Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatahuwe umugambi mu rwego rwa gisirikare Korea ya Ruguru irimo n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatahuwe umugambi mu rwego rwa gisirikare Korea ya Ruguru irimo n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un yatanze itegeko ko hakorwa indenge za gisirikare zitagira abapilote zigezweho mu kurasa, bivugwa ko bishingiye ku mubano uri hagati y’iki Gihugu n’u Burusiya, ndetse hamaze iminsi hari kuba imyitozo igisirikare cy’u Burusiya giha abasirikare ba Korea ya Ruguru.

Ni itegeko ryatanzwe na Kim Jong Un kuri uyu wa Kane nk’uko byemejwe n’Igitangazamakuru cya Leta muri Korea ya Ruguru.

Ibi bibaye nyuma y’icyumweru kimwe umwe mu bayobozi ba Ukraine abwiye Ikinyamakuru Business Insider ko abasirikare ba Korea ya Ruguru bamaze igihe bari guhabwa imyitozo n’igisirikare cy’u Burusiya mu gukoresha izi ndege za Drone mu kurasa.

Nkuko byatangajwe na KCNA, Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un aherutse kugaragara akurikiranye imyitozo y’uburyo igisirikare cye gikoresha izi drone, ari na byo byakurikiwe no gutanga iri tegeko ko hakorwa izi ndege nyinsyi kandi zifite ikoranabuhanga rigezweho.

Perezida Kim Jong Un yavuze ko “hakenewe kubakwa mu buryo bwihuse sisiteme igezweho ndetse n’indege za drone nyinshi.”

Iki gitangazamakuru kandi cyagaragaje amafoto anyuranye ka Kim Jong Un ari kureba iyi myitozo ya Drone ziri gushwanyaguza ahantu hanyuranye.

Bivugwa ko Kim Jong Un yabonye izi drone zakoreshwaga ziciriritse, biryo ko hakenewe kongerera ubushobozi izigezweho zikazamurirwa urwego.

Indege zitagira abapilote, ni zimwe mu ntwaro ziri kwifashishwa mu ntambara imaze igihe ihanganishije u Burusiya na Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 20 =

Previous Post

Amanota y’ibizamini bya Leta: Menya abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu n’ibigo bigagamo

Next Post

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.