Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe icyatumye indege yari igiye kugwa i Kigali isubira aho yari ivuye igitaraganya

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe icyatumye indege yari igiye kugwa i Kigali isubira aho yari ivuye igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Kenya Airways yasobanuye icyatumye indege yayo yari ije mu Rwanda, isubira i Nairobi itaguye ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe nyuma y’uko ibigerageje kabiri byanga.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na kompanyi y’indege ya Kenya, rivuga ko iki kibazo cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2023, ku isaaha ya saa moya na mirongo ine n’itanu (07:45’) ku isaha yo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Iri tangazo rya Kenya Airways, rivuga ko indege yayo ya “KQ 478 yari yakoze urugendo ruva Nairobi rwerecyeza i Kigali, yagize ikibazo cyo kutabasha kubona neza no guhura n’umuyaga utameze neza ngo igwe uko byari bisanzwe ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali, nyuma yo kubigerageza inshuro ebyiri byanga, isabwa kugaruka i Nairobi.”

Kenya Airways ivuga ko ibi byo gusubizayo iyi ndege, byakozwe mu rwego rwo kubungabunga umutekano w’abagenzi ndetse n’abakozi b’iyi kompanyi bari bari muri iyi ndege. Iti “Indege yaje kugwa i Nairobi neza saa 09:50.”

Iyi Kompanyi y’indege ya Kenya, itangaza ko abagenzi bagizweho ingaruka n’iki kibazo, bagomba kugenda n’indege ishobora gukurikiraho.

Due to poor visibility as a result of heavy fog at Kigali International Airport, we are expecting flight delays to/from Kigali. We apologize for any inconvenience this may cause.

— RwandAir (@FlyRwandAir) December 17, 2023

Sosiyete y’Indege y’u Rwanda (RwandAir), na yo kuri iki Cyumweru yatangaje iby’iki kibazo cyabaye ku ndege ya ngenzi yayo yo muri Kenya, iboneraho kwisegura ku bagizweho ingaruka na cyo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukuboza 2023, Kenya Airways yahise inatangaza ko ingendo ziva Nairobi zerecyeza i Kigali, zikomeje kandi ko umubare wazo wongerewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − four =

Previous Post

Guinea Conakry: Haribazwa icyateye impanuka idasanzwe y’akagunguru ka peteroli kasandaye kagateza akaga

Next Post

Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje
MU RWANDA

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo

Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.