• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe amahoteri ane mu Rwanda yafunzwe by’agateganyo n’impamvu

radiotv10by radiotv10
04/06/2026
in MU RWANDA
0
Hatangajwe amahoteri ane mu Rwanda yafunzwe by’agateganyo n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje ibigo by’ubucuruzi bine byakira abantu, byafunzwe by’agateganyo kubera kutuzuza ibisabwa mu rwego rw’ubukerarugendo n’amahoteri, birimo ibirebana n’impushya zo gukora, isuku n’ubuziranenge bw’ibiribwa.

Ifungwa ry’ibi bigo rikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na RDB kuri uyu wa Kane tariki 04 Kamena 2026, aho uru Rwego ruvuga ko iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku bugenzuzi rwakoze mu rwego rwo kugenzura iyuzuzwa ry’ibisabwa mu bukerarugendo n’amahoteri.

Ibi bigo byafunzwe by’agatetanyo, ni Century Park Hotel and Residences iherereye i Nyarutarama, mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, Dove Luxury Hotel iherereye mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.

RDB yafunze by’agateganyo kandi Highland Resort Ltd iri mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru, na Nengo Eden Park Hotel yo mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.

RDB ikagira ikavuga ko “Kuhafunga by’agateganyo bikaba bigamije guha umwanya izi hoteri ngo zikemure ibibazo byagaragaye by’imikorere itanoze ku birebana n’impushya zo gukora, isuku, ubuziranenge bw’ibiribwa, umutekano muri rusange, ireme rya serivisi, n’ibindi bisabwa mu cyiciro barimo.”

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda ruvuga ko ibi bigo byose byafatiwe ibi byemezo bisabwa guhagarika imirimo yose irebana na hoteri n’ubukerarugendo mu gihe bizaba bifunze.

Ruti “kandi ntibishobora gusubukura imirimo mbere y’uko bitanze ibimenyetso bifatika byerekana ko amakosa yakosowe, kandi byamaze kugenzurwa n’inzego zibifitiye ububasha.”

RDB kandi yoboneyeho kwibutsa n’ibindi bigo byose byakira abantu kubahiriza mu buryo bwuzuye ibisabwa byose bijyanye n’ubukerarugendo, amahoteri, isuku, umutekano, ubuziranenge bw’ibiribwa, n’itangwa rya serivisi.

Iti “Kubahiriza ibisabwa ni ingenzi cyane mu kurinda abashyitsi, abakozi, n’abaturage muri rusange, kandi bishimangira ireme n’icyizere by’urwego rw’amahoteri n’ubukerarugendo.

Uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda, ruvuga ko ruzakomeza gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibisabwa kandi ko ruzafata ingamba zikwiye zirebana n’amategeko aho bizaba ngombwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Somalia: Urasaku rw’amasasu rwumvikanye hafi y’umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru rwazamuye ubwoba

Related Posts

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

by radiotv10
04/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA, buratangaza ko Abanyarwanda miliyoni 4,4 bamaze kwiyandikisha no kwifotoza ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga. Byatangajwe...

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Amakuru mpamo ku ishyingurwa rya Kabuga Felicien byavugwaga ko ryabaye mu ibanga rikomeye

by radiotv10
04/06/2026
0

Kabuga Felicien washingwaga kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba aherutse gupfira muri gereza mu Buholandi, byamenyekanye ko yashyinguwe...

Ibikekwa ku itumizwa ryihutirwa ry’abakozi b’Akarere bitabye RIB  bagasohoka inama itarangiye

Ibikekwa ku itumizwa ryihutirwa ry’abakozi b’Akarere bitabye RIB bagasohoka inama itarangiye

by radiotv10
03/06/2026
0

Abakozi batatu b’Akarere ka Nyamagabe barimo ushinzwe ubugenzuzi bw’Imihanda n’ushinzwe imyubakire, batumijwe kuri RIB ikorera mu Karere ka Huye by’igitaraganya...

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

by radiotv10
03/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro, bwasabye ko Lilito miliyoni 1,9 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze amezi atandatu mu bubiko, zishyirwa ku...

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

by radiotv10
03/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, baturiye akabari kitwa CHOGM-SPA,...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe amahoteri ane mu Rwanda yafunzwe by’agateganyo n’impamvu

Somalia: Urasaku rw’amasasu rwumvikanye hafi y’umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru rwazamuye ubwoba

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.