Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatahuwe umugambi mu rwego rwa gisirikare Korea ya Ruguru irimo n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatahuwe umugambi mu rwego rwa gisirikare Korea ya Ruguru irimo n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un yatanze itegeko ko hakorwa indenge za gisirikare zitagira abapilote zigezweho mu kurasa, bivugwa ko bishingiye ku mubano uri hagati y’iki Gihugu n’u Burusiya, ndetse hamaze iminsi hari kuba imyitozo igisirikare cy’u Burusiya giha abasirikare ba Korea ya Ruguru.

Ni itegeko ryatanzwe na Kim Jong Un kuri uyu wa Kane nk’uko byemejwe n’Igitangazamakuru cya Leta muri Korea ya Ruguru.

Ibi bibaye nyuma y’icyumweru kimwe umwe mu bayobozi ba Ukraine abwiye Ikinyamakuru Business Insider ko abasirikare ba Korea ya Ruguru bamaze igihe bari guhabwa imyitozo n’igisirikare cy’u Burusiya mu gukoresha izi ndege za Drone mu kurasa.

Nkuko byatangajwe na KCNA, Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un aherutse kugaragara akurikiranye imyitozo y’uburyo igisirikare cye gikoresha izi drone, ari na byo byakurikiwe no gutanga iri tegeko ko hakorwa izi ndege nyinsyi kandi zifite ikoranabuhanga rigezweho.

Perezida Kim Jong Un yavuze ko “hakenewe kubakwa mu buryo bwihuse sisiteme igezweho ndetse n’indege za drone nyinshi.”

Iki gitangazamakuru kandi cyagaragaje amafoto anyuranye ka Kim Jong Un ari kureba iyi myitozo ya Drone ziri gushwanyaguza ahantu hanyuranye.

Bivugwa ko Kim Jong Un yabonye izi drone zakoreshwaga ziciriritse, biryo ko hakenewe kongerera ubushobozi izigezweho zikazamurirwa urwego.

Indege zitagira abapilote, ni zimwe mu ntwaro ziri kwifashishwa mu ntambara imaze igihe ihanganishije u Burusiya na Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Amanota y’ibizamini bya Leta: Menya abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu n’ibigo bigagamo

Next Post

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
20/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, yaramutse mu mujyi a Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara...

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko afite ubushake bwo...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

IZIHERUKA

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato
MU RWANDA

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

by radiotv10
20/10/2025
0

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.