Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe icyatumye indege yari igiye kugwa i Kigali isubira aho yari ivuye igitaraganya

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe icyatumye indege yari igiye kugwa i Kigali isubira aho yari ivuye igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Kenya Airways yasobanuye icyatumye indege yayo yari ije mu Rwanda, isubira i Nairobi itaguye ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe nyuma y’uko ibigerageje kabiri byanga.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na kompanyi y’indege ya Kenya, rivuga ko iki kibazo cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2023, ku isaaha ya saa moya na mirongo ine n’itanu (07:45’) ku isaha yo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Iri tangazo rya Kenya Airways, rivuga ko indege yayo ya “KQ 478 yari yakoze urugendo ruva Nairobi rwerecyeza i Kigali, yagize ikibazo cyo kutabasha kubona neza no guhura n’umuyaga utameze neza ngo igwe uko byari bisanzwe ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali, nyuma yo kubigerageza inshuro ebyiri byanga, isabwa kugaruka i Nairobi.”

Kenya Airways ivuga ko ibi byo gusubizayo iyi ndege, byakozwe mu rwego rwo kubungabunga umutekano w’abagenzi ndetse n’abakozi b’iyi kompanyi bari bari muri iyi ndege. Iti “Indege yaje kugwa i Nairobi neza saa 09:50.”

Iyi Kompanyi y’indege ya Kenya, itangaza ko abagenzi bagizweho ingaruka n’iki kibazo, bagomba kugenda n’indege ishobora gukurikiraho.

Due to poor visibility as a result of heavy fog at Kigali International Airport, we are expecting flight delays to/from Kigali. We apologize for any inconvenience this may cause.

— RwandAir (@FlyRwandAir) December 17, 2023

Sosiyete y’Indege y’u Rwanda (RwandAir), na yo kuri iki Cyumweru yatangaje iby’iki kibazo cyabaye ku ndege ya ngenzi yayo yo muri Kenya, iboneraho kwisegura ku bagizweho ingaruka na cyo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukuboza 2023, Kenya Airways yahise inatangaza ko ingendo ziva Nairobi zerecyeza i Kigali, zikomeje kandi ko umubare wazo wongerewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 8 =

Previous Post

Guinea Conakry: Haribazwa icyateye impanuka idasanzwe y’akagunguru ka peteroli kasandaye kagateza akaga

Next Post

Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo

Related Posts

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate
MU RWANDA

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo

Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.