuga ngo ‘reka mbikore kare nzagereyo ntavunitse’. Icyo kuvuga ko ari kare rwose ntabwo ari kare. Baravuga ngo umurimo washobora uyu munsi kuki uwushyira ejo?”

Imibare itangwa n’Ubuyobozi bw’iyi Koperative igaragaza ko abayigize bagera ku 2 315, ndetse ko abakoresha mituweri mu kwivuza bose bamaze kwishyura iya 2025 muri Gashyantare 2024.

Abavuga ko bishyujwe mituweli kare ni abo muri Koperative KEMU
Batangiye gukatwa imisanzu

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 1 =

Previous Post

Hatangajwe ikiri kuganirwaho n’abahagarariye umutwe w’Ingabo zitabara aho rukomeye muri EAC bari mu Rwanda

Next Post

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.