• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Ukekwa yahise afatwa

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ukekwaho kugaba igitero i Washington, ahaberaga ibirori byari byitabiriwe na Perezida Donald Trump, ategerejwe kugezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa Mbere.

Cole Tomas Allen, w’imyaka 31 ukomoka i Torrance muri California, aritaba urukiko rwa leta i Washington nyuma y’iminsi ibiri. Abayobozi batangaje ko baburijemo igitero cyagabwe muri White House, ubwo haberaga ibirori byiswe White House Correspondents’ Association, byari byitabiriwe na Perezida Trump.

Umushinjacyaha mukuru wa Washington, Jeanine Pirro, yavuze ko uyu wagabye iki gitero aregwa ibyaha birimo kugirira nabi umukozi wa leta no gukoresha imbunda mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi, gusa ngo iperereza riracyakomeje.

Abayobozi ba Amerika bavuga ko uyu mugabo, mbere yo kugaba iki gitero, yasize inyandiko mu muryango we igaragaza umugambi wo kwibasira abayobozi bakuru bo mu butegetsi bwa Trump, barimo na Perezida ubwe.

Allen yari yafashe icyumba muri hoteli ya Washington Hilton, aho ibi birori byabereye, ndetse yageze i Washington avuye muri California akoresheje gari ya moshi.

Ibi byabaye ku wa Gatandatu byateye ubwoba bukomeye mu bari bitabiriye ibyo birori, bamwe bihisha munsi y’ameza, mu gihe abashinzwe umutekano bahise bakura abayobozi bakuru muri salle.

Perezida Trump, wari uteganyijwe gutanga ijambo, n’abandi bayobozi bakuru muri leta ya Amerika, bahise bakurwa aho bari bicaye n’abashinzwe umutekano nyuma y’amasasu yumvikanye.

Amakuru avuga ko ukekwaho icyaha yarashe imbunda ya shotgun kuri umwe mu bashinzwe umutekano, ariko agahita ahagarikwa agafatwa, ndetse aza kujyanwa kwa muganga kugira ngo asuzumwe, nyuma yo gufatwa afite n’izindi ntwaro zirimo imbunda nto (pistol) n’icyuma.

Abayobozi ba Amerika bavuze ko kumufata byihuse ari intsinzi ku nzego z’umutekano, nubwo ibi byongeye kuzamura impungenge ku mutekano wa Trump n’abandi bayobozi, cyane ko na mbere yigeze kurokoka ibitero byo gushaka kumwivugana mu gihe cyo kwiyamamaza mu 2024.

Shemsa UWIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + nine =

Previous Post

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Next Post

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

How people stay financially stable

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.