Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibururishamibare, igaragaza ko ibiciro ku masoko byiyongereyeho 12,3% mu mijyi, na 20% mu byaro ugereranyije ukwezi kwa Kanama 2023 n’ukwezi nk’uku kwa Kanama 2022, mu gihe muri rusange, byiyongereyeho 17,4%.

Bikubiye mu cyegeranyo cyashyizwe hanze n’iki Kigo Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), aho iyi mibare ishingira ku gipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi.

NISR ivuga ko muri ibyo bice by’imijyi, ibiciro byiyongereyeho 12,3% mu kwezi kwa Kanama 2023 ugereranyije na Kanama 2022, mu gihe muri Nyakanga ho byari byazamutseho 11,9%.

Iki Kigo kigaragaza impamvu zateye iri zamuka, kigira kiti “ibiciro byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 24,6%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 12,2% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 7%.”

Iyi mibare itangajwe mu gihe bamwe bongeye gutaka itumbagira ry’ibiciro rya bimwe mu biribwa bisanzwe bikunzwe gukoreshwa na benshi nk’ibirayi, aho hari abavuga ko byamaze kurenga amafaranga 1 000 Frw ku kilo kimwe.

Iki Kigo gikomeza kivuga ko mu igereranya ry’ukwezi kwa Kanama 2023 na Kanama 2022, nanone“ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byiyongereyeho 8,4%.”

Kigakomeza kigira kiti “Iyo ugereranyije Kanama 2023 na Nyakanga 2023, usanga muri rusange ibiciro byariyongereyeho 0,9%. Iri zamuka ahanini ryatewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 1,8% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 2,5%.”

Naho mu bice by’icyaro, NISR ivuga ko ibiciro byiyongereyeho 20,8% ugereranyije n’ukwezi kwa Kanama 2023 na Kanama 2022, mu gihe mu kwezi kwa Nyakanga byari byiyongereyeho 21%.

Impamvu zitangwa nk’izatumye iri zamuka ribaho, ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 33,3%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 11,5% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 14,5%.

Mu iki cyiciro cy’ibice by’ibyaro, iyo ugereranyije Kanama 2023 na Nyakanga 2023, usanga muri rusange ibiciro byariyongereyeho 1,4%. Iri zamuka ahanini ryatewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 2,9%.

 

Muri rusange

Mu mibare ikomatanyije mu bice by’imijyi n’ibyaro, NISR ivuga ko mu kwezi kwa Kanama 2023 ibiciro mu Rwanda byiyongereyeho 17,4% ugereranyije na Kanama 2022, mu gihe mu kwezi kwa Nyakanga 2023 ibiciro byari byiyongereyeho 17,3%.

Iki Kigo gikomeza kigaragaza ko bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera mu kwezi kwa Kanama 2023, ari ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 30,8%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 11,8% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 10,6%.

Iyo ugereranyije Kanama 2023 na Nyakanga 2023, usanga muri rusange ibiciro byariyongereyeho 1,2%. Iri zamuka ahanini ryatewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 2,6%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − one =

Previous Post

Inkuru ikora ku mutima y’uruhinja rwavukiye mu ruhuri rw’ibibazo muri Maroc

Next Post

Hamenyekanye icyatumye abayobozi b’Ibihugu bikomeye ku Isi bagaragara mu muhanda bambaye ibirenge

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyatumye abayobozi b’Ibihugu bikomeye ku Isi bagaragara mu muhanda bambaye ibirenge

Hamenyekanye icyatumye abayobozi b’Ibihugu bikomeye ku Isi bagaragara mu muhanda bambaye ibirenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.