Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari uwari umaze ibyumweru 3 amutangije kaminuza-Agahinda k’abafashwaga na Past. Theogene

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA
0
Hari uwari umaze ibyumweru 3 amutangije kaminuza-Agahinda k’abafashwaga na Past. Theogene
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo guherecyeza bwa nyuma Pasiteri Niyonshuti Theogene washenguye benshi, hagarutswe ku bikorwa by’urukundo byamurangaga, aho umwe yishyuriraga ishuri, yavuze ko yari amaze ibyumweru bitatu amutangije muri kaminuza.

Urupfu rwa Pasiteri Theogene witabye Imana mu cyumweru gishize, mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 22 Kamena azize impanuka ubwo yavaga muri Uganda, rwashenguye benshi kubera inyigisho ze zafashaga benshi ndetse n’ibikorwa byiza byamurangaga.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena, habaye umuhango wo kumuherecyeza bwa nyuma, ahagiye hatangwa ubuhamya ku bamuzi ndetse n’abo yafashaga.

Schadrack yafashaga kwiga, yagize ati “Yari yatangiye kundihira kaminuza nari maze ibyumweru bitatu ntangiye ariko ndizera ko Imana yampuje na we ntamuzi izakomeza kumfasha kaminuza nyirangize nk’uko yabinyifurizaga amabwira ko ngomba no kwiga Masters.”

Undi na we ati “Yankuye mu muhanda, njye nanywaga ibiyobyabwenge amfasha kubireka ariko hari abantu bakoraga operasiyo zo kudufata baduhozaga ku nkeke badufunga dusa nk’ababarimo ideni ridashira waba utagize icyo ubaha bakagutanga ugafungwa ariko kuva yanjyana tukabana sinongeye gufungwa.”

Bihoyiki Marie Claire avuga ko Pasiteri Theogene yamufashije byinshi ku buryo kugira ngo agarure icyizere cy’ubuzima, ari we abikesha.

Yagize ati “Twahuye ndi umumama ufite ibibazo nihebye, umugabo wange yari amaze iminsi afunzwe mubwira ko icyo nsigaje ari kuba indaya ariko yarankomeje ampa igishoro ubu ndacuruza nk’abasha kurihira abana banjye.”

Uyu mukozi w’Imana, washyinguwe mu marira menshi, yibukirwa ku bikorwa by’urukundo yakoraga, aho yafasha benshi barimo n’abana babaga ku muhanda, akabakurayo, akajya kubarerera mu rugo iwe.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eighteen =

Previous Post

France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

Next Post

Umukinnyi uri mu bakunzwe ku Isi nyuma yo kugurwa n’ikipe na we yaguze iye

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi uri mu bakunzwe ku Isi nyuma yo kugurwa n’ikipe na we yaguze iye

Umukinnyi uri mu bakunzwe ku Isi nyuma yo kugurwa n’ikipe na we yaguze iye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.