Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizweho Komisiyo idasanzwe y’Abasenateri izagenzura uko abatujwe mu midugudu babayeho

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
Hashyizweho Komisiyo idasanzwe y’Abasenateri izagenzura uko abatujwe mu midugudu babayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Sena y’u Rwanda yashyizeho Komisiyo idasanzwe y’Abasenateri ishinzwe kwiga ku bibazo biri mu midugudu y’Ikitegererezo n’indi midugudu ituzwamo abadafite aho baba yakunze kuvugwamo ibibazo byanatumye bamwe bifuza kuva muri iyo midugudu bagasubira aho babaga.

Iki cyemezo cyo gushyiraho Komisiyi idasanzwe y’Abasenateri, cyafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukwakira n’Inteko Rusange ya Sena.

Iyi Komisiyo idasanzwe ishinzwe kureba ibibazo binyuranye biri mu midugudu yaba iy’Icyitegererezo (IDP Model Villages) n’indi midugudu Leta ituzamo abantu mu rwego rwo gukemura ibibazo by’abadafite aho baba.

Iyi Komisiyo idasanzwe kandi izagenzura imiterere n’ibikorwa remezo biri mu midugudu nk’Amazi, amashanyarazi, inyubako, biogaz n’imihanda.

Izanagenzura kandi imibereho y’abatujwe mu midugudu harebwa ibijyanye n’ubuzima, gahunda z’iterambere, uburezi, imyidagaduro n’ibindi.

Komisiyo idasanzwe izanareba ibijyanye n’imibanire y’abatuye mu midugudu, uko bakemura amakimbirane na gahunda ya Ndi Umunyarwanda. Izanasuzuma kandi ibijyanye n’imiyoborere, n’uko abayituyemo basobanurirwa uruhare rwabo mu gufata neza ibyo bahawe no kwiteza imbere.

Ni komisiyo igizwe n’Abasenateri batandatu ari bo Mureshyankwano Mari Rose akaba ari na we Perezida wayo, Nsengiyumva Fulgence akaba ari Visi Perezida ndetse n’abandi bayigize ari bo Mupenzi Georges, Kanziza Epiphanie, Dr Havugimana Emmanuel na Uwera Pelagie.

Mureshyankwano Marie Rose yatangaje ko bagiye kumanuka bakajya muri imwe mu midugudu yatujwemo Abanyarwanda kugira ngo barebe imibereho yabo.

Ati “Icy’ingenzi kizaba kitujyanye muri iyi midugudu nk’Abasenateri ni ukureba uburyo abatujwe muri iyi midugudu byahinduye ubuzima bwabo burushaho kuba bwiza, tukareba ibibazo byaba birimo.”

Yavuze ko mu byo bazareba harimo imibereho y’abayitujwemo, imibanire hagati yabo “niba abana babo biga, niba babungabunga ibikorwa remezo bahawe ndetse tukanareba niba ibikorwa remezo byagombaga gushyirwamo byarashyizwemo.”

Abatujwe muri iyi midugudu kandi bahabwa ibikorwa bizabafasha kubaho nko korozwa amatungo maremare ndetse n’amagufi ndetse bakubakirwa n’ibiraro byo kuyororeramo.

Hon Mureshyankwano avuga ko bazagenzura niba ibi bikorwa koko byarahinduye ubuzima bw’aba baturage.

Ati “Ariko tuzanamenya ibibazo biri muri iyo Midugudu nk’uko biri mu nshingano za Sena tugire inama Guverinoma ku cyakorwa kugira ngo icyatumye iyo Midugudu yubakwa kigerweho nk’uko yubatswe hifuzwako abahatujwe ubuzima bwabo buba bwiza bakanarushaho kwiteza imbere.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Kigali: Basanze umugabo yapfiriye mu gishanga bikekwa ko na we yazize inzoga y’inkorano

Next Post

Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka

Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.