Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari urujijo nyuma yuko mu Kagari kamwe habonetse imirambo 2 irimo uwasanzwe hafi y’Ibiro by’Akagari

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in MU RWANDA
0
Hari urujijo nyuma yuko mu Kagari kamwe habonetse imirambo 2 irimo uwasanzwe hafi y’Ibiro by’Akagari
Share on FacebookShare on Twitter

Umurambo w’umugabo utaramenyekana imyirondoro wasanzwe umanitse mu giti hafi y’Ibiro by’Akagari k’Umuganda mu Murenge wa Gisenyi, ukaba ari n’uwa kabiri ubonetse mu Kagari kamwe mu gihe cy’icyumweru kimwe, byatumye bamwe bakeka ko atari ukwiyahura, ahubwo ko baba bishwe.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024, ni uw’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 utabashije guhita amenyekana imyirondoro.

Uyu murambo wabonetse mu Mudugudu wa Rubavu mu Kagari ka Rubavu, hafi y’Ibiro by’Akagari k’Umuganda, byubatse mu rugabano rw’aka Kagari n’aka Rubavu, kabonetsemo uyu murambo.

Umubiri w’uyu mugabo ubaye uwa kabiri ubonetse muri aka Kagari ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi, byanatumye abatuye muri aka gace, bavuga ko hari ikibazo cy’umutekano mucye, kuko bakeka ko aba bantu baba bishwe n’abagizi ba nabi.

Ni mu gihe umurambo wa mbere, ari uw’Umusore wabonetse mu nzu yabagamo, nyuma y’iminsi ibiri yari ishize bari kumushakisha baramuhebye.

Umubiri w’uyu musore wabonetse ku wa Kane w’icyumweru gishize, abaturage n’inzego basanze ukase umutwe, byanatumye bakeka ko yaba yishwe aho kuba ariyahuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco avuga ko amakuru y’iboneka ry’uyu murambo yageze ku buyobozi mu masaha ya saa kumi n’imwe za mu gitondo.

Ati “Aho twabimenyeye rero twahageze, turakurikirana, ariko inzego z’Igihugu cyacu zirakorana, ubwo twamenyesheke inzego z’Ubugenzacyaha kugira ngo zidufashe gukurikirana, ubu dutegereje ikizava mu iperereza.”

Ku mpungenge z’abaturage bafite ko imfu z’aba bantu zaba zifite abagizi ba nabi baziri inyuma ku buryo haba hari impungenge z’umutekano mucye, uyu muyobozi yavuze ko bizagaragazwa n’iperereza rizakorwa.

Ati “Hariya rero ni ahantu hasa nk’ahegereye umusozi wa Rubavu, ntabwo nshobora kwemeza ngo umuntu yishwe cyangwa se ntiyishwe ahubwo cyo dutegereje n’ibizava mu iperereza, ariko icyo twakwizeza abaturage, ni umutekano […] dufite irondo, dufite urwego rwa DASSO, ibitugoye duhamagara izindi nzego z’umutekano.”

Uyu muyobozi yizeza ko inzego zikomeza gukurikirana kugira ngo zimenye niba hari abihishe inyuma y’impfu z’aba bantu, cyangwa niba ari abaturage biyambura ubuzima.

Abaturage bavuga ko hari impungenge kuko mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa habonetse imirambo ibiri mu Kagari kamwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 1 =

Previous Post

USA: Ubuzima burasa n’ubwahagaze muri Florida kubera amakuru bakiriye yazamuye ubwoba

Next Post

Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.