Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari urujijo nyuma yuko mu Kagari kamwe habonetse imirambo 2 irimo uwasanzwe hafi y’Ibiro by’Akagari

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in MU RWANDA
0
Hari urujijo nyuma yuko mu Kagari kamwe habonetse imirambo 2 irimo uwasanzwe hafi y’Ibiro by’Akagari
Share on FacebookShare on Twitter

Umurambo w’umugabo utaramenyekana imyirondoro wasanzwe umanitse mu giti hafi y’Ibiro by’Akagari k’Umuganda mu Murenge wa Gisenyi, ukaba ari n’uwa kabiri ubonetse mu Kagari kamwe mu gihe cy’icyumweru kimwe, byatumye bamwe bakeka ko atari ukwiyahura, ahubwo ko baba bishwe.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024, ni uw’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 utabashije guhita amenyekana imyirondoro.

Uyu murambo wabonetse mu Mudugudu wa Rubavu mu Kagari ka Rubavu, hafi y’Ibiro by’Akagari k’Umuganda, byubatse mu rugabano rw’aka Kagari n’aka Rubavu, kabonetsemo uyu murambo.

Umubiri w’uyu mugabo ubaye uwa kabiri ubonetse muri aka Kagari ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi, byanatumye abatuye muri aka gace, bavuga ko hari ikibazo cy’umutekano mucye, kuko bakeka ko aba bantu baba bishwe n’abagizi ba nabi.

Ni mu gihe umurambo wa mbere, ari uw’Umusore wabonetse mu nzu yabagamo, nyuma y’iminsi ibiri yari ishize bari kumushakisha baramuhebye.

Umubiri w’uyu musore wabonetse ku wa Kane w’icyumweru gishize, abaturage n’inzego basanze ukase umutwe, byanatumye bakeka ko yaba yishwe aho kuba ariyahuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco avuga ko amakuru y’iboneka ry’uyu murambo yageze ku buyobozi mu masaha ya saa kumi n’imwe za mu gitondo.

Ati “Aho twabimenyeye rero twahageze, turakurikirana, ariko inzego z’Igihugu cyacu zirakorana, ubwo twamenyesheke inzego z’Ubugenzacyaha kugira ngo zidufashe gukurikirana, ubu dutegereje ikizava mu iperereza.”

Ku mpungenge z’abaturage bafite ko imfu z’aba bantu zaba zifite abagizi ba nabi baziri inyuma ku buryo haba hari impungenge z’umutekano mucye, uyu muyobozi yavuze ko bizagaragazwa n’iperereza rizakorwa.

Ati “Hariya rero ni ahantu hasa nk’ahegereye umusozi wa Rubavu, ntabwo nshobora kwemeza ngo umuntu yishwe cyangwa se ntiyishwe ahubwo cyo dutegereje n’ibizava mu iperereza, ariko icyo twakwizeza abaturage, ni umutekano […] dufite irondo, dufite urwego rwa DASSO, ibitugoye duhamagara izindi nzego z’umutekano.”

Uyu muyobozi yizeza ko inzego zikomeza gukurikirana kugira ngo zimenye niba hari abihishe inyuma y’impfu z’aba bantu, cyangwa niba ari abaturage biyambura ubuzima.

Abaturage bavuga ko hari impungenge kuko mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa habonetse imirambo ibiri mu Kagari kamwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

USA: Ubuzima burasa n’ubwahagaze muri Florida kubera amakuru bakiriye yazamuye ubwoba

Next Post

Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.