Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatahuwe umugambi mu rwego rwa gisirikare Korea ya Ruguru irimo n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatahuwe umugambi mu rwego rwa gisirikare Korea ya Ruguru irimo n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un yatanze itegeko ko hakorwa indenge za gisirikare zitagira abapilote zigezweho mu kurasa, bivugwa ko bishingiye ku mubano uri hagati y’iki Gihugu n’u Burusiya, ndetse hamaze iminsi hari kuba imyitozo igisirikare cy’u Burusiya giha abasirikare ba Korea ya Ruguru.

Ni itegeko ryatanzwe na Kim Jong Un kuri uyu wa Kane nk’uko byemejwe n’Igitangazamakuru cya Leta muri Korea ya Ruguru.

Ibi bibaye nyuma y’icyumweru kimwe umwe mu bayobozi ba Ukraine abwiye Ikinyamakuru Business Insider ko abasirikare ba Korea ya Ruguru bamaze igihe bari guhabwa imyitozo n’igisirikare cy’u Burusiya mu gukoresha izi ndege za Drone mu kurasa.

Nkuko byatangajwe na KCNA, Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un aherutse kugaragara akurikiranye imyitozo y’uburyo igisirikare cye gikoresha izi drone, ari na byo byakurikiwe no gutanga iri tegeko ko hakorwa izi ndege nyinsyi kandi zifite ikoranabuhanga rigezweho.

Perezida Kim Jong Un yavuze ko “hakenewe kubakwa mu buryo bwihuse sisiteme igezweho ndetse n’indege za drone nyinshi.”

Iki gitangazamakuru kandi cyagaragaje amafoto anyuranye ka Kim Jong Un ari kureba iyi myitozo ya Drone ziri gushwanyaguza ahantu hanyuranye.

Bivugwa ko Kim Jong Un yabonye izi drone zakoreshwaga ziciriritse, biryo ko hakenewe kongerera ubushobozi izigezweho zikazamurirwa urwego.

Indege zitagira abapilote, ni zimwe mu ntwaro ziri kwifashishwa mu ntambara imaze igihe ihanganishije u Burusiya na Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 4 =

Previous Post

Amanota y’ibizamini bya Leta: Menya abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu n’ibigo bigagamo

Next Post

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Related Posts

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.