Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibururishamibare, igaragaza ko ibiciro ku masoko byiyongereyeho 12,3% mu mijyi, na 20% mu byaro ugereranyije ukwezi kwa Kanama 2023 n’ukwezi nk’uku kwa Kanama 2022, mu gihe muri rusange, byiyongereyeho 17,4%.

Bikubiye mu cyegeranyo cyashyizwe hanze n’iki Kigo Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), aho iyi mibare ishingira ku gipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi.

NISR ivuga ko muri ibyo bice by’imijyi, ibiciro byiyongereyeho 12,3% mu kwezi kwa Kanama 2023 ugereranyije na Kanama 2022, mu gihe muri Nyakanga ho byari byazamutseho 11,9%.

Iki Kigo kigaragaza impamvu zateye iri zamuka, kigira kiti “ibiciro byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 24,6%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 12,2% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 7%.”

Iyi mibare itangajwe mu gihe bamwe bongeye gutaka itumbagira ry’ibiciro rya bimwe mu biribwa bisanzwe bikunzwe gukoreshwa na benshi nk’ibirayi, aho hari abavuga ko byamaze kurenga amafaranga 1 000 Frw ku kilo kimwe.

Iki Kigo gikomeza kivuga ko mu igereranya ry’ukwezi kwa Kanama 2023 na Kanama 2022, nanone“ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byiyongereyeho 8,4%.”

Kigakomeza kigira kiti “Iyo ugereranyije Kanama 2023 na Nyakanga 2023, usanga muri rusange ibiciro byariyongereyeho 0,9%. Iri zamuka ahanini ryatewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 1,8% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 2,5%.”

Naho mu bice by’icyaro, NISR ivuga ko ibiciro byiyongereyeho 20,8% ugereranyije n’ukwezi kwa Kanama 2023 na Kanama 2022, mu gihe mu kwezi kwa Nyakanga byari byiyongereyeho 21%.

Impamvu zitangwa nk’izatumye iri zamuka ribaho, ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 33,3%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 11,5% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 14,5%.

Mu iki cyiciro cy’ibice by’ibyaro, iyo ugereranyije Kanama 2023 na Nyakanga 2023, usanga muri rusange ibiciro byariyongereyeho 1,4%. Iri zamuka ahanini ryatewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 2,9%.

 

Muri rusange

Mu mibare ikomatanyije mu bice by’imijyi n’ibyaro, NISR ivuga ko mu kwezi kwa Kanama 2023 ibiciro mu Rwanda byiyongereyeho 17,4% ugereranyije na Kanama 2022, mu gihe mu kwezi kwa Nyakanga 2023 ibiciro byari byiyongereyeho 17,3%.

Iki Kigo gikomeza kigaragaza ko bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera mu kwezi kwa Kanama 2023, ari ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 30,8%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 11,8% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 10,6%.

Iyo ugereranyije Kanama 2023 na Nyakanga 2023, usanga muri rusange ibiciro byariyongereyeho 1,2%. Iri zamuka ahanini ryatewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 2,6%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Inkuru ikora ku mutima y’uruhinja rwavukiye mu ruhuri rw’ibibazo muri Maroc

Next Post

Hamenyekanye icyatumye abayobozi b’Ibihugu bikomeye ku Isi bagaragara mu muhanda bambaye ibirenge

Related Posts

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

IZIHERUKA

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3
MU RWANDA

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyatumye abayobozi b’Ibihugu bikomeye ku Isi bagaragara mu muhanda bambaye ibirenge

Hamenyekanye icyatumye abayobozi b’Ibihugu bikomeye ku Isi bagaragara mu muhanda bambaye ibirenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.