Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe na Polisi, aho uru rwego ruvuga ko uyu wari “ruharwa” muri ibi bikorwa yarashwe ubwo yageragezaga guturoka.
Uyu witwa Dukuzumuremyi Eric, yari yafashwe nyuma yuko mu ijoro ryo ku ya 02 Mutarama 2026 ateze umumotari witwa Nsengiyumva Emmanuel, akamwambura moto akanamwica.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana avuga ko uyu musore Dukuzumuremyi Eric “yari ruharwa, yari umujura wiba, akica, yabikoraga hirya no hino hatandukanye ariko cyane cyane mu Karere ka Kirehe.”
Avuga ko ubwo yakoraga kiriya cyaha yari yafatiwe, yari yafashwe nyuma yuko ashakishijwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Abaturage, aho yari yahise atabwa muri yombi.
Yatangaje ko uyu musore yarashwe ubwo yari ajyanywe mu buryo bwo gukomeza gukora iperereza, ariko we akaba yari yifitiye undi mugambi.
Ati “Muri iki gitondo rero [igitondo cyo ku wa Gatatu] ni bwo yari agiye kwerekana bimwe mu bikoresho ajyenda yiba hirya no hino hatandukanye aho abibika, ageze mu nzira ariruka ashaka gucika, polisi aramurasa yitaba Imana.”
SP Hamdun yaboneyeho gusaba abakiri bato gukura amaboko mu mifuka bagakora, aho kumva ko bazatungwa n’iby’abandi nk’uko uyu musore yari yarijanditse mu bikorwa bibi by’ubujura.
Ati “Bakwiye kubireka kubera ko Polisi iri maso kandi abaturage bafitanye ubufatanye n’inzego z’umutekano, kwiba rero ni icyaha gihanwa n’amategeko kandi ntabwo tuzabihanganira dufatanyije n’inzego zitandukanye ndetse n’abaturage tuzabafata bashyikirizwe ubutabera.”
Abaturage batuye muri kariya gace uyu musore yiciyemo uriya muturage, bavuga ko bari bamaze igihe bafite impungenge z’umutekano wabo, kuko bikangaga ko na bo yazabagirira nabi.
RADIOTV10










