Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’ikamyo yari itwaye abasirikare b’u Burundi

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in AMAHANGA
0
Hatangajwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’ikamyo yari itwaye abasirikare b’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 23 mu ngabo z’u Burundi, bahitanywe n’impanuka y’imodoka yari ibatwaye yaguye mu mukoki muremure, yabereye muri Komini ya Mabayi mu Ntara ya Cibitoke, ndetse hanatangazwa igikekwa kuba cyayiteye.

Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ejo hashize ku wa Mbere, muri Lokarite ya Manyana muri iyi Komini ya Mabayi, yanakomerekeyemo bikomeye abarenga 30.

Yabereye mu muhanda mukuru wa RN-10, muri Zone ya Buhoro aho imwe mu modoka 10 zari zitwaye abasirikare b’u Burundi yakoreraga impanuka mu gace gakanganye.

Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, gikorera mu Burundi, kivuga ko amakuru cyahawe n’umwe mu basirikare, yagize ati “Abasirikare umunani bahise bahasiga ubuzima, abandi 38 barakomereka bikomeye. Ikamyo yari yuzuye abasirikare.”

Iyi kamyo yari yuzuye abasirikare yaguye mu mukoki muremure cyane ufite uburebure bwa metero zibarirwa mu ijana nk’uko byatangarijwe na SOS Medias.

Umwe mu basirikare barokotse iyi mpanuka wari wicaye imbere, yagize ati “Feri z’imodoka ntabwo zakoraga neza, ubwo yari ahantu hamanuka cyane mu bilometero bibiri ari mu gicuku, umushoferi yaje guta umurongo.”

Aba basirikare barimo berecyeza mu ishyamba rya Kibira ku gice cyo muri Mabayi, aho bari bagiye kongera ingufu mu gucunga umutekano muri iri shyamba rikunze kuvugwamo inyeshyamba zihungabanya umutekano.

Umwe mu baganga bo mu Bitaro bya Cibitoke byahise byoherezwamo inkomere, yavuze ko nyuma ya bariya basirikare umunani bahise bitaba Imana ubwo iyi mpanuka yabaga, abandi 15 na bo baje gushiramo umwuka, ndetse ko umubare ushobora gukomeza kwiyongera.

Polisi y’Igihugu cy’u Burundi, kuri uyu wa Mbere yaramukiye ahabereye iyi mpanuka gukora iperereza, aho yasanze “Impanuka yatewe no kuba umushoferi atari asobanukiwe umuhanda” byatumye awurenga.

Agace ka Manyama kabereyemo iyi mpanuka, zikunze kuhabera n’ubusanzwe, ndetse benshi bakahasiga ubuzima, dore ko ngo nta mwaka ujya ushira, hatagize abaharakariza ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 12 =

Previous Post

Abarimo Umuyobozi w’Ishuri bakekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri umwe yabitanzeho umucyo

Next Post

I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye

I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.