Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
0
Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bakoze imirimo itandukanye mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bwana mu Murenge wa Manyiginya mu Karere ka Rwamaga, bavuga ko bamaze imyaka ibiri basiragira ku mafaranga bakoreye, mu gihe ubuyobozi buvuga ko iki kibazo ari gishya mu matwi yabwo.

Mudaheranwa Theoneste wakoze imirimo yo kubaka muri iri shuri cya GS Bwana, avuga ko we na bagenzi be bakozemo amakenzeni atatu, ariko bataha nta faranga bahawe.

Yagize ati “Nta faranga na rimwe kuva twamara gukora finisaje bigeze baduha na rimwe. Amezi atatu yose turaburana turakutuza.”

Uwitwa Ingabire Denise uvuga ko umugabo we Niyonteze Jean Damscene yakoraga akazi ko kurara izamu muri iri shuri, avuga ko biyambaje inzego z’ubuyobozi ngo zikemure iki kibazo, ariko kugeza ubu imyaka ibiri irihiritse.

Ati “Yararaga izamu (umugabo we) ariko amafaranga ntabwo bigeze bayamwishyura yararekeye. Yageraga nko mu bihumbi Ijana (100 000 Frw).”

Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Manyiginya, Mukantamabara Brigitte yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo ari gishya mu matwi ye.

Ati “Ni bwo ncyumvise, kuko ntawigeze akitubwira nk’Umurenge. Twakurikirana tukamenya niba gihari.”

Cyakora uyu muyobozi avuga ko akiri mushya muri izi nshingano, ariko ko igihe amaze, yakagombye kuba yaramenye iki kibazo kikaba cyaratangiye gushakirwa umuti.

Ati “Urumva ni na mbere ntabwo ari njye wahakoreraga kandi kibaye cyari gihari kizwi bakabaye barakimbwiye nkakimenya. Ngiye gukurikirana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yavuze ko abubatse amashuri n’abayubakishije, bose bishyuwe, ariko ko habaye hari abatarishyuwe bagana Umurenge cyangwa Akarere bakabafasha kumenya impamvu.

Yagize ati “Twubatse dufite ingengo y’imari ihagije kuko amashuri ya mbere yari aya Banki y’Isi, andi yari ku ngengo y’imari ya Guverinoma y’u Rwanda, bose twarabishyuye, ariko haramutse hari ugihari ubwo akenshi yaba yarambuwe na rwiyemezamirimo kuko hari ba rwiyemezamirimo twahaga akazi akaba yabwira umuntu ati ‘nkorera ibi n’ibi’ ariko twe nta rwiyemezamirimo twambuye n’umwe.”

Aya mashuri yo ku Rwunge rw’Amashuri RWA Bwana, yubatswe ari aya Guverinoma mu mwaka w’ingengo y’Imari wa 2022-2023 mu rwego rwo kugabanya Ubucucike no koroshya ingendo ndende zakorwaga na bamwe mu banyeshuri.

Barimo abakozi imirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri
Ngo imyaka ibaye ibiri

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − four =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku cyatumye hasubikwa ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.