Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe ibyumvikanamo urujijo ku cyataye itumbagira ry’igiciro cy’umuceri w’umu-Tanzania

radiotv10by radiotv10
17/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangajwe ibyumvikanamo urujijo ku cyataye itumbagira ry’igiciro cy’umuceri w’umu-Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe havugwa izamuka ry’igiciro cy’umuceri uturuka muri Tanzania, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyo kivuga ko uwinjiye mu Rwanda mu byumweru bibiri bishize, wikububye inshuro eshatu ugereranyije n’igihe nk’icyo umwaka ushize, kandi ko uturuka mu Bihugu bya EAC wakuriweho imisoro.

Ni nyuma y’uko ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] hari abagaragaje ko uyu muceri usanzwe ukunzwe na benshi, watumbagiye; bibaza impamvu yabiteye.

Umunyamakuru Emma Marie Umurerwa, mu butumwa yanyujije kuri X, abaza Ibigo birebwa n’ubucuruzi, nk’icy’Umusoro n’Amahooro ndetse na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yagize ati “Mwamenye ko umuceri wa Tanzania nimero 1, ibilo ari 55 000 Rrw?”

Uyu munyamakuru mu kibazo cye, yakomeje agira ati “Umucuruzi ambwiye ko ari ingaruka za cya cyemezo muherutse gufata. Ni inde uri burengere umuguzi?”

Mu gusubiza iki kibazo, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yizeje ko igiye gukurikirana ibyacyo kugira ngo kibonerwe umuti, bityo abakunzi b’uyu muceri bakomeze kuwuhaha.

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yagize iti “MINICOM ifatanyije na PSF (Urugaga rw’Abikorera), abacuruzi batumiza umuceri mu mahanga n’izindi nzego bireba bari gukurikirana iki kibazo.”

MINICOM yakomeje muri ubu butumwa bwayo igira iti “Uretse umuceri uturuka muri Tanzania, ubundi bwoko bw’umuceri buraboneka ku isoko uko bisanzwe.”

Ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro (RRA) cyo cyagaragaje ko nta mpungenge yagakwiye gutuma habaho itumbagira ry’ibiciro by’uyu muceri uturuka muri Tanzania.

RRA yagize iti “Dukurikije imibare tubona y’ukuntu umuceri uva hanze winjira mu gihugu, kuva tariki ya 1-14/04/2024 hinjiye toni 1305.4 z’umuceri uva Tanzania. Tugereranyije n’igihe nk’iki umwaka ushize, wikubye inshuro hafi eshatu.”

Iki Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro, cyakomeje kigira kiti “Tubibutse ko umuceri wakuriweho umusoro wa TVA by’umwihariko uturutse muri EAC ntiwishyura n’amahoro ya Gasutamo.”

Mu mpera za Gashyantare, hari amakamyo 26 yafatiriwe yari atwaye umuceri ugera kuri Toni 1 400, aho byaje kugaragara ko izari zujuje ubuziranenge ari toni 160 gusa, mu gihe Toni zirenga 1 200 zitari zujuje ubuziranenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Umunyemari wavuzwe mu batunze agatubutse mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yamaze kwerecyeza mu mahanga guturayo

Related Posts

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yamaze kwerecyeza mu mahanga guturayo

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yamaze kwerecyeza mu mahanga guturayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.