Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

radiotv10by radiotv10
16/06/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200
Share on FacebookShare on Twitter

Abari gukora iperereza ku mpanuka y’indege ya Air India iherutse gukora impanuka igahitana abagenzi 241, babashije kubona agasanduku gafata amajwi, biba intambwe itewe mu gutahura icyateye iyi mpanuka.

Amakuru dukesha BBC kuri uyu wa Mbere tariki 16 Kamena 2025, avuga ko aka gasanduku kazwi nka Cockpit Voice Recorder (CVR) kabonywe n’abari gukora iperereza kuri iyi mpanuka yabaye ku wa Kane tariki 12 Kamena 2025 igahitana abagenzi 241 bari bayirimo, hakarokoka umuntu umwe.

Iyi mpanuka y’indege yo mu bwoko bwa Boeing 787-8 Dreamliner yari yerecyehe i London mu Bwongereza, yahitanye abantu bagera muri 270 barimo bariya 241 bari mu ndege ndetse n’abandi bari hasi aho yaguye.

Aka gasanduku gafata amajwi kabonetse, ni na ko gashobora kuzatuma abakora iperereza bumva amajwi y’umupilote y’ibiganiro yagiranaga n’abari bayoboye uru rugendo kimwe n’andi majwi y’abari bayirimo kimwe no mu nkengero zayo.

Aka gasanduku gafata amajwi kabonetse ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, ni ingenzi mu gukusanya amakuru ku cyateye iyi mpanuka, byumwihariko kumenya ubutumburuke yari imaze kugeraho, umuvuduko yari iriho, ndetse n’imikorere ya moteri yayo.

Aka gasanduku gafata amajwi kazwi nka CVR kimwe na FDR (Flight Data Recorder), byombi iyo bihuye bibyara agasanduku k’amakuru y’ibanga y’indege kazwi nka “black box”. Ni ingenzi mu iperereza riri gukorwa ku cyateye iyi mpanuka, kazafasha inzobere mu gutahura amakuru y’ibihe bya nyuma by’iyi ndege ndetse n’icyateye iyi mpanuka.

Urwego rushinzwe Iperereza mu by’Impanuka mu Buhindi (AAIB-India’s Aircraft Accident Investigation Bureau) ni rwo ruri mu gukusanya ibimenyetso byo gutahura icyateye iyi mpanuka, aho ruri gufashwa n’amatsinda yaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse no mu Bwongereza.

Kuri iki Cyumweru, abayobozi b’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe umutekano mu by’ingendo NTSB (National Transportation Safety Board) basuye aha habereye impanuka mu Buhindi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze rivuga ko “AAIB yatangije iperereza ryimbitse, ndetse na US National Transportation Safety Board (NTSB) iri kurikora babangikanye ku mabwiriza mpuzamahanga kuva habaho impanuka.”

Komisiyo idasanzwe yashyizweho na Guverinoma y’u Buhindi ishinzwe kugenzura impamvu z’iyi mpanuka, biteganyijwe ko iterana kuri uyu wa Mbere mu nama yayo ya mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − four =

Previous Post

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

Next Post

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.