• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

radiotv10by radiotv10
27/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wa APR FC, Umunya-Maroc Abderrahim Taleb yakomoje ku burwayi bwa rutahizamu w’iyi kipe Umunya-Burkina Faso Cheikh Djibril Ouattara wafashwe n’uburwayi bwakomeje kuba urujijo mu bakunzi bayo.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki 26 Nzeri 2025 ikipe ya APR FC yakoreye imyitozo kuri Kigali Pele Stadium ari na yo stade izakiriraho Pyramids FC muri CAF Champions League.

Abakinnyi bose ba APR FC barahari usibye Djibril Ouattara wafashwe n’uburwayi ubwo ikipe ye ya APR FC yari mu mikino ya CECAFA Kagame CUP muri Tanzania.

Uburwayi bwa Ouattara bwakomeje kuba urujijo, kuko nyuma yo gukina umukino wa mbere muri CECAFA na Bumamuru FC yanatsinzemo igitego, habanje kuvugwa ko yavunitse, ubundi ko arwaye malaria.

Taleb yagize ati “Ubwo twari muri Tanzania, uyu musore yagize ikibazo cyo kutiyumva neza mu mubiri, muribuka ko yakinnye umukino ufungura CECAFA akanatsinda igitego ndetse yari mu bakinnyi beza muri uwo mukino, gusa bucyeye bwaho yahise agira umuriro ukabije ndetse atangira kubabara mu mubiri ari nako yarukaga cyane, ubwo rero byabaye ngombwa ko tumwohereza i Kigali kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwisumbuyeho kuko uburwayi bwe bwari butangiye gukomera.”

Taleb yakomeje agira ati “Ouattara yagiye kuvurizwa mu Bitaro bya Gisirikare, magingo aya rero uyu musore afite ikiruhuko cy’icyumweru ni nayo mpamvu atazagaragara mu mukino ubanza n’uwo kwishyura.”

Uyu mutoza yavuze ko nubwo badafite Ouattara, abandi bakinnyi bahari kandi biteguye guhangana n’ikipe yise ikomeye ya Pyramids FC.

APR FC izakira Pyramids mu mukino ubanza tariki 01 Ukwakira 2025 kuri Kigali Pele Stadium saa 14h00, umukino wo kwishyura uzakinirwa i Cairo kuri Stade yitiriwe iya 30 Kamena, ku ya 05 Ukwakira 2025.

Djibril Ouattara umaze igihe afashwe n’uburwayi ntazagaragara mu mikino ibiri ya Pyramids
Taleb yasobanuye iby’uburwayi bwe

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + seven =

Previous Post

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

Next Post

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.