Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iremeranya na Banki y’Isi ko hari ikigomba gukorwa kugira ngo umubare w’Abaturarwanda bizigamira mu buryo buzwi biyongere, kuko hakiri benshi bagikomeje gukoresha uburyo bwa gakondo burimo n’ibimina.

Banki y’Isi igaragaza ko u Rwanda rukomeje gukoresha imbaraga zikomeye mu kuvana ubukungu mu bihe bitoroshye, bikanashimangirwa no kuba ubukungu bwarwo butanga icyizere cyo gusohoka mu ngaruka za COVID-19 no guhangana n’ingaruka z’intambara ziri mu mahanga.

Icyakora Dr Sahr Kpundeh uyobora ishami rya Banki y’Isi mu Rwanda, avuga ko kugira ngo ubukungu bw’iki Gihugu bukomeze muri iki cyerekezo ndetse bubashe no gushikama mu bihe by’ibibazo; hakeneye gushyira imbaraga mu kongera umubare w’Abaturarwanda bizigamira mu buryo buzwi.

Ati “U Rwanda rufite imbogamizi mu gukusanya ubwizigamire bw’imbere mu Gihugu, nyamara byafasha ishoramari ry’abikorera, bikanafasha Igihugu kugabanya amafaranga gisaba mu muhanga.”

Yakomeje agira ati “Nubwo hashyizwe imbaraga mu gushishikariza abantu kwizigamira mu buryo buzwi; umubare w’abizagamira mu Rwanda uracyari mucye ushingiye ku rugero abandi bagezeho.”

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Imari n’igenamigambi ushinzwe Ishoramari rya Leta, Jeanine Munyeshuli yavuze ko imibare igaragaza ko hakiri urugendo rwo kongera umubare w’abizigamira mu Rwanda.

Yavuze ko muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, hari hafashwe umuhigo wo kongera abizigamira, bakava ku 10.5% bariho muri 2017 bakagera kuri 23% muri 2024.

Ati “Muri 2022 ubwizigamire bwari bugize 20% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu, bivuze ko hakiri byinshi byo gukora. Abantu bakomeje kwizigamira mu buryo bwa gakondo kuruta kujya muri banki. Tugomba kwibaza igituma bahitamo ubwo buryo, tukareba inyungu bakuramo, byaba ngombwa abafata ibyemezo bakareba uko bashyira ubwo buryo mu ikoranabuhanga.”

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Dianne Karusisi avuga ko Banki na zo zigomba kugira icyo zikora kugira ngo abaturage bazitabire, icyakora zikavuga ko zigomba kubikora zitabangamiye uburyo abaturage basanzwe bakoresha.

Yagize ati “Sintekereza ko uburyo bwa gakondo ari bubi. Ntabwo navuga ko tugiye guhindura ubwo buryo, ahubwo icyo tugomba gukora; ni ugushyiraho uburyo bukurura buri muntu. Ntitugomba gutegereza ko umuntu abanza gutera imbere ngo adusange; ahubwo twebwe tugomba kumusanga aho ari, tukamuganiriza, twamara kumwumvisha inyungu abifitemo tugashyiraho uburyo bumuzana.”

Nubwo izi nzego ziyemeza ko zigomba gukora ibishoboka byose kugira ngo abaturage babone banki nk’amahitamo ya mbere yo kwizigamira; amahitamo akomeje kugabanuka. Hari banki zikomeje kwihuza.

Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Munyana Hakuziyaremye; yagize icyo avuga ku kwihuza kw’izi banki.

Ati “konte ntizagabanutse kubera ko banki zishyize hamwe. Ikindi iyo banki ebyiri zishyize hamwe zikagira ingufu zo gutanga inguzanyo nyinshi kurushaho; nta kibi tubonamo ku isoko. Ikibi ni uko habaho banki nke cyane zikajya zumvikana ku biciro. Aho ni ho nka Banki Nkuru y’Igihugu inashinzwe kugenzura amabanki twabona ari ikibazo. Ibyo ntiturabibona.”

Banki y’Isi ivuga ko u Rwanda nirutera intambwe yo kongera umubare w’abantu bizigamira; bizatuma urwego rw’abikorera rurushaho gukomera, bikanazana andi mahirwe yo gukomeza kubaka ubukungu bushingiye ku benegihugu; bikanagabanya ingano y’inkunga n’inguzanyo z’amahanga u Rwanda rusaba mu bihe by’ibibazo by’ubukungu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eighteen =

Previous Post

Tchad : Perezida Idriss Deby yatangaje kandidatire ye mu matora

Next Post

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.