Thursday, May 15, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
1
Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwashyize hanze itangazo rimenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rwa Ofisiye, amatariki yo gutangiriraho kwiyandikisha, n’ibyo bagomba kuba bujuje.

Iri tangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kamena 2024, rivuga ko ibikorwa byo kwiyandikisha bizatangira tariki 02 Nyakanga 2024.

Ibi bikorwa bizajya bibera mu Mirenge inyuranye mu Turere twose tw’Igihugu, bizarangira tariki 09 Kanama 2024, aho Ubuyobozi bwa RDF bumenyesha ababyifuza bose kwiyandikisha.

Abazaba bujuje ibisabwa, bazamara umwaka umwe bakurikirana amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare cya Gako (Rwanda Military Academy-Gako).

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Abakozi muri RDF, Col Lambere Sendegeya, rivuga ko abashaka kwiyandikisha, “bagomba kuba bararangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza cyangwa A1 ku bize amashuri y’Imyuga (IPRC) bafite imyaka y’amavuko kuva kuri 18 kugeza kuri 24.”

Rigakomeza rigira riti “Ku bize mu ishami ry’ubuganga (Medecine), ubuhanga (Engineering) ndetse n’amategeko (Law) babyifuza bagomba kuba batarengeje imyaka 27 y’amavuko.”

Iri tangazo rikomeza rigaragaza ibindi bigomba kuba byujujwe n’umuntu wese wifuza kwiyandikisha, birimo kuba “Uri Umunyarwnada, ufite ubushake, ufite ubuzima buzira umuze, utarakatiwe n’inkiko, uri inyangamugayo, ndetse gutsinda ibizamini bizatangwa.”

Muri Mata uyu mwaka, muri iri shuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, abasirikare 624 bari basoje amasomo n’imyitozo, bibinjiza mu Ngabo z’u Rwanda nk’Abofisiye, aho bari icyiciro cya 11 cyari kirangije muri iri shuri.

RADIOTV10

Comments 1

  1. NIYIGENA Saidi says:
    3 months ago

    I’m student in SOFTWARE ENGENEERING I need to apply in RDF

    Reply

Leave a Reply to NIYIGENA Saidi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye

Next Post

Kenya: Inzego z’umutekano zafashe icyemezo nyuma yo kubona ko imyigaragambyo yakamejeje

Related Posts

The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

by radiotv10
15/05/2025
0

Mu rubanza ruregwamo umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kumuhamya ibyaha akurikiranyweho birimo ivangura, rukamukatira gufungwa...

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

by radiotv10
15/05/2025
0

Abo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ ribazengereje kuko bishoye...

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

by radiotv10
14/05/2025
0

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
14/05/2025
0

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

by radiotv10
14/05/2025
0

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije...

IZIHERUKA

The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa
MU RWANDA

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

by radiotv10
15/05/2025
0

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

15/05/2025
Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

15/05/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yakoze mu ntoki abakinnyi b’ikipe y’Igihugu abakandira akanyenyeri

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yakoze mu ntoki abakinnyi b’ikipe y’Igihugu abakandira akanyenyeri

15/05/2025
Uwari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yagaragaje ibyishimo arimo

Uwari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yagaragaje ibyishimo arimo

15/05/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

15/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Inzego z’umutekano zafashe icyemezo nyuma yo kubona ko imyigaragambyo yakamejeje

Kenya: Inzego z’umutekano zafashe icyemezo nyuma yo kubona ko imyigaragambyo yakamejeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.