• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iremeranya na Banki y’Isi ko hari ikigomba gukorwa kugira ngo umubare w’Abaturarwanda bizigamira mu buryo buzwi biyongere, kuko hakiri benshi bagikomeje gukoresha uburyo bwa gakondo burimo n’ibimina.

Banki y’Isi igaragaza ko u Rwanda rukomeje gukoresha imbaraga zikomeye mu kuvana ubukungu mu bihe bitoroshye, bikanashimangirwa no kuba ubukungu bwarwo butanga icyizere cyo gusohoka mu ngaruka za COVID-19 no guhangana n’ingaruka z’intambara ziri mu mahanga.

Icyakora Dr Sahr Kpundeh uyobora ishami rya Banki y’Isi mu Rwanda, avuga ko kugira ngo ubukungu bw’iki Gihugu bukomeze muri iki cyerekezo ndetse bubashe no gushikama mu bihe by’ibibazo; hakeneye gushyira imbaraga mu kongera umubare w’Abaturarwanda bizigamira mu buryo buzwi.

Ati “U Rwanda rufite imbogamizi mu gukusanya ubwizigamire bw’imbere mu Gihugu, nyamara byafasha ishoramari ry’abikorera, bikanafasha Igihugu kugabanya amafaranga gisaba mu muhanga.”

Yakomeje agira ati “Nubwo hashyizwe imbaraga mu gushishikariza abantu kwizigamira mu buryo buzwi; umubare w’abizagamira mu Rwanda uracyari mucye ushingiye ku rugero abandi bagezeho.”

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Imari n’igenamigambi ushinzwe Ishoramari rya Leta, Jeanine Munyeshuli yavuze ko imibare igaragaza ko hakiri urugendo rwo kongera umubare w’abizigamira mu Rwanda.

Yavuze ko muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, hari hafashwe umuhigo wo kongera abizigamira, bakava ku 10.5% bariho muri 2017 bakagera kuri 23% muri 2024.

Ati “Muri 2022 ubwizigamire bwari bugize 20% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu, bivuze ko hakiri byinshi byo gukora. Abantu bakomeje kwizigamira mu buryo bwa gakondo kuruta kujya muri banki. Tugomba kwibaza igituma bahitamo ubwo buryo, tukareba inyungu bakuramo, byaba ngombwa abafata ibyemezo bakareba uko bashyira ubwo buryo mu ikoranabuhanga.”

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Dianne Karusisi avuga ko Banki na zo zigomba kugira icyo zikora kugira ngo abaturage bazitabire, icyakora zikavuga ko zigomba kubikora zitabangamiye uburyo abaturage basanzwe bakoresha.

Yagize ati “Sintekereza ko uburyo bwa gakondo ari bubi. Ntabwo navuga ko tugiye guhindura ubwo buryo, ahubwo icyo tugomba gukora; ni ugushyiraho uburyo bukurura buri muntu. Ntitugomba gutegereza ko umuntu abanza gutera imbere ngo adusange; ahubwo twebwe tugomba kumusanga aho ari, tukamuganiriza, twamara kumwumvisha inyungu abifitemo tugashyiraho uburyo bumuzana.”

Nubwo izi nzego ziyemeza ko zigomba gukora ibishoboka byose kugira ngo abaturage babone banki nk’amahitamo ya mbere yo kwizigamira; amahitamo akomeje kugabanuka. Hari banki zikomeje kwihuza.

Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Munyana Hakuziyaremye; yagize icyo avuga ku kwihuza kw’izi banki.

Ati “konte ntizagabanutse kubera ko banki zishyize hamwe. Ikindi iyo banki ebyiri zishyize hamwe zikagira ingufu zo gutanga inguzanyo nyinshi kurushaho; nta kibi tubonamo ku isoko. Ikibi ni uko habaho banki nke cyane zikajya zumvikana ku biciro. Aho ni ho nka Banki Nkuru y’Igihugu inashinzwe kugenzura amabanki twabona ari ikibazo. Ibyo ntiturabibona.”

Banki y’Isi ivuga ko u Rwanda nirutera intambwe yo kongera umubare w’abantu bizigamira; bizatuma urwego rw’abikorera rurushaho gukomera, bikanazana andi mahirwe yo gukomeza kubaka ubukungu bushingiye ku benegihugu; bikanagabanya ingano y’inkunga n’inguzanyo z’amahanga u Rwanda rusaba mu bihe by’ibibazo by’ubukungu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − five =

Previous Post

Tchad : Perezida Idriss Deby yatangaje kandidatire ye mu matora

Next Post

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.