Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo ugaburira inganda zitunganya amazi akoreshwa n’abatuye Umujyi wa Kigali, inavuga ikiri gukorwa ngo iki kibazo kigabanuke.

Mu bice binyuranye byo mu Mujyi wa Kigali, hamaze iminsi humvikana ibura ry’amazi, aho bamwe bavuga ko hari n’abashobora kumara ibyumweru bibiri batazi uko amazi ya WASAC asa.

Dr Jimmy Gasore wasuye Uruganda rutunganya amazi rwa Nzove ku mugezi wa Nyabarongo, yatangaje ko uru ruzinduko rugamije gusuzuma imiterere y’iki kibazo cyakajije uburemere.

Avuga ko n’ubusanzwe mu bihe by’impeshyi amazi agabanuka bitewe no kuba ingano y’akoreshwa muri ibyo bihe yiyongera kubera ababa bayakeneye mu bikorwa binyuranye.

Ati “Abantu badasanzwe buhira ubusitani, baruhira; abasanzwe bafite amazi y’imvura bifashisha mu masuku ntibakiyafite, ariko iyi mpeshyi byakabije cyane.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko uretse kuba ingano y’amazi akenerwa yariyongereye, ariko haniyongeraho n’ikibazo cyo kuba aho aturuka kugira ngo ajye gutunganywa, na ho yagabanutse.

Ati “Twabonye ko mu by’ukuri ikibazo gikomeye ari igabanuka ry’amazi y’uyu mugezi wa Nyabarongo kandi inganda zombi yaba urwa Kanzenze, ndetse n’urwo mu Nzove, ni ho zikomora amazi.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo wagaragaje aho Umugezi wa Nyabarongo uba ugera no mu bihe by’izuba, yavuze ko igabanuka ry’amazi yawo muri iyi Mpeshyi ryakabije.

Ati “Amazi yaragabanutse cyane. Ni ikibazo kiduhangayikishije ariko kandi Leta irimo irashaka ibisubizo birambye byo kugira ngo iki kibazo gikemuke mu Mujyi wa Kigali n’ahandi mu Gihugu.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko kimwe mu bikorwa bitegerejwemo ibisubizo, ari Uruganda rwa Karenge ruzagaburira amazi mu mujyi wa Rwamagana n’uwa Kigali.

Avuga ko uru ruganda rwa Karenge ruzaboneka mu myaka ibiri iri imbere, ariko ko hagati aho hanategerejwe kongerera ubushobozi urwa Nzove.

Ati “Ubu rushobora kuduha metero kibe ibihumbi mirongo inani (80 000 m³) tuzarwongerera ubushobozi rugero ku bihumbi 120.”

Ahumuriza Abanyakigali bashobora kumva ko iyo myaka ibiri ari myinshi, akavuga ko ikigiye gushyirwamo ingufu cyanatangiye gushyirwa mu bikorwa, ari ugusaranganya amazi ahari.

Ati “Uburyo bikorwa mu Mujyi wa Kigali, ntabwo ubona bisaranganyije neza, hari ababona amazi buri munsi agashobora kuhira ubusitani bwe, hari n’umuntu umara ibyumweru bibiri atabonye amazi. Twashyizeho itsinda rijya mu baturage rikiga neza uko imiyoboro yacu iteye, ku buryo tuvuga ngo amazi ahari asaranganywe byibuze buri wese agire igihe abonera amazi kandi akimenyeshwe.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko ubu bugenzuzi buriho bukorwa, buzatuma nibura abaturage bamenya gahunda y’igihe babonera amazi, ndetse babasha no gushyiraho uburyo bubabereye bwatuma bayakoresha neza bitewe n’ayo bavomye igihe yaje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Next Post

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.