Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Haribazwa impamvu hari Abanyarwanda bagitsimbaraye ku kwizigamira bya gakondo kandi Banki zaragwiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iremeranya na Banki y’Isi ko hari ikigomba gukorwa kugira ngo umubare w’Abaturarwanda bizigamira mu buryo buzwi biyongere, kuko hakiri benshi bagikomeje gukoresha uburyo bwa gakondo burimo n’ibimina.

Banki y’Isi igaragaza ko u Rwanda rukomeje gukoresha imbaraga zikomeye mu kuvana ubukungu mu bihe bitoroshye, bikanashimangirwa no kuba ubukungu bwarwo butanga icyizere cyo gusohoka mu ngaruka za COVID-19 no guhangana n’ingaruka z’intambara ziri mu mahanga.

Icyakora Dr Sahr Kpundeh uyobora ishami rya Banki y’Isi mu Rwanda, avuga ko kugira ngo ubukungu bw’iki Gihugu bukomeze muri iki cyerekezo ndetse bubashe no gushikama mu bihe by’ibibazo; hakeneye gushyira imbaraga mu kongera umubare w’Abaturarwanda bizigamira mu buryo buzwi.

Ati “U Rwanda rufite imbogamizi mu gukusanya ubwizigamire bw’imbere mu Gihugu, nyamara byafasha ishoramari ry’abikorera, bikanafasha Igihugu kugabanya amafaranga gisaba mu muhanga.”

Yakomeje agira ati “Nubwo hashyizwe imbaraga mu gushishikariza abantu kwizigamira mu buryo buzwi; umubare w’abizagamira mu Rwanda uracyari mucye ushingiye ku rugero abandi bagezeho.”

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Imari n’igenamigambi ushinzwe Ishoramari rya Leta, Jeanine Munyeshuli yavuze ko imibare igaragaza ko hakiri urugendo rwo kongera umubare w’abizigamira mu Rwanda.

Yavuze ko muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, hari hafashwe umuhigo wo kongera abizigamira, bakava ku 10.5% bariho muri 2017 bakagera kuri 23% muri 2024.

Ati “Muri 2022 ubwizigamire bwari bugize 20% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu, bivuze ko hakiri byinshi byo gukora. Abantu bakomeje kwizigamira mu buryo bwa gakondo kuruta kujya muri banki. Tugomba kwibaza igituma bahitamo ubwo buryo, tukareba inyungu bakuramo, byaba ngombwa abafata ibyemezo bakareba uko bashyira ubwo buryo mu ikoranabuhanga.”

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Dianne Karusisi avuga ko Banki na zo zigomba kugira icyo zikora kugira ngo abaturage bazitabire, icyakora zikavuga ko zigomba kubikora zitabangamiye uburyo abaturage basanzwe bakoresha.

Yagize ati “Sintekereza ko uburyo bwa gakondo ari bubi. Ntabwo navuga ko tugiye guhindura ubwo buryo, ahubwo icyo tugomba gukora; ni ugushyiraho uburyo bukurura buri muntu. Ntitugomba gutegereza ko umuntu abanza gutera imbere ngo adusange; ahubwo twebwe tugomba kumusanga aho ari, tukamuganiriza, twamara kumwumvisha inyungu abifitemo tugashyiraho uburyo bumuzana.”

Nubwo izi nzego ziyemeza ko zigomba gukora ibishoboka byose kugira ngo abaturage babone banki nk’amahitamo ya mbere yo kwizigamira; amahitamo akomeje kugabanuka. Hari banki zikomeje kwihuza.

Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Munyana Hakuziyaremye; yagize icyo avuga ku kwihuza kw’izi banki.

Ati “konte ntizagabanutse kubera ko banki zishyize hamwe. Ikindi iyo banki ebyiri zishyize hamwe zikagira ingufu zo gutanga inguzanyo nyinshi kurushaho; nta kibi tubonamo ku isoko. Ikibi ni uko habaho banki nke cyane zikajya zumvikana ku biciro. Aho ni ho nka Banki Nkuru y’Igihugu inashinzwe kugenzura amabanki twabona ari ikibazo. Ibyo ntiturabibona.”

Banki y’Isi ivuga ko u Rwanda nirutera intambwe yo kongera umubare w’abantu bizigamira; bizatuma urwego rw’abikorera rurushaho gukomera, bikanazana andi mahirwe yo gukomeza kubaka ubukungu bushingiye ku benegihugu; bikanagabanya ingano y’inkunga n’inguzanyo z’amahanga u Rwanda rusaba mu bihe by’ibibazo by’ubukungu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 3 =

Previous Post

Tchad : Perezida Idriss Deby yatangaje kandidatire ye mu matora

Next Post

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.