Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iremeranya na Banki y’Isi ko hari ikigomba gukorwa kugira ngo umubare w’Abaturarwanda bizigamira mu buryo buzwi biyongere, kuko hakiri benshi bagikomeje gukoresha uburyo bwa gakondo burimo n’ibimina.

Banki y’Isi igaragaza ko u Rwanda rukomeje gukoresha imbaraga zikomeye mu kuvana ubukungu mu bihe bitoroshye, bikanashimangirwa no kuba ubukungu bwarwo butanga icyizere cyo gusohoka mu ngaruka za COVID-19 no guhangana n’ingaruka z’intambara ziri mu mahanga.

Icyakora Dr Sahr Kpundeh uyobora ishami rya Banki y’Isi mu Rwanda, avuga ko kugira ngo ubukungu bw’iki Gihugu bukomeze muri iki cyerekezo ndetse bubashe no gushikama mu bihe by’ibibazo; hakeneye gushyira imbaraga mu kongera umubare w’Abaturarwanda bizigamira mu buryo buzwi.

Ati “U Rwanda rufite imbogamizi mu gukusanya ubwizigamire bw’imbere mu Gihugu, nyamara byafasha ishoramari ry’abikorera, bikanafasha Igihugu kugabanya amafaranga gisaba mu muhanga.”

Yakomeje agira ati “Nubwo hashyizwe imbaraga mu gushishikariza abantu kwizigamira mu buryo buzwi; umubare w’abizagamira mu Rwanda uracyari mucye ushingiye ku rugero abandi bagezeho.”

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Imari n’igenamigambi ushinzwe Ishoramari rya Leta, Jeanine Munyeshuli yavuze ko imibare igaragaza ko hakiri urugendo rwo kongera umubare w’abizigamira mu Rwanda.

Yavuze ko muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, hari hafashwe umuhigo wo kongera abizigamira, bakava ku 10.5% bariho muri 2017 bakagera kuri 23% muri 2024.

Ati “Muri 2022 ubwizigamire bwari bugize 20% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu, bivuze ko hakiri byinshi byo gukora. Abantu bakomeje kwizigamira mu buryo bwa gakondo kuruta kujya muri banki. Tugomba kwibaza igituma bahitamo ubwo buryo, tukareba inyungu bakuramo, byaba ngombwa abafata ibyemezo bakareba uko bashyira ubwo buryo mu ikoranabuhanga.”

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Dianne Karusisi avuga ko Banki na zo zigomba kugira icyo zikora kugira ngo abaturage bazitabire, icyakora zikavuga ko zigomba kubikora zitabangamiye uburyo abaturage basanzwe bakoresha.

Yagize ati “Sintekereza ko uburyo bwa gakondo ari bubi. Ntabwo navuga ko tugiye guhindura ubwo buryo, ahubwo icyo tugomba gukora; ni ugushyiraho uburyo bukurura buri muntu. Ntitugomba gutegereza ko umuntu abanza gutera imbere ngo adusange; ahubwo twebwe tugomba kumusanga aho ari, tukamuganiriza, twamara kumwumvisha inyungu abifitemo tugashyiraho uburyo bumuzana.”

Nubwo izi nzego ziyemeza ko zigomba gukora ibishoboka byose kugira ngo abaturage babone banki nk’amahitamo ya mbere yo kwizigamira; amahitamo akomeje kugabanuka. Hari banki zikomeje kwihuza.

Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Munyana Hakuziyaremye; yagize icyo avuga ku kwihuza kw’izi banki.

Ati “konte ntizagabanutse kubera ko banki zishyize hamwe. Ikindi iyo banki ebyiri zishyize hamwe zikagira ingufu zo gutanga inguzanyo nyinshi kurushaho; nta kibi tubonamo ku isoko. Ikibi ni uko habaho banki nke cyane zikajya zumvikana ku biciro. Aho ni ho nka Banki Nkuru y’Igihugu inashinzwe kugenzura amabanki twabona ari ikibazo. Ibyo ntiturabibona.”

Banki y’Isi ivuga ko u Rwanda nirutera intambwe yo kongera umubare w’abantu bizigamira; bizatuma urwego rw’abikorera rurushaho gukomera, bikanazana andi mahirwe yo gukomeza kubaka ubukungu bushingiye ku benegihugu; bikanagabanya ingano y’inkunga n’inguzanyo z’amahanga u Rwanda rusaba mu bihe by’ibibazo by’ubukungu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Tchad : Perezida Idriss Deby yatangaje kandidatire ye mu matora

Next Post

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.