Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe uburyo Kigali ari amahitamo meza yo kuba isangano ry’ingendo zo mu kirere muri Afurika

radiotv10by radiotv10
18/05/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hasobanuwe uburyo Kigali ari amahitamo meza yo kuba isangano ry’ingendo zo mu kirere muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa RwandAir bwagaragarije ibigo by’ubucuruzi n’izindi sosiyete z’indege muri Afurika, uburyo Kigali ari ahantu heza haba igicumbi cyo guhuza ibyerecyezo by’ingendo zo mu kirere kuri uyu Mugabane ndetse no ku Isi, kubera imiterere y’u Rwanda rusanzwe ari nk’umutima wa Afurika.

Byasobanuwe n’Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Indege y’u Rwanda (RwandAir), Yvonne Manzi Makolo mu nama yiga ku Bukungu yabere i Doha izwi nka ‘Qatar Econmic Forum’.

Imyaka itatu iruzuye RwandAir yemeranyije imikoranire na Qatar Airways, yatumye iyo sosiyete yo muri Qatar yegukana imigabane ingana na 49% muri RwandAir, ndetse ikaba inafite 60% mu kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera kiri kubakwa

Umuyobozi wa RwandAir, Yvone Manzi Makolo yavuze ko ubu bufatanye bumaze guteza imbere urwego rw’ingendo zo mu kirere mu Rwanda.

By’umwihariko yagaragaje uburyo kuzamura uru rwego mu Rwanda byagiriye akamaro Umugabane wa Afurika ndetse n’Isi, kuko ingendo z’indege ziva zinerecyeza muri iki Gihugu, ari nk’isangano ry’izerecyeza mu bindi Bihugu, kuko Kigali yaje yuganganira Addis Ababa muri Ethiopia.

Yagize ati “Addis ni igicumbi gikomeye, ariko ndatekereza ko Kigali na yo ari andi mahitamo muri aka karere. Ushingiye no ku miterere y’u Rwanda; ruri mu mutima wa Afurika. Ibyo bituma byorohera kugera mu byerecyezo byose by’Isi. Hari amahirwe yo kurushaho guteza imbere uru rwego ku buryo rwahangana n’abandi. Twatangiye buhoro ariko dukomeje gutera imbere. Imirimo irakomeje.”

Umuyobozi wa RwandAir avuga ko Umugabane wa Afurika ufite ibibazo bikomeye mu guteza imbere uru rwego rw’ingendo zo mu kirere, ariko ko iyi mikoranire yabahaye amahirwe adasanzwe.

Ati “Hari imbogamizi nyinshi zirimo ikiguzi cy’imirimo, ibikorwa remezo, gufungura ikirere, n’abakozi bafite ubumenyi. Birumbikana ko hari imbogamizi; ariko uyu Mugabane unafite amahirwe yawufasha guhangana na byo, ariko icy’ingenzi ni ukureba uburyo twagera muri Afurika yose. Ibyo ni nabyo RwandAir ishyize imbere.

Tubanza guhuza u Rwanda n’Umugabane wa Afurika; hanyuma tukagera n’ahandi ku isi. Ibyo tubifatanyamo na QatarAirways, tujya i Doha inshuro esheshatu mu cyumweru, dufatanyije n’iyo sosiyete kandi tugera mu byerecyezo bisaga 70. Ni iby’agaciro kuri sosiyete ntoya nkatwe kugera mu byerecyezo bisaga 90 kandi dufite indege 14 zonyine.”

Badr Mohammed al Meer uyobora Qatar Airways avuga ko u Rwanda rwabaye umufatanyabikorwa mwiza, by’umwihariko akaba abona ubu buryo bw’imikoranire ari bwo bushobora gufasha n’ibindi Bihugu.

Yagize ati “Bagomba kugira imyumvire nk’iy’Abanyarwanda. Abafatanyabikorwa bacu b’i Kigali badufunguriye imiryango, ntabwo bashyize imbere kurinda sosiyete yabo. Intego yacu ni ugufasha RwandAir n’ikibuga cy’indege cya Kigali kugera ku rundi rwego.”

Ibi bigo byombi biremeza ko iyi mikoranire izarushaho gutanga umusaruro mu myaka iri imbere, ndetse ko n’ibindi Bihugu bigomba guhindura imyumvire bigafungura isoko kugira ngo uru rwego rutangire gukorera mu nyungu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye ku meza abitabiriye Inama ‘Africa CEO Forum’ barimo Abaperezida batatu (AMAFOTO)

Next Post

Mauritania: Hatangajwe imbogamizi zitavugwaho rumwe zakomye mu nkokora uwifuza kongera guhatanira kuba Perezida

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mauritania: Hatangajwe imbogamizi zitavugwaho rumwe zakomye mu nkokora uwifuza kongera guhatanira kuba Perezida

Mauritania: Hatangajwe imbogamizi zitavugwaho rumwe zakomye mu nkokora uwifuza kongera guhatanira kuba Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.