Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Emmanuel Sibomana uzwi nka Emmy Vox uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana amaze amezi atanu asezeranye n’umugore we bagiye kubana nk’umugore n’umugabo, ariko ababimenye ni mbarwa. Yatangaje impamvu yakoze iki gikorwa mu bwiru.

Aya makuru yatahuwe ubwo hagaragaraga ifoto y’uyu muhanzi, ari gusezerana n’umugore we, ari nabwo umunyamakuru wa RADIOTV10 yamubazaga ibyayo.

Ntiyanyuze inyereramucyamo, kuko yahise amwemerera ko yasezeranye. Ati “Nasezeranye mu mategeko ku itariki ya 12 Mutarama 2023. Sinifuje ko bimenyekana”

Avuga ko amakuru y’ubu bukwe bwe, yanze kuyatangaza kugira ngo bitazabangamira ibikorwa bye bya muzika ari no gutegura, birimo indirimbo ateganya gushyira hanze.

Yavuze ko nyuma yo gusezerana mu mategeko n’umugore we usanzwe utuye hanze y’u Rwanda, bateganya kuzasezerana imbere y’Imana mu kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka.

Emmy Vox umaze imyaka irenga itatu mu muziki, yamamaye cyane mu ndirimbo yitwa Kumanga y’igisirimba yafatanyije n’umuhanzi mugenzi we Aime Frank, imaze kurebwa n’abasaga Miliyoni 2,5 kuri YouTube.

Yanakoranye kandi indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare Mani Martin wabanje kuba mu muziki wo kuramya Imana nyuma akaza kubivamo.

Si ubwa mbere ibyo guhisha amakuru y’ubukwe ku muhanzi uririmba indirimbo zo kuramya Imana, bibayeho kuko umwaka ushize umuhanzi Serge Iyamuremye yasabye anakwa umugore we mu ibanga rikomeye, ubu akaba aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Emmy Vox usanzwe afite indirimbo 12 z’amajwi n’amashusho, aherutse no gushyira hanze indi nshya yise
‘NARAKUBONYE’ yuzuye ubutumwa bwafasha buri wese wayumva, akarushaho gufashwa.

INDIRIMBO YE NSHYA

 

INDIRIMBO YE YAMENYEKANYE CYANE

 

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + fifteen =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe

Next Post

PSG umufatanyabikorwa w’u Rwanda ivuyemo undi mukinnyi nyamwamba nyuma ya kizigenza Messi

Related Posts

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
PSG umufatanyabikorwa w’u Rwanda ivuyemo undi mukinnyi nyamwamba nyuma ya kizigenza Messi

PSG umufatanyabikorwa w’u Rwanda ivuyemo undi mukinnyi nyamwamba nyuma ya kizigenza Messi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.