Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amakuru amaze iminsi atazwi ku mugore w’uwari Perezida uherutse guhirikwa ku butegetsi

radiotv10by radiotv10
12/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe amakuru amaze iminsi atazwi ku mugore w’uwari Perezida uherutse guhirikwa ku butegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida wa Gabon ahiritswe ku butegetsi, hatangajwe ko umugore we Sylvia Bongo Ondimba Valentin, amaze iminsi afunze.

Aya makuru yemejwe kuri uyu wa Kane na Francois Zimeray, umunyamategeko wa Sylvia Bongo Ondimba Valentin, ko uyu mugore wa Ali Bongo afungiye iwe kuva umugabo we yahirikwa ku butegetsi muri Kanama (08).

Francois Zimeray yabwiye AFP ko Sylvia Bongo Ondimba Valentin yafunzwe mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023 ubwo umugabo we yahirikwaga ku butegetsi.

Umugore wa Bongo yarezwe mu rukiko tariki 28 z’ukwezi gushize kwa Nzeri, ashinjwa ibyaha birimo kunyereza amafaranga no gukoresha inyandiko mpimbano.

Ali Bongo n’abantu be ba hafi, bashinjwa kuba barakoze amanyanga mu byavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Abashinjacyaha kandi bashinja Sylvia Bongo n’umuhungu we Nourredin Bongo Valentin, kuyobora buhumyi uwahoze ari Perezida utarakira indwara yo guturika kw’imitsi yo mu bwonko izwi nka Stroke yarwaye kuva muri 2018.

Ubushinjacyaha buvuga ko aba bombi bari mu buyobozi bw’Igihugu cyari gikungahaye kuri Peteroli mu myaka itanu ishize, bakaba barasesaguye amafaranga y’Igihugu.

Umuhungu wa Bongo, Nourredin Bongo Valentin we yajyanywe muri kasho kuva umubyeyi we yahirikwa ku butegetsi, aho ashinjwa ibyaha bya ruswa.

Umunyamategeko Zimeray yagize ati “Twamaganye izi nzira zinyuranye n’amategeko. Hari itandukaniro hagati y’ibikorwa bidahwitse n’ubutabera, hari itandukaniro kandi hagati y’amategeko no kwihorera.”

Ali Bongo w’imyaka 64, yategetse Igihugu cya Gabon kuva muri 2009, akaba yarahiritswe ku butegetsi n’igisirikare nyuma y’iminsi micye atangajwe ko yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Yari yatowe muri 2009 nyuma y’uko umubyeyi Omar Bongo yitabye Imana na we yari amaze imyaka 42 ku butegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − ten =

Previous Post

Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho

Next Post

Umuhanzi uzwi mu karere u Rwanda ruherereyemo yavuze ku bana be ibyatunguye benshi

Related Posts

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uzwi mu karere u Rwanda ruherereyemo yavuze ku bana be ibyatunguye benshi

Umuhanzi uzwi mu karere u Rwanda ruherereyemo yavuze ku bana be ibyatunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.