Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari urujijo nyuma yuko mu Kagari kamwe habonetse imirambo 2 irimo uwasanzwe hafi y’Ibiro by’Akagari

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in MU RWANDA
0
Hari urujijo nyuma yuko mu Kagari kamwe habonetse imirambo 2 irimo uwasanzwe hafi y’Ibiro by’Akagari
Share on FacebookShare on Twitter

Umurambo w’umugabo utaramenyekana imyirondoro wasanzwe umanitse mu giti hafi y’Ibiro by’Akagari k’Umuganda mu Murenge wa Gisenyi, ukaba ari n’uwa kabiri ubonetse mu Kagari kamwe mu gihe cy’icyumweru kimwe, byatumye bamwe bakeka ko atari ukwiyahura, ahubwo ko baba bishwe.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024, ni uw’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 utabashije guhita amenyekana imyirondoro.

Uyu murambo wabonetse mu Mudugudu wa Rubavu mu Kagari ka Rubavu, hafi y’Ibiro by’Akagari k’Umuganda, byubatse mu rugabano rw’aka Kagari n’aka Rubavu, kabonetsemo uyu murambo.

Umubiri w’uyu mugabo ubaye uwa kabiri ubonetse muri aka Kagari ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi, byanatumye abatuye muri aka gace, bavuga ko hari ikibazo cy’umutekano mucye, kuko bakeka ko aba bantu baba bishwe n’abagizi ba nabi.

Ni mu gihe umurambo wa mbere, ari uw’Umusore wabonetse mu nzu yabagamo, nyuma y’iminsi ibiri yari ishize bari kumushakisha baramuhebye.

Umubiri w’uyu musore wabonetse ku wa Kane w’icyumweru gishize, abaturage n’inzego basanze ukase umutwe, byanatumye bakeka ko yaba yishwe aho kuba ariyahuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco avuga ko amakuru y’iboneka ry’uyu murambo yageze ku buyobozi mu masaha ya saa kumi n’imwe za mu gitondo.

Ati “Aho twabimenyeye rero twahageze, turakurikirana, ariko inzego z’Igihugu cyacu zirakorana, ubwo twamenyesheke inzego z’Ubugenzacyaha kugira ngo zidufashe gukurikirana, ubu dutegereje ikizava mu iperereza.”

Ku mpungenge z’abaturage bafite ko imfu z’aba bantu zaba zifite abagizi ba nabi baziri inyuma ku buryo haba hari impungenge z’umutekano mucye, uyu muyobozi yavuze ko bizagaragazwa n’iperereza rizakorwa.

Ati “Hariya rero ni ahantu hasa nk’ahegereye umusozi wa Rubavu, ntabwo nshobora kwemeza ngo umuntu yishwe cyangwa se ntiyishwe ahubwo cyo dutegereje n’ibizava mu iperereza, ariko icyo twakwizeza abaturage, ni umutekano […] dufite irondo, dufite urwego rwa DASSO, ibitugoye duhamagara izindi nzego z’umutekano.”

Uyu muyobozi yizeza ko inzego zikomeza gukurikirana kugira ngo zimenye niba hari abihishe inyuma y’impfu z’aba bantu, cyangwa niba ari abaturage biyambura ubuzima.

Abaturage bavuga ko hari impungenge kuko mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa habonetse imirambo ibiri mu Kagari kamwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fourteen =

Previous Post

USA: Ubuzima burasa n’ubwahagaze muri Florida kubera amakuru bakiriye yazamuye ubwoba

Next Post

Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.