Abakinnyi Daouda Yussif Seidu wa APR FC na Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC, bafatiwe ibihano n’ubuyobozo bwa Rwanda Premier League nyuma yuko bagaragaweho imihango itinza umukino wari wahuje aya makipe yombi, aho byumwihariko uwa Etincelles yagaragaweho igikorwa giteza urujijo cyo kwisiga ibisa n’ifu mu mutwe.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mata 2026 ni bwo hasohotse itangazo rya Rwanda Premier League rigaragaza ibihano byafatiwe abakinnyi Daouda Yussif Seidu wa APR FC na Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC, kubera amakosa bakoze ku mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona wabaye kuri iki Cyumweru mu karere ka Rubavu, warangiye Etincelles itsinze APR FC ibitego 2-1.
Mu itangazo ryagenewe abakunzi ba ruhago, ryashyizwe hanze na Rwanda Premier League ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Mata 2026, yavuze ko aba bakinnyi bahanwe hashingiwe ku mabwiriza agaragara mu ngingo ya 22, igika cya 3.
Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC yaciwe amande y’ibihumbi 200 Frw, mu gihe Daouda Yussif Seidu wa APR FC yaciwe amande y’ibihumbi 100 Frw.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko bombi bagaragayeho ibikorwa binyuranye n’imihango itiza itangira ry’umukino, bibujijwe n’amabwiriza agenga Rwanda Premier League mu ngingo ya 22, igika cya 3.
Bombi banze kwinjira mu kibuga igihe amakipe yombi yasohokaga mu rwambariro.
Gédéon Ndinga Bivula kandi yagaragaye mu gikorwa giteye urujijo, gikorewe ahabona, cyo kwisiga ibisa n’ifu mu mutwe, bibujijwe n’amabwiriza ya Rwanda Premier League agaragara mu ngingo ya 22, igika cya 3 cyavuzwe.
Iri tangazo risoza rivuga ko Rwanda Premier League yibutsa ko, mu rwego rwo kubungabunga isura nziza y’irushanwa no kuzamura urwego rw’ubunyamwuga, itazihanganira imyitwarire iyo ari yo yose ibangamira imigendekere y’umukino, iteye urujijo, itesha igihe cyangwa ishobora guteza amakimbirane, harimo ikoreshwa ry’imiti itemewe mu buvuzi bwa siporo n’ibindi bifitanye isano n’ibitemewe.
Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10










