Wednesday, April 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

radiotv10by radiotv10
22/04/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi Daouda Yussif Seidu wa APR FC na Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC, bafatiwe ibihano n’ubuyobozo bwa Rwanda Premier League  nyuma yuko bagaragaweho imihango itinza umukino wari wahuje aya makipe yombi, aho byumwihariko uwa Etincelles yagaragaweho igikorwa giteza urujijo cyo kwisiga ibisa n’ifu mu mutwe.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mata 2026 ni bwo hasohotse itangazo rya Rwanda Premier League rigaragaza ibihano byafatiwe abakinnyi Daouda Yussif Seidu wa APR FC na Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC, kubera amakosa bakoze ku mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona wabaye kuri iki Cyumweru mu karere ka Rubavu, warangiye Etincelles itsinze APR FC ibitego 2-1.

Mu itangazo ryagenewe abakunzi ba ruhago, ryashyizwe hanze na Rwanda Premier League ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Mata 2026, yavuze ko aba bakinnyi bahanwe hashingiwe ku mabwiriza agaragara mu ngingo ya 22, igika cya 3.

Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC yaciwe amande y’ibihumbi 200 Frw, mu gihe Daouda Yussif Seidu wa APR FC yaciwe amande y’ibihumbi 100 Frw.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko bombi bagaragayeho ibikorwa binyuranye n’imihango itiza itangira ry’umukino, bibujijwe n’amabwiriza agenga Rwanda Premier League mu ngingo ya 22, igika cya 3.

Bombi banze kwinjira mu kibuga igihe amakipe yombi yasohokaga mu rwambariro.

Gédéon Ndinga Bivula kandi yagaragaye mu gikorwa giteye urujijo, gikorewe ahabona, cyo kwisiga ibisa n’ifu mu mutwe, bibujijwe n’amabwiriza ya Rwanda Premier League agaragara mu ngingo ya 22, igika cya 3 cyavuzwe.

Iri tangazo risoza rivuga ko Rwanda Premier League yibutsa ko, mu rwego rwo kubungabunga isura nziza y’irushanwa no kuzamura urwego rw’ubunyamwuga, itazihanganira imyitwarire iyo ari yo yose ibangamira imigendekere y’umukino, iteye urujijo, itesha igihe cyangwa ishobora guteza amakimbirane, harimo ikoreshwa ry’imiti itemewe mu buvuzi bwa siporo n’ibindi bifitanye isano n’ibitemewe.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Next Post

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

by radiotv10
21/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahagaritse rutahizamu w'iyi kipe, Umunya-Cameroon Aziz Bassane kubera imyitwarire mibi avugwaho, bunamwandikira ibaruwa bumusaba ibisobanuro. Amakuru...

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

by radiotv10
19/04/2026
0

Imyiteguro irarimbanyije ku makipe ane ahagarariye u Rwanda mu irushanwa ry'amakipe y'abagabo yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino...

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

by radiotv10
17/04/2026
0

Nubwo Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bamaze imyaka myinshi bahanganiye mu kibuga nk’abakinnyi beza ku isi, ubu iryo hangana riri...

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

by radiotv10
17/04/2026
0

Mu gutangiza amarushanwa ya RDF Liberation Cup ategurwa mu rwego rwo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora, mu mikino yabereye mu Ntara...

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

by radiotv10
17/04/2026
0

Ibiganiro byahurije hamwe ubuyobozi bwa FERWAFA, Perezida wa Rayon Sports, Abdallah Murenzi n’uwa Kiyovu, David Nkurunziza byari bigamije gukemura ikibazo...

IZIHERUKA

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban
AMAHANGA

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

by radiotv10
22/04/2026
0

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

22/04/2026
Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

22/04/2026
Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

22/04/2026
Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

22/04/2026
Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

22/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.