Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe uburyo Kigali ari amahitamo meza yo kuba isangano ry’ingendo zo mu kirere muri Afurika

radiotv10by radiotv10
18/05/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hasobanuwe uburyo Kigali ari amahitamo meza yo kuba isangano ry’ingendo zo mu kirere muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa RwandAir bwagaragarije ibigo by’ubucuruzi n’izindi sosiyete z’indege muri Afurika, uburyo Kigali ari ahantu heza haba igicumbi cyo guhuza ibyerecyezo by’ingendo zo mu kirere kuri uyu Mugabane ndetse no ku Isi, kubera imiterere y’u Rwanda rusanzwe ari nk’umutima wa Afurika.

Byasobanuwe n’Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Indege y’u Rwanda (RwandAir), Yvonne Manzi Makolo mu nama yiga ku Bukungu yabere i Doha izwi nka ‘Qatar Econmic Forum’.

Imyaka itatu iruzuye RwandAir yemeranyije imikoranire na Qatar Airways, yatumye iyo sosiyete yo muri Qatar yegukana imigabane ingana na 49% muri RwandAir, ndetse ikaba inafite 60% mu kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera kiri kubakwa

Umuyobozi wa RwandAir, Yvone Manzi Makolo yavuze ko ubu bufatanye bumaze guteza imbere urwego rw’ingendo zo mu kirere mu Rwanda.

By’umwihariko yagaragaje uburyo kuzamura uru rwego mu Rwanda byagiriye akamaro Umugabane wa Afurika ndetse n’Isi, kuko ingendo z’indege ziva zinerecyeza muri iki Gihugu, ari nk’isangano ry’izerecyeza mu bindi Bihugu, kuko Kigali yaje yuganganira Addis Ababa muri Ethiopia.

Yagize ati “Addis ni igicumbi gikomeye, ariko ndatekereza ko Kigali na yo ari andi mahitamo muri aka karere. Ushingiye no ku miterere y’u Rwanda; ruri mu mutima wa Afurika. Ibyo bituma byorohera kugera mu byerecyezo byose by’Isi. Hari amahirwe yo kurushaho guteza imbere uru rwego ku buryo rwahangana n’abandi. Twatangiye buhoro ariko dukomeje gutera imbere. Imirimo irakomeje.”

Umuyobozi wa RwandAir avuga ko Umugabane wa Afurika ufite ibibazo bikomeye mu guteza imbere uru rwego rw’ingendo zo mu kirere, ariko ko iyi mikoranire yabahaye amahirwe adasanzwe.

Ati “Hari imbogamizi nyinshi zirimo ikiguzi cy’imirimo, ibikorwa remezo, gufungura ikirere, n’abakozi bafite ubumenyi. Birumbikana ko hari imbogamizi; ariko uyu Mugabane unafite amahirwe yawufasha guhangana na byo, ariko icy’ingenzi ni ukureba uburyo twagera muri Afurika yose. Ibyo ni nabyo RwandAir ishyize imbere.

Tubanza guhuza u Rwanda n’Umugabane wa Afurika; hanyuma tukagera n’ahandi ku isi. Ibyo tubifatanyamo na QatarAirways, tujya i Doha inshuro esheshatu mu cyumweru, dufatanyije n’iyo sosiyete kandi tugera mu byerecyezo bisaga 70. Ni iby’agaciro kuri sosiyete ntoya nkatwe kugera mu byerecyezo bisaga 90 kandi dufite indege 14 zonyine.”

Badr Mohammed al Meer uyobora Qatar Airways avuga ko u Rwanda rwabaye umufatanyabikorwa mwiza, by’umwihariko akaba abona ubu buryo bw’imikoranire ari bwo bushobora gufasha n’ibindi Bihugu.

Yagize ati “Bagomba kugira imyumvire nk’iy’Abanyarwanda. Abafatanyabikorwa bacu b’i Kigali badufunguriye imiryango, ntabwo bashyize imbere kurinda sosiyete yabo. Intego yacu ni ugufasha RwandAir n’ikibuga cy’indege cya Kigali kugera ku rundi rwego.”

Ibi bigo byombi biremeza ko iyi mikoranire izarushaho gutanga umusaruro mu myaka iri imbere, ndetse ko n’ibindi Bihugu bigomba guhindura imyumvire bigafungura isoko kugira ngo uru rwego rutangire gukorera mu nyungu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye ku meza abitabiriye Inama ‘Africa CEO Forum’ barimo Abaperezida batatu (AMAFOTO)

Next Post

Mauritania: Hatangajwe imbogamizi zitavugwaho rumwe zakomye mu nkokora uwifuza kongera guhatanira kuba Perezida

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mauritania: Hatangajwe imbogamizi zitavugwaho rumwe zakomye mu nkokora uwifuza kongera guhatanira kuba Perezida

Mauritania: Hatangajwe imbogamizi zitavugwaho rumwe zakomye mu nkokora uwifuza kongera guhatanira kuba Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.