Monday, April 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Ukekwa yahise afatwa

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ukekwaho kugaba igitero i Washington, ahaberaga ibirori byari byitabiriwe na Perezida Donald Trump, ategerejwe kugezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa Mbere.

Cole Tomas Allen, w’imyaka 31 ukomoka i Torrance muri California, aritaba urukiko rwa leta i Washington nyuma y’iminsi ibiri. Abayobozi batangaje ko baburijemo igitero cyagabwe muri White House, ubwo haberaga ibirori byiswe White House Correspondents’ Association, byari byitabiriwe na Perezida Trump.

Umushinjacyaha mukuru wa Washington, Jeanine Pirro, yavuze ko uyu wagabye iki gitero aregwa ibyaha birimo kugirira nabi umukozi wa leta no gukoresha imbunda mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi, gusa ngo iperereza riracyakomeje.

Abayobozi ba Amerika bavuga ko uyu mugabo, mbere yo kugaba iki gitero, yasize inyandiko mu muryango we igaragaza umugambi wo kwibasira abayobozi bakuru bo mu butegetsi bwa Trump, barimo na Perezida ubwe.

Allen yari yafashe icyumba muri hoteli ya Washington Hilton, aho ibi birori byabereye, ndetse yageze i Washington avuye muri California akoresheje gari ya moshi.

Ibi byabaye ku wa Gatandatu byateye ubwoba bukomeye mu bari bitabiriye ibyo birori, bamwe bihisha munsi y’ameza, mu gihe abashinzwe umutekano bahise bakura abayobozi bakuru muri salle.

Perezida Trump, wari uteganyijwe gutanga ijambo, n’abandi bayobozi bakuru muri leta ya Amerika, bahise bakurwa aho bari bicaye n’abashinzwe umutekano nyuma y’amasasu yumvikanye.

Amakuru avuga ko ukekwaho icyaha yarashe imbunda ya shotgun kuri umwe mu bashinzwe umutekano, ariko agahita ahagarikwa agafatwa, ndetse aza kujyanwa kwa muganga kugira ngo asuzumwe, nyuma yo gufatwa afite n’izindi ntwaro zirimo imbunda nto (pistol) n’icyuma.

Abayobozi ba Amerika bavuze ko kumufata byihuse ari intsinzi ku nzego z’umutekano, nubwo ibi byongeye kuzamura impungenge ku mutekano wa Trump n’abandi bayobozi, cyane ko na mbere yigeze kurokoka ibitero byo gushaka kumwivugana mu gihe cyo kwiyamamaza mu 2024.

Shemsa UWIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 18 =

Previous Post

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Related Posts

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

by radiotv10
27/04/2026
0

Abasirikare bane bo ku rwego rw’abofisiye, barimo ufite ipeti rya Brigadier, bagejejwe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare Rukuru rwa Makindye, baregwa...

Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

by radiotv10
27/04/2026
0

Ubukwe bwahuriyemo couples 300 zasezeraniye icyarimwe muri Gaza, bwasigiye ibyishimo bidasanzwe ababukoze, bishimiye intangiriro idasanzwe y’ubuzima bushya. Ubu bukwe bwabereye...

Ubutumwa bwa Ndayishimiye nyuma yo kwemezwa n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora ya Perezida

Ubutumwa bwa Ndayishimiye nyuma yo kwemezwa n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora ya Perezida

by radiotv10
27/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, yashimiye Ishyaka rye CNDD-FDD ryongeye kumugirira icyizere kugira ngo azarihagararire nk’umukandida waryo mu Matora y’Umukuru...

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

by radiotv10
27/04/2026
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba umwuzukuru we yateye intambwe ya mbere yo kurushinga mu...

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

by radiotv10
27/04/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, nyuma yo gukorera ingendo mu Bihugu binyuranye, ari mu Burusiya aho agomba guhura...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu
AMAHANGA

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

by radiotv10
27/04/2026
0

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

27/04/2026
Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

27/04/2026
Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

27/04/2026
Umuhanzi Ish Kevin yageneye umubyeyi we ubutumwa

Umuhanzi Ish Kevin yageneye umubyeyi we ubutumwa

27/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

27/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.