• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hasohotse igihangano cyatumye hakumburwa umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri atabarutse

radiotv10by radiotv10
26/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
INKURU Y’INCAMUGONGO: Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana

Nyakwigendera Buravan Imana imwakire mu bayo

Share on FacebookShare on Twitter

Hashyizwe hanzwe indirimbo y’umuhanzi Burabyo Dushime Yvan wamamaye nka Yvan Buravan, umaze imyaka ibiri yitabye Imana, yatumye abakunzi ba muzika nyarwanda bamukumbura.

Iyi ndirimbo yiswe ‘Already Made’ ni iy’uyu muhanzi Yvan Buravan wasize ibihangano binyuranye byariho bitunganywa.

N’iyi ndirimbo yagiye hanze, ni imwe mu zo yasize agitunganya, yatumye abakunda ibihangano bye, bamukumbura nyuma y’imyaka ibiri n’amezi abiri yitabye Imana.

Iyi ndirimbo yagiye hanze mbere y’umunsi umwe, ngo habe Iserukiramuco ‘Twaje Fest’, riteganyijwemo ibikorwa byo gutarama uyu muhanzi no kumva ibihangano bye.

Iri serukiramuco riraba kuri uyu gatandatu tariki 26 Ukwakira 2024 muri BK Arena, riteganyijwemo ibikorwa bitankundikanya, nko Kwipimisha Cancer yahitanye uyu muhanzi.

Hateganyijwemo kandi igikorwa cyokumurika imideri yahimbwe na Buravan ndetse n’igitaramo nyirizina, cy’umurage wasizwe n’uyu muhanzi, watabarutse yaramaze gutangiza iri serukiramuco, yafataga nk’iryo kwagura ibikorwa bye.

Iyi ndirimbo ‘Already Made’ bishatse kuvuga ‘Nakoze ibyanjye’, yumvikanisha ko uyu muhanzi yatabarutse akoze ibyo yagombaga gukora kandi ko ibyo yasize bizakomeza kunyura benshi.

Kate Gustave NKURUNZIZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Next Post

Abatumye havuka ibihuha ko hari abacengezi Iburasirazuba hatangajwe aho dosiye yabo igeze

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Hagaragajwe ukuri ku byavugwaga ko Iburasirazuba haza abacengezi hanavugwa ababyihishe inyuma

Abatumye havuka ibihuha ko hari abacengezi Iburasirazuba hatangajwe aho dosiye yabo igeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.