• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko uwo mwanzuro ugamije guhemba umutwe wa Hamas, kandi ko bizatuma iyi ntambara irushaho kumara imyaka myinshi iri imbere.

Ni icyemezo cyatorewe i New York ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye, ahari hatumiwemo Ibihugu 125, ariko 50 aba ari byo byohereza intumwa.

Arabia Saudite iyoboye Ibihugu by’Abarabu byose bishyigikiye ko Palesitine ihinduka Igihugu cyigenga, ndetse uruhande rw’Abanyaburayi na rwo ruri muri uyu murongo rukaba rwari n’u Bufaransa n’u Bwongereza. Abo ku Mugabane wa America barangajwe imbere na Canada.

Umunyabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres; yatanze umurongo ngenderwaho, agira ati “gukomeza kwigarurira ubutaka bwa Paletine burimo n’uburasirazuba bwa Yerusalemu; ntibyemewe, bigomba guhagarara. Tureke amahitamo atari yo ari hagati ya Leta ya Palestine n’umutekano wa Israel. Ntabwo kwigarurira Igihugu cy’abandi bitanga umutekano. Ikibazo cy’umutekano wa Israel kigomba kwitabwaho kimwe n’uburenganzira bw’abaturage ba Palestine.

Tugomba guhamagarira Israel kwiyemeza kubahiriza amahoro anyuze mu gushyiraho Leta ebyiri kandi ikirinda ibintu byose bishobora kuyibangamira.”

Minisitiri w’Intebe wa Palestine, Mohammad Abdullah Mohammad Mustafa na we yagaragaje ikigomba gukorwa kugira ngo Igihugu cyabo gitekane.

Yagize ati “Hamas igomba kuva ku butegetsi bwa Gaza, kandi intwaro zayo ikazishyikiriza Leta ya Palestine, kandi twe twiteguye gusaba ingabo z’akarere n’iz’amahanga kuza kuharinda bafatanyije na Leta ya Palestine. Urugendo rw’amahoro rugomba gutangirira ku ntambwe yo kwemera Leta ya Palestine. Ntihashobora kubaho igisubizo kivuye muri Leta ebyiri; mu gihe uburasirazuba bwa Yerusalemu butaraba umurwa mukuru wa Palestine.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot yavuze ko ibyo bavugiye aho bidateze guhinduka.

Ati “Ubu dutangiye urugendo rudasubira inyuma mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwo hagati, kandi mubrabona ko byatangiye gutanga umusaruro. Ubu twinjiye mu gukemura ikibazo binyuze mu biganiro mu buryo bwa nyabwo. Hagomba kujyaho Leta ya Palestine, kureka intambara no kumvikana na Israel, kuvugurura imitegekere ya Palestine no gutegeka Hamas gushyira intwaro hasi.”

Faisal bin Farhan bin Abdullah bin Faisal bin Farhan Al Saud, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Arabia Saudite, yavuze ko iyi ngingo yahise yinjira mubyo Israel igomba gukora kugira ngo ibi Bihugu byombi biganire uburyo byo kubyutsa imibanire.

Ati “Kwemera leta ya Palestine byatuma twongera kuganira uburyo bwo kubyutsa imibanire, ibyo bigomba kubanzirizwa no guhagarika intambara muri Gaza. Ntabwo twagira icyizere cyo kuganira mu gihe tubona abantu bari kwicwa, inyubako zihirikwa abantu birirwa mu miborogo muri Gaza. Tugomba kubanza kwemeza Leta ya Palestine. Nibigerwaho; ni bwo tuzaganira uburyo bwo kunoza imibanire.”

Mu butumwa banyujije ku biro by’ubunymabanga bwa Leta bushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za America, iki Gihugu cyagaragaje ko Marco Rubio atishimiye ibyahavugiwe muri biriya biganiro.

Bagize bati “Ibi ntibizana amahoro ahubwo bizatuma intambara irushaho kumara igihe, bikomeza Hamas. Ni nko kuyibembera ko ibangamiye uburyo bwiza bwo kugera ku mahoro nyayo.

Ibi ni nko gukubita urushyi mu maso y’abantu barokotse iterabwoba ryabaye ku italiki 7/10, ni ugushyigikira iterabwoba, bituma abatwawe bunyago bahezwa mu byobo.

Twe dushyize imbere dipolomasi ya nyayo itari inama zigamije kwiyerekana nk’abafite icyo bamaze.”

Ibi byakiriwe neza i Yeruzalemu, aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Isarel, Gideon Sa’ar yavuze ko icyo gitutu kitazigera kibakura ku izima, anashimira icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za America.

Yagize ati “Ese iyo bavuze ngo muhagarike iyi ntambara; baba bashaka kuvuga iki? Guhagarika intambara mu gihe Hamas ikiyoboye Gaza; byaba ari akaga ku baturage ba Israel na Palestine. Nubwo washyira kuri Israel igitutu kingana iki; ibyo ntibizigera bibaho.”

Ikindi bari gushaka gusaba Leta ya Israel ni ukwemera leta ya Palestine. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa yavugiye i Washington ko u Burayi bugomba gushyira igitutu kuri Israel.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Next Post

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n'umuti riri kuvugutirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.