Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu hari ubwoko bw’amabuye y’agaciro u Rwanda rwahagaritse kohereza hanze

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hasobanuwe impamvu hari ubwoko bw’amabuye y’agaciro u Rwanda rwahagaritse kohereza hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB) cyatangaje ko cyabaye gihagaritse ibikorwa byo kohereza hanze amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa ‘beryllium’ kubera ibibazo byagaragaye mu bucukuzi bwayo, birimo amakimbirane n’imvururu bibushingiyeho.

Ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro bwa beryllium, ni bumwe mu bwihagazeho ku isoko, cyane ko bukoreshwa mu nzego zikomeye zirimo ibijyanye n’indege no mu bikoresho bya gisirikare, mu bikoresho by’ikoranabuhanga, ndetse no mu ngufu za nikereyeli.

Mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2024, Ikigo Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda cyatangaje ko cyabaye gihagaritse ibikorwa byo kohereza hanze aya mabuye y’agaciro.

Muri iri tangazo, RMB yavuze ko “Imenyesha ihagarikwa ryo kohereza hanze beryllium, kubera ibibazo byaragaye by’ubucukuzi budakurikije amategeko ndetse n’amakimbirane n’imvururu bifitanye isano.”

Muri iri tangazo, RMB ikomeza “imenyesha abantu muri rusange n’abacuruzi bohereza hanze amabuye y’agaciro ihagarikwa ryo kohereza hanze amabuye y’agaciro ya beryllium kugeza igihe hazatangarizwa ikindi cyemezo.”

Iki kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda, gitangaza ko muri iki gihe habaye hahagritswe ibikorwa byo kohereza hanze ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro, hagiye gukorwa ubusesenguzi n’igenzura ku birego byakiriwe by’ibikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse hakazanashyirwaho amabwiriza ajyanye n’ubucuruzi bw’aya mabuye y’agaciro.

RMB ntiyatanze umucyo kuri ibyo bibazo nyirizina bivugwa muri ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo muri ubu bwoko bwa beryllium, birimo n’amakimbirane n’imvururu bifitanye isano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + eight =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Abanyakigali bose batumiwe mu birori by’ibyishimo ku Banyarwanda bose

Next Post

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.